Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3792 articles
Browse latest View live

Gakenke: Umuyobozi mushya w’Umurenge wa Gakenke ashyize imbere iterambere ry’umujyi n’umutekano

$
0
0
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gakenke mushya, Bisengimana Janvier  ashize imbere isura y'umujyi n'umutekano

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke mushya, Bisengimana Janvier ashize imbere isura y’umujyi n’umutekano

Bisengimana Janvier wabaye  Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke nyuma yo guhindurira abakozi imirimo,  atangaza ko ashyize imbere kuzamura imyubakire n’umutekano Umujyi wa Gakenke ukajya ku rwego rw’indi mijyi.                                                                                                                                    

Bwana Bisengimana  waje kuyobora Umurenge wa Gakenke ubarizwamo n’ Umujyi wa Gakenke  avuye mu Murenge wa Busengo wari umaze gutera imbere ku buryo bugaragara  cyane  cyane mu guhuza ubutaka ku bihingwa nk’ibigori n’ibishyimbo, ukaba ufatwa nk’ikigega cy’akarere.

Avuga ko imigabo n’imigambi afite ari ugukorana n’abikorera  kugira ngo bahindure Umujyi wa Gakenke.  Ngo  azabafasha  kwishyira hamwe babe bazamura amazu y’amagorofa  nk’uko mu yindi mijyi bimeze.

Yagize ati: “Mu byo nzashyiramo imbaraga, ni isuku ku mubiri …n’imyubakire, tuzagabanya abubaka mu kajagari, ikindi kugira ngo n’iyo suku igaragare, ni uko tuzegera abikorera tukareba uko twavugana ndetse tukanaborohereza bakazamura inyubako zijya  hejuru…”

Umujyi wa Gakenke ntukura ku mivuduko nk’iyindi mijyi yo mu Rwanda.

Umujyi wa Gakenke ntukura ku mivuduko nk’iyindi mijyi yo mu Rwanda.

Umujyi wa Gakenke ugaragara ko ukura mu myubakire ariko ku muvuduko  utari ku rwego nk’urw’iyi mijyi yo mu Rwanda nyuma ya 1994, uretse amazu asanzwe, uyu mujyi ufite gusa igorofa rimwe, nta hoteli n’ishuri risobanutse ndetse n’ibindi bikorwaremezo by’ibanze biwurangwamo.

Ikibazo cy’indaya zivugwa muri uwo mujyi, azafatanya n’inzego z’umutekano n’abafatanyabikorwa mu kugishakira umuti.  Ngo indaya zizafashwa kwiga imyuga maze zishyirwe mu makoperative zihangiye imirimo.

Yunzemo  agira ati: “ Ikindi tuzashyiramo imbaraga ni umutekano,  muri uyu mujyi havugwamo indaya ubu ni ukuzafatanya n’izindi nzego yaba polisi n’izindi nzego tukareba uburyo izo ndaya twazigabanya, tukabashyira mu makoperative tukabashakira imirimo.”

Mu bindi azakora, avuga ko azarwanya ibiyobyabwenge biva mu Karere ka Burera nabyo bigaragara mu Mujyi wa Gakenke ndetse akanatanga serivisi nziza ku baturage, akemura ibibazo byabo ku gihe.

Yongeraho ko ikibazo cy’abaturage bo mu Mudugudu wa Kabaya, Akagali ka Rusagara batarabona ingurane ku mutungo wabo kimuraje ishinga, akazakorana n’akarere kugira ngo bishyurwe vuba.

Ubuyobozi bw’akarere bwahinduye imirimo abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 10 tariki 12/02/2014, Bisengimana Janvier asimbura  Gasasa Evergiste woherejwe  mu Murenge wa Busengo yayoboraga.


Urubyiruko rw’u Rwanda ruritegura gufatanya n’ibihugu byo mu karere mu gutanga ibitekerezo byubaka amahoro

$
0
0
Umwe mubanyeshuri atanga iitekerezo mu kubaka igihugu n’akarere kazira amakibirane

Umwe mubanyeshuri atanga iitekerezo mu kubaka igihugu n’akarere kazira amakibirane

Urubyiruko rw’u Rwanda ruri kwitegura guhatana n’ibindi bihugu byo mu karere mu marushanwa yo gutanga ibitekerezo byo kwigirira icyizere n’icyakorawa mu guteza imbere akarere nyuma y’imyaka 20 mu Rwanda habaye Jenoside.

Umuryango Vision Jeunesse Nouvelle wateguye iki gikorwa utangaza ko urubyiruko ruvuye mu Rwanda, Burundi, Uganda na Repbulika iharanira Demokarasi ya Congo  bagomba guhura mu ntangiriro z’ukwezi kwa Werurwe mu marushanwa yo gutanga ibitekerezo byagenderwaho mu kubaka akarere hagendewe ku masomo yaranze akarere k’ibiyaga bigari nyuma y’imyaka 20 mu Rwanda habaye Jenoside.

Urubyiruko rutanga amanota kubatanga ibitekezo mu karere ka Rubavu

Urubyiruko rutanga amanota kubatanga ibitekezo mu karere ka Rubavu

Nkuko bitangazwa na Hirwa Jean Claude umukozi wa Vision Jeunesse Nouvelle ngo urubyiruko rwo mu karere k’ibiyaga bigari rucyeneye gutozwa kubaka amahoro no kubishyira mu mishinga y’ibyo bateganya.

« Tugamije kureba icyo urubyiruko rutekereza kuri ejo hazaza kugira ngo ibihugu biri mu biyaga bigari bishobore kugira amahoro, mu bitekerezo batanga haba impaka zo kugaragaza uko byagerwaho kuburyo aya marushanwa ibizayavamo byashyirwa mu byegeranyo byakwifashishwa mu kubaka amahoro mu karere hagendewe ku bitekerezo by’urubyiruko. »

Igikorwa cyo gutoranya abazitabira amarushanwa cyatangiriye mu karere ka Rubavu taliki ya 20/2/2014 nyuma yo gutegura urubyiruko binyuze mu mikino y’amakinamico hagendewe ku ntego yo kwibuka biyubaka yateguwe na Vision Jeunesse Nouvelle, urubyiruko rukaba rusabwa kugaragaza amasomo rwakuye ku mateka mabi yaranze u Rwanda arimo na Jenoside no kugaragaza icyakorwa kugira ngo itazagira ahandi iba.

Ibigo 15 mu karere ka Rubavu nibyo byitabiriye amarushanwa

Ibigo 15 mu karere ka Rubavu nibyo byitabiriye amarushanwa

Uretse kuba mu Rwanda harabaye Jenoside, Shema Cédric umwe mubanyeshuri bitabiriye ibi biganiro avuga ko urubyiruko ruzitabira rugaragaza uburyo amakimbirane n’intambara byashira mu karere k’ibiyaga bigari abaturage bakabana neza, kubwe ngo ibitekerezo batanga ni umusaruro mu kubaka amahoro cyane ko aribo benshi mu gihugu kandi urubyiruko rumeze neza, igihugu cyamera neza ndetse n’akarere kakabaho ntamakimbirane.

Ngoga Rosette, umunyeshuri mumashuri yisumbuye, avuga ko aya marushanwa arimo kububaka kuko bahana ibitekerezo kubyabaye ndetse bagatekereza nicyakorwa ngo ejo hazaza abaturage n’ibihugu babane neza.

Serivisi nziza itangwa vuba, neza kandi mu mucyo- Rurangwa Jean Paul

$
0
0
m_Serivisi nziza itangwa vuba, neza kandi mu mucyo- Rurangwa Jean Paul

Madamu Akimanizanye Adeline, yatunze agatoki ibigo by’ubuzima aho bikemangwa mu gutanga serivisi

Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere ka Gakenke  yibukije abantu bakorera ibigo bitandukanye bitanga serivisi ko serivisi nziza iba yuzuye kandi itangwa vuba, neza kandi mu mucyo.

Ibi yabitangaje ku munsi w’ejo tariki 25/02/2014 hatangizwa icyumweru cyahariwe gukangurira abantu gutanga serivisi nziza.

Bwana Rurangwa Jean Paul  yasobanuriye abitabiriye inama gahunda  y’ubukangurambaga ku mitangire ya serivisi, igamije gukangurira abatanga serivisi nziza ku babagana kuko bigira ingaruka nziza ku bigo bakorera.

Umuyobozi wa BK ishami rya Gakenke, asobanura uko imitangire ya serivisi ihagaze mu kigo cy’imari abereye umuyobozi.

Umuyobozi wa Banki ya Kigali ishami rya Gakenke, Bwana Mugwaneza  Molid yavuze  ko mu kigo cyabo  bashyize imbaraga mu kwakira neza ababagana,  babigize umuco kuko aribyo bituma ikigo gitera imbere.

Yavuze kandi ko hagomba kubaho ingamba mu gushimangira ihame ryo kwakira abakiriya no kubayobora mu bijyanye n’ibyo baba bakeneye muri buri kigo kugira ngo abkiriya babone serivisi bifuza vuba kandi neza.

Mu buzima bagaragaje  ko hakiri ikibazo cy’abaganga b’inzobere (specialistes) aho usanga kubona gahunda ya muganga bifata igihe kandi hari igihe umurwayi aba amerewe nabi.

Ibi bikaba bifitanye isano n’uko abo baganga bakiri bake kandi bagomba kwakira abarwayi benshi ku munsi, ngo ari ko ugereranyije n’imyaka ishize iki kibazo kiri kugenda gikemuka.

Abitabiriye inama mu bigo binyuranye biyemeje gufata ingamba mu kunoza imikorere yabo ndetse no kuvugurura imitangire ya serivisi bashingiye ku mirongo ngenderwaho mu kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza mu Rwanda.

m_Serivisi nziza itangwa vuba, neza kandi mu mucyo- Rurangwa Jean Paul1

Abitabiriye inama bemeye kuvugurura imitangire ya serivisi bashingiye ku mirongo ngenderwaho mu kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza mu Rwanda

Inama yitabiriwe n’abahagarariye ibigo bya Leta, ibigo by’abikorera n’inzego z’umutekano zikorera mu karere.

Gatsibo: Abafatanyabikorwa b’Akarere barasabwa kurushaho gukorana n’amakoperative

$
0
0
m_Abafatanyabikorwa b’Akarere barasabwa kurushaho gukorana n’amakoperative

Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gatsibo n’abanyamakoperative mu mahugurwa

Abafatanyabikjorwa b’Akarere ka Gatsibo mu iterambere ryako barashishikarizwa kurushaho gukorana n’abibumbiye mu makoperative mu rwego rwo kurushaho guteza imbere gahunda yashyizweho na Leta yo kwihangira imirimo.

Ibi aba bafatanyabikorwa b’Akarere ka Gatsibo bibumbiye muri JADF babisabwe kuri uyu wa 26 Gashyantare uyu mwaka wa 2014, ubwo basozaga umwiherero bari bamazemo iminsi ibiri waberaga mu Murenge wa Rugarama, uyu mwiherero ukaba wari ubahuje n’abayobozi b’amakoperatibe yose akorera mu karere ka Gatsibo, abayobozi b’ibigo by’imali ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo.

Muri uyu mwiherero hagarutsweho cyane ku bijyanye n’amategeko agenga za koperative, imikorere n’imicungire ya za koperative hamwe n’uburenganzira bwa za koperative n’abazibumbiyemo ku bijyanye n’inguzanyo mu bigo by’imali.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere Habarurema Isaie, asoza uyu mwiherero yavuze ko amakoperative akorera mu Karere ka Gatsibo amaze gutera imbere ku buryo bushimishije, asaba abafatanyabikorwa b’Akarere kurushaho guteza imbere izi koperative.

Habarurema yagize ati: ”Mu minsi yashize wasangaga abaturage b’Akarere ka Gatsibo batinya kwibumbira muri za koperative, twasanze icyabiteraga akenshi ari uko wasangaga abenshi batazi uburenganzira bwabo mu gihe bafite imigabane muri koperative runaka”.

Mu biganiro byatangiwe muri uyu mwiherero, byagarutse no kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda aho abitabiriye umwiherero babwiwe ko bakwiye gushyira hamwe bakumva ko bunze ubumwe nk’abanyarwanda kugira ngo barusheho gutera imbere.

Muri iki gikorwa abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gatsibo bashimiwe ibikorwa bakora by’iterambere ry’Akarere mu kazi kabo ka buri munsi, ariko banibutswa ko ahakigaragara intege nke mubyo baba bariyemeje hakosorwa.

U Rwanda rutanga ubunyarwanda, amoko agatanga ibikomere

$
0
0

m_U Rwanda rutanga ubunyarwanda, amoko agatanga ibikomere

Ubwo yaganiriraga abanyehuye kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda, Hon. Edouard Bamporiki  yababwiye ko u Rwanda rutanga ubunyarwanda naho amoko agatanga ibikomere. Hari ku itariki ya 26/2/2014, muri Ndi Umunyarwanda mpuzamatorero na mpuzamadini yabereye kuri sitade ya Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye.

Hon. Bamporiki yasobanuye ko kubakira ku moko byatangiye mu Rwanda mu mwaka w’1959 ari byo byaturutseho ibibazo by’amacakubiri byagushije u Rwanda muri jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’ 1994, none ubu Abanyarwanda bakaba bafite ibikomere mu mitima yabo.

Uku kubakira ku moko kwanatumye u Rwanda rudatera imbere. Hon. Bamporiki ati “kuva mu mwaka w’1959 kugera 1994 twagize ubuyobozi burwana intambara ariko burwana muri sisiteme (système) ya gihutu. Murebe ibyo twagezeho : twarishakishije gutera imbere biratunanira, turagerageza nyine tugira duke tugeraho, ariko bisozwa no kumena amaraso y’Abanyarwanda.”

Na none ati “Kuva mu 1994 abantu bishakamo ubwiyunge butoroshye kugera uyu munsi, umuntu wese yabona ko mu gihe noneho Abanyarwanda bahisemo kurwana Kinyarwanda, batarwana gihutu, gitwa cyangwa gitutsi, hari ibimenyetso bigaragara byemeza ko kurwana kinyarwanda bifite umumaro munini kuruta kurwana gihutu.”

Ngo n’iyo inkotanyi zitaza guhitamo kurwana kinyarwanda ahubwo zikarwana gitutsi, na n’ubu u Rwanda ruba rukiri mu ntambara.

Hon. Bamporiki rero  yagiriye inama abanyehuye guharanira ko abana babo bazakurira mu Rwanda rumeze neza, ruzira amacakubiri. Nuko abana babo ntibazajye baterwa isoni no kuvuga ababyeyi babo  nk’abana bakomoka ku bakoze jenoside bagira isoni zo kuvuga inkomoko yabo.

Mu gusoza ati  “Umenye ko nukora nabi uzatera abana bawe kwibaza impamvu bavutse kuri wowe kandi nyuma yawe.”

Rutsiro : Mu kwezi kwa kabiri ibyaha byaragabanutse

$
0
0

m_u kwezi kwa kabiri ibyaha byaragabanutse

Umuyobozi wa polisi mu karere ka Rutsiro, Superintendent Gerard Habiyambere, yagaragaje ishusho y’umutekano uko uhagaze mu karere ka Rutsiro muri uku kwezi kwa kabiri, muri rusange ibyaha ngo bikaba byaragabanutse ugereranyije n’ibyagaragaye mu kwezi kwa mbere muri uyu mwaka wa 2014.

 m_Mu kwezi kwa kabiri ibyaha byaragabanutse1

Ibyaha umuyobozi wa polisi mu karere ka Rutsiro yagaragaje ni ibyo polisi iba yarabonye, ikabigenza, ikabishyikiriza inkiko kugira ngo ababikoze bakurikiranwe, abo bihama bahanwe.

Mu kwezi kwa mbere habonetse ibyaha 27, mu gihe muri uku kwezi kwa kabiri bigaragara ko ibyaha byagabanutse bikagera kuri 22 mu karere kose.

Supt. Habiyambere ati “ibyaha bitanu byavuyeho ni ibyo kwishimirwa.”

Ukwezi kwa kabiri polisi igaragazamo ibyaha byakozwe guhera tariki 23/01 kugeza tariki 23/02/2014.

Uko imirenge igenda irushanwa gukora ibyaha :

Mu murenge wa Gihango hagaragaye ibyaha bitatu ari byo ubujura buciye icyuho, aho mu kagari ka Congo Nil mu mudugudu wa Nduba abajura bibye moto. Mu kagari ka Bugina na ho hagaragaye ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Hari uwo bafatanye udupfunyika turindwi tw’urumogi, akaba afunze.

Mu kagari ka Mataba muri uwo murenge wa Gihango na ho hagaragaye umuntu wafashe umuhoro yirukankana abari bamuhamagaye ngo ajye gusobanura ibintu avugwaho ko yangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Na we yarafashwe arafungwa.

Mu murenge wa Mushubati hagaragaye ibyaha bitandatu. Gukubita no gukomeretsa byagaragaye mu kagari ka Bumba na Gitwa inshuro ebyiri. Muri uwo murenge hagaragaye n’icyaha cy’urukozasoni no gutukana mu ruhame, aho umusore yashatse gusambanya umukecuru ku ngufu ku manywa y’ihangu.

Hari ubujura buciye icyuho bwagaragaye muri Gitwa, kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge na byo bigaragara mu kagari ka Bumba, polisi ikaba yarahafatiye udupfunyika 711 tw’urumogi.

Supt. Habiyambere asanga ibiyobyabwenge muri Rutsiro bigenda byiyongera, dore ko hari n’ahandi mu murenge wa Kivumu bigeze gufata udupfunyika 1825 tw’urumogi twapimaga ibiro 25, agasanga hagomba gufatwa ingamba ku buryo ubucuruzi bw’urumogi muri aka karere bwacika.

Mu murenge wa Manihira mu kagari ka Muyira habayeho icyaha cyo gusambanya umwana. Muri uwo murenge hari n’uwafatanywe ibiro bibiri by’amabuye y’agaciro yacukuraga mu buryo butemewe, na we arafatwa arafungwa.

Mu murenge wa Rusebeya mu kagari ka Remera hagaragaye ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro inshuro ebyiri. Muri ako kagari ka Remera hagaragaye n’abantu baremye umutwe w’abagizi ba nabi biyita “Nyatura” bajya gutera abarinze ibirombe bitwaje inkoni n’amahiri, bashaka kubicukuramo amabuye ku ngufu. Na bo barafashwe bakorerwa dosiye.

Mu murenge wa Musasa na ho hagaragaye icyaha cyo kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge, hakaba harafatiwe abasore babiri umwe afite udupfunyika 181, undi afatanywa udupfunyika 66 tw’urumogi.

Mu murenge wa Kivumu na ho hagaragaye icyaha kimwe cyo kunywa ibiyobyabwenge, hakaba hari uwafatanywe udupfunyika tune.

Mu murenge wa Mushonyi hagaragaye gukubita no gukomeretsa, kwica amatungo no kuyakomeretsa, aha akaba ari umuntu wagiye kuragira inka mu isambu y’undi. Abarinze iyo sambu bateranye amagambo n’uwari uragiye iyo nka, isubiyemo bwa kabiri barayifata barayikubita bayitera n’amabuye, igenda yanegekaye igeze aho iba irapfa. Ababikoze barafashwe barafungwa, ariko nyuma barekurwa mu buryo umuyobozi wa polisi mu karere na we avuga ko atabashije gusobanukirwa, ariko agomba gukurikirana akamenya uko byagenze.

Mu murenge wa Kigeyo habonetse ubujura bwitwaje intwaro. Icyo gihe abantu bari mu Kivu barimo kuroba, haza abandi bitwaje imipanga, barabafata barabakubita, umwe bamutema n’akaboko, ariko na bo baje gufatwa barafungwa.

Mu murenge wa Ruhango habaye ubujura buciye icyuho, aho umugabo yagiye mu rugo asanze ba nyiri urugo badahari yiba Radiyo arayirukankana, ariko abantu bamwirukaho arafatwa arafungwa. Muri Ruhango habaye n’icyaha cyo kwica amatungo no kuyakomeretsa, aho umworozi w’inka atahembye umushumba we ibihumbi bitanu bituma yica imwe muri izo nka yaragiraga.

Mu murenge wa Nyabirasi hagaragaye icyaha kimwe cyo gukubita no gukomeretsa, aho umugabo witwa Ismael yagiye gusura inshuti ye y’umukobwa yitwa Nirere, agezeyo araharara noneho bigeze saa saba za mugicuku, nyina w’uwo mukobwa na basaza be baraza bahondagura uwo musore benda kumwica.

Hari ibindi byahungabanyije umutekano mu karere

Mu karere ka Rutsiro hagaragaye ibindi byagiye bibaho bigafatwa nk’ibyahungabanyije umutekano. Inka  enye zakubiswe n’inkuba zirapfa mu bihe no mu bice bitandukanye. Tariki 04/02/2014 mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira, abaturage bateye amabuye abasirikari.

Mu murenge wa Murunda mu kagari ka Kirwa, inkuba yakubise umugore w’imyaka 27 ajyanwa kwa muganga, nyuma aza kuzanzamuka, muu gihe mu murenge wa Manihira mu kagari ka Muyira inkuba yakubise uwitwa Kanyanzira Anastase w’imyaka 62 we agahita apfa.

Tariki 07/02/2014 mu murenge wa Gihango mu kagari ka Congo Nil hibwe moto yari iy’umushinga wa Caritas. Tariki 21/02/2014 ku biro by’akarere ka Rutsiro na ho hibwe moto ku manywa y’ihangu. Iyo moto yibwe nyirayo yari asize ayirindishije Local Defense wari uhari, ajya muri siporo agarutse asanga bayitwaye.

Umuyobozi wa polisi mu karere yavuze ko moto zimaze iminsi zibwa ku karere mu buryo budasobanutse zituma umuntu yakeka ko harimo abantu babyihishe inyuma, dore ko hamaze kwibwa izigera kuri eshanu, zimwe zikabura burundu izindi zikaboneka.

Tariki 19/02/2014 mu murenge wa Murunda mu kagari ka Mburamazi hibwe inka eshatu zari mu kiraro cy’uwitwa Mukantagara Olive.

Mu murenge wa Ruhango mu kagari ka Gihira, umugabo witwa Bizimana Jean w’imyaka 34 yasanzwe mu nzu yapfuye iruhande rwe harambitse uducupa turindwi tw’inzoga ya African Gin turimo ubusa, ashobora kuba yariyahuje nyuma yo gutongana n’umugore.

Hari ingamba umuyobozi wa polisi mu karere ka Rutsiro avuga ko ziramutse zikurikijwe byagira icyo bitanga mu rwego rwo kuburizamo ibyaha bitaraba. Abayobozi mu nzego z’ibanze barasabwa kugena umunsi w’inama y’umutekano, hakavugwa ku mutekano gusa, atari ukubivanga n’ibya SACCO, Mituweli, inyubako z’amashuri, n’ibindi. Muri izo nama z’umutekano, abaturage ngo batangiramo amakurumenshi baba bazi yafasha mu gukumira ibyaha bitaraba.

Abakora amarondo mu midugudu na bon go bagomba kugabanywamo ibice, buri tsinda rikagira amazu rishinzwe gucungira umutekano, rikaba ryanabazwa n’icyahabaye muri iryo joro ryarayemo irondo, noneho mu gitondo bagakora raporo y’ibyabaye n’amakuru babonye y’ibishobora kuba, bakabiha abaza kubasimbura kugira ngo bahere ahongaho na bo bakomerezeho gucunga umutekano.

Ikindi ngo ni ugukangurira abaturage gutangira amakuru ku gihe, hakabaho ubufatanye bwa hafi hagati y’inzego z‘umutekano n’abaturage mugutahura ibyaha byabaye n’ibishobora kuba.

Ruhango: Biyemeje ubufatanye hagati y’inzego zose kugirango hatangwe serivise nziza

$
0
0
m_Biyemeje ubufatanye hagati y’inzego zose kugirango hatangwe serivise nziza

Abayobozi mu nzego zitandukanye baremeza ko bagiye gufatanya kugirango batanjye service nziza

Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buravuga ko bugiye gushyira imbaraga mu gufatanya n’inzego zose mu rwego rwo kugirango hanozwe imitangire ya serivise inoze, bityo birusheho kwihutisha iterambere ry’abaturage.

Ibi bakaba bibatangaje mu gihe uturere twose tw’igihugu turi mu cyumweru cyahariwe serivise zinoze, aho hagenda hakorwa ibikorwa bitandukanye bigamije kureba ahatari imitangire ya serivise nziza, bigakosorwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Ruhango Kambayire Annonciata, ashima cyane itsinda ryaturutse muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, ryaje kugenzura imitangire ya serivise mu nzego zitandukanye muri aka karere.

Akavuga ko aho iri tsinda ryabatungiye agatoki mu mitangire mibi ya serivisi, ngo bagiye gufatanya n’izo nzego bashakira umuti ikibazo cy’imitangire mibi ya serivise, ngo kuko bidindiza iterambere.

Iri tsinda ryaturutse muri Minaloc, rivuga ko mu igenzura ryakoze, mu byo basanze bitagenda neza birimo kuba hamwe hatari inyandiko ngenderwaho mu mitangingire ya serivisi, uburyo bwo kwakira abantu butaranoga, gahunda z’ibikorwa zitagaragaza amakuru yose akenewe ku baturage bakenera serivisi.

Ibindi ngo n’ ibibazo by’abaturage bitagira aho bigaragara, kuba hari hamwe batagira  umukozi ushinzwe kwakira no kuyobora abaturage, kuba hari ahatari udusanduku tw’ibitekerezo hakaba n’aho turi  hari hamwe  imicungire yatwo itanoze.

Twagirayezu J. Baptiste akaba ari intumwa ya komisiyo y’abakozi  ba Leta muri iki gikorwa, avuga ko imitangire ya serivisi ari ikibazo cy’ingutu mu nzego za Leta no mu bikorera, ibi bikaba bigira ingaruka ku iterambere ry’igihugu.

Akavuga ko abanyamahanga bashima byinshi byagezweho mu gihugu cy’u Rwanda ariko byagera ku mitangire ya serivisi bakayinenga.

Aha agasaba abakuriye inzego z’imirimo n’abayobozi b’ibigo bya Leta basabwe guhindura imitekerereze  mu gutanga serivisi no gutoza abo bayobora kunoza seivisi  bita ku kwakira neza abaturage.

Ku gutanga serivisi yihuse, kubaha ababagana, kwitwararika ku kazi, kwakirana umuntu akanyamuneza, kutavugira kuri telefoni bakira ababagana no kumenya uburyo bakwitwara ku mukiriya ugaragaje imyitwarire itari myiza.

Gicumbi – Mu kwezi kwahariwe imiyoberere myiza abaturage bahawe umwanya wo gukemurirwa ibibazo

$
0
0

Akarere ka Gicumbi kamurikiye abaturage bako ibibakorerwa mu rwego rwo kubegereza ubuyozi no kubafasha kugira uruhare mu bibakorerwa kugirango akarere karusheho gutera imbere ndetse bahabwe n’umwanya wo gukemurirwa ibibazo.

Umukozi w’akarere ka Gicumbi ushinzwe imiyoborere myiza Munyezamu Joseph atangaza ko impamvu bateguye uyu munsi wo kumurikira abaturage ibibakorerwa ari uburyo bwo kubafasha kwisanzura bakabaza ibibazo bafite bijyanye n’iterambere n’ibindi bibazo byabo bwite.

m_Mu kwezi kwahariwe imiyoberere myiza abaturage bahawe umwanya wo gukemurirwa ibibazo

Umuybozi w’akarere abamenyesha ibyo ubuyobozi bubakorera

Abafatanyabikorwa b’akarere nabo babonye umwanya wo gusobanurira abaturage ibyo bakorera mu karere, aho uhagarariye Save the Children mu karere ka Gicumbi yagaragaje ko bafasha abana kubakura mu mirimo y’imvune babashishikariza gusubira mu mashuri ndetse bakabigira n’imishinga mito ibyara inyungu.

Abaturage bavuga ko nubwo bahabwa serivise nziza hari aho usanga hamwe mu karere abakozi bo mu nzego z’ibanze nko ku rwego rw’umudugudu usanga badakemura ibibazo by’umuturage nk’uko baba yabibasabye.

Ikindi ngo no ku rwego rw’akagari usanga hari abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari badatanga serivise mu masaha ya nyuma ya sa sita ngo baba bajyiye murugo nk’uko bigarukwaho na Ndayisenga Jerome.

Ibi ariko umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre yabwiye abaturage ko bagomba gutanga amakuru ku bayobozi bica akazi kandi badatanga serivise nziza kubaturage ku buryo buri wese yatahanye numero ya terefone y’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge ndetse na numero y’umukozi ushinzwe gutanga servise ku karere (customer care).

m_Mu kwezi kwahariwe imiyoberere myiza abaturage bahawe umwanya wo gukemurirwa ibibazo1

Bitabiriye ari benshi

bashimye ibyo abafatanyabikorwa babakorera  ndetse basanga bagira uruhare runini mu iterambere ry’akarere rikomeye kuko ubona ko binjira no mu bikorwa byo gufasha abaturage.

Abaturage bahawe ijambo barinigura mubibazo bafite ndetse banasaba ubuyobozi bw’akarere kubibakemurira.

Bizumutima Jean Claude wambuwe na rwiyemezamirimo witwa Mufora wari warapatanye gukora aho bategera imodoka (gare) yasabye ko akarere kabafasha ng babashe kwishyurwa.

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre yamusubije ko ari bujye mubashinzwe imari y’akarere bamurebere ko uwo rwiyemezamirimo yarangije kwishyurwa kugirango akarere kazabashe kwishyura abambuwe.

Ibi kandi ngo ntabwo biteganywa gukorwa gusa muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza ngo kuko ubuyobozi bw’akarere ari inshingano zako gukomeza kwita kumiyoborere myiza y’abaturage.


Kamonyi: Abayobozi basabwe kugira imyitwarire idasebya urwego bahagarariye

$
0
0

Mu nama mpuzabikorwa y’akarere ka Kamonyi, yahuje abayobozi kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku Karere, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yabasabye kugira imyitwarire ihesha agaciro umwanya bahagazemo.

Abayobozi bitabiriye inama mpuzabikorwa

Abayobozi bitabiriye inama mpuzabikorwa

Mu  kiganiro uyu muyobozi w’Intara yahaye abayobozi b’akarere ka Kamonyi kuri uyu wa kane tariki 26/2/2014, yabibukije ko inshingano za bo ari ukubana n’abaturage, bakamenya ibibazo bya bo. Bakirinda imyitwarire itabahesha agaciro kuko iyo hagize ubangamira abaturage byitirirwa ubuyobozi bwose bw’igihugu.

Ngo kugira ngo bakorane neza n’abo bayobora, arabasaba kugira ubufatanye mu kumenya no gusesengura ibibazo bahura na byo n’ingaruka za byo. Bagomba kandi kuba intangarugero mu gushyira mu bikorwa gahunda basaba abaturage, bityo bakaba bandebereho mu ngamba z’iterambere.

Ikindi uyu muyobozi yagarutseho, ni uko abayobozi bagomba kuba aho bakorera, bagasangira n’abo bayobora ubuzima bwa ho. Aragira ati”mureke tube abayobozi b’abaturage, tubane na bo, tubasure mu ngo za bo, tuganire na bo, tumenye ibibazo bafite”.

Guverineri akomeza avuga ko kubana n’abaturage bizabafasha kumenya amakuru y’aho bayobora, cyane ajyanye n’umutekano kuko bagomba no kugira uruhare mu kugenzura uko irondo rikorwa.

Abayobozi b’utugari n’ab’imidugudu bashimye ikiganiro bahawe n’umuyobozi w’Intara, maze biyemeza guhindura imikorere no kwikosora mu byo bakoraga nabi. Ngo muri bo harimo abatitwaraga neza, bagahutaza abaturage batabanje kubaganiriza, ariko inyigisho bahawe bagiye kuzikurikiza

Ku bwa Kubwimana Jean De Dieu, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Karengera umurenge wa Musambira, ngo “umukobwa aba umwe agatukisha bose”, akaba ari yo mpamvu yemera ko mu  bayobozi hari abatakoraga neza bagahutaza abaturage.

Ngo kubw’inama bahawe, bagiye kubahiriza indangagaciro nyazo z’umuyobozi, habeho impinduka. Bafatanye n’abaturage gusesengura gahunda bagomba gushyira mu bikorwa no kumvikana na bo uburyo zigomba gukorwa  kugira ngo hatabaho kutabyumva kuko bishobora kudindiza iterambere.

Ntivuguruzwa Celestin, umuyobozi w’umudugudu wa Kamonyi, akagari ka Nkingo, mu murenge wa Gacurabwenge, we, avuga ko impanuro za Guverineri zije, hari aho bishoboka ko hakiri ikimungu cya Ruswa ndetse n’aho bahutaza abaturage kubera ibyemezo byihutirwa. Ngo biyemeje guhinduka no kwegera abaturage bagafatanya kwesa imihigo.

Muri iyi nama abayobozi basabwe gushyira ingufu mu mihigo isaba ubukangurambaga nko kwitabira ubwisungane mu kwivuza, gucana kuri rondereza no gukoresha Biyogazi, kugana umurenge sacco, no gukora ubuhinzi bw’urutoki n’ubwa kawa buvuguruye.

Basabwe kandi kwita ku mutekano, batanga amakuru ku hatutumba ibyaha no ku bantu bakeka ko bashobora guteza umutekano muke. By’umwihariko basabwe gukaza amarondo , kwita ku mutekano w’ahakorwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no ku mutekano muke ushobora guterwa n’abapagasi baza gukorera mu karere bavuye ahandi.

Gakenke: Barasabwa kongera imbaraga mu mihigo mu mezi abiri ikaba yeshejwe

$
0
0
Barasabwa kongera imbaraga mu mihigo mu mezi abiri ikaba yeshejwe

Abayobozi b’akarere n’ab’imirenge mu nama ku mihigo.

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’akarere n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge  kuri uyu wa kane tariki 27/02/2014, Umuyobozi w’akarere yabasabye kongera imbaraga mu mihigo ikiri kure kugira ngo izagerweho mu mezi abiri asigaye.

Bwana Nzamwita yavuze ko muri rusange  imihigo myinshi igeze kure ishyirwa mu bikorwa ariko hakaba hakiri indi iri inyuma cyane ku buryo badashyizemo imbaraga hari impungenge z’uko itakweswa.

Muri iyo mihigo havugwamo ijyanye n’ubworozi nko  gutera intanga inka, gukingira amatungo bikaba byaradindiye kubera kubura intanga n’inkingo ariko kuva byonetse hari icyizere cy’uko uzagerwaho nta kabuza.

Kubaka no gukoresha rondereza na biyogasi biri mu mihigo icumbagira, kuri iki,  umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere  madamu Uwitonze Odette yavuze ko icyumweru cyahariwe gukangurira abaturage kugira rondereza byatanze umusaruro, umubare wa rondereza uriyongera.

Gukoresha rondereza bifite inyungu zo kubungabunga ibidukikije abaturage bakoresha inkwi nke, andi mafaranga bazitangaho bakayazigama bityo n’amashayamba agira uruhare  by’umwihariko mu gukurura imvura arushaho gusagamba.

Ngo iyo mihigo igomba kongerwamo ingufu kimwe n’ubwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli bakagera ku gipimo cya 100% kuko ubu bari kuri 81% n’umwanya wa mbere mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mu mwaka wa 2012-2014, akarere ka Gakenke kaje mu turere two mu cyiciro cya kabiri gifite amanota ari hejuru ya 85%.

Gicumbi: Akarere karasaba abikorera kongera ibikorwa by’iterambere

$
0
0

Nyuma yo kuba hari Hotel imwe rukumbi mu karere ka Gicumbi umuyobozi w’akarere arasaba abashoramari kongera ibikorwa by’iterambere.

Mu kiganiro ngarukamwaka kigamije kwerekana ibikorwa byagezweho mu rwego rwo kurushaho kwesa imihigo no kumva ibiba bikenewe n’abaturage,  Umuyobozi w’akarere Mvuyekure Alexandre yasabye abikorera kongera ibikorwaremezo birimo no kubaka inzu zigezweho mu mujyi wa Byumba.

Byinshi mu byagezweho harimo nko kunoza imihingire no kongera umusaruro, gukangurira abaturage ubwisungane mu kwivuza gusa agaruka ku kibazo kijyanye n’iterambere ry’umujyi wa Byumba ukiri inyuma mu nyubako zijyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi.

 

Akarere karasaba abikorera kongera ibikorwa by’iterambere

Abaturage basabwa kongera ibikorwa remezo

Yagize ati “ Hano mu karere ka Gicumbi dufite ibibanza byiza byakorerwamo imishinga myinshi kandi yinjiza amafaranga, gusa nta mbogamizi zihari kuko twifuza abashoramari kongera ibikorwa by’iterambere cyane cyane mu bucuruzi no mu bwubatsi.

Abafatanyibikorwa b’akarere ka Gicumbi bakaba berekanye byinshi bagezeho byinshi bikaba byiganjemo gufasha no kuzamura ubuzima bw’abatishoboye gusa nabo bavuga ko uko ubushobozi bwiyongera ari nako iterambere rizaguka ku buryo bugaragara nk’uko Ruboneza Antoine abitangaza.

Uhagarariye inama njyanama y’akarere Bizimana J.Baptiste ashimangira ko hagomba kubaho ubufasha buva mu bafatanyabikorwa ariko bakanigishwa umuco wo kwigira nkuko umuco w’abanyarwanda uteye.

Avuga ko nubwo aka karere kagizwe n’ibikorwa bitandukanye bigenda neza nko kurwanya nyakatsi, gutera inkunga abaturage, gusa iyo urebye  ibijyanye n’iterambere mu bucuruzi n’inyubako zijyanye n’igihe usanga bikiri hasi.

Nyamagabe: Abayobozi barasabwa kudaha icyuho abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu.

$
0
0

Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara two mu ntara y’amajyepfo, Colonel Callixte Kanimba, arasaba abayobozi ku nzego zinyuranye bo mu karere ka Nyamagabe kudaha icyuho uwashaka guhungabanya umutekano w’igihugu wese. 

Abayobozi-barasabwa-kongera-ingufu-mu-bukangurambaga-kuko-abaturage-aribo-shingiro-rya-byose

Ibi Colonel Kanimba yabisabye ku nama mpuzabikorwa yabaye kuri uyu wa kane tariki ya 27/02/2014 igizwe n’abayobozi ku rwego rw’akarere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari, abakuru b’imidugudu, inzego z’umutekano ndetse n’abanyamadini n’amatorero banyuranye.

Avuga ku mutekano w’igihugu muri rusange, Colonel Kanimba yavuze ko hari abantu hirya no hino hanze y’igihugu batifuriza u Rwanda umutekano bagashaka gukoresha abaturage muri ibyo bikorwa byabo bibi, bityo bakaba batagomba kubaha icyuho ngo babigereho.

Ati “Turebe icyuho umwanzi yanyuramo kugira ngo abaturage bacu be gutekana. Ni ngombwa ko tumenya abantu bashobora guteza umutekano mukeya mu midugudu yacu abo bantu tukabakurikirana, tukabagorora, tukabigisha bakaba abaturage beza, abaturage babereye igihugu”.

Yakomeje avuga ko kugira ngo abaturage babe beza bumve gahunda za leta bisaba ko abayobozi ku nzego zinyuranye batanga serivisi nziza kandi inoze ku baturage bose kugira ngo babibonemo babashe gufatanya, ngo kuko badatanze serivisi nziza bakanirinda ruswa umwanzi yahaca akayobya abaturage abereka ko batitaweho.

Umutekano w’imbere mu karere nawo wagarutsweho.

Muri iyi nama mpuzabikorwa yize ku mutekano, imihigo ndetse na gahunda z’iterambere ry’akarere yanagarutse ku mutekano w’imbere mu karere aho umuyobozi wa polisi y’igihugu mu karere ka Nyamagabe, Superintendent Mutemura Prudence yagaragaje uko ibyaha byagiye bikorwa kuva mu kwezi kwa Karindwi kugeza mu kwezi kwa 12 umwaka wa 2013, aho ibyaha byakunze kugaragara harimo gukubita no gukomeretsa, ubujura buciye icyuho, ikoreshwa n’ikwirakwiza ry’ibiyobyabwenge ndetse no kwangiza ibidukikije.

Zimwe mu mpamvu umuyobozi wa polisi mu karere yagaragaje harimo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge nk’urumogi n’inzoga z’inkorano, ubuzererezi, amarondo adacungwa neza, kutamenya amategeko n’ibindi.

Mu ngamba zo guhangana n’ibi byaha bikunze kugaragara harimo ubukangurambaga ku bubi bw’ibiyobyabwenge, gutanga amakuru y’aho biri ku gihe ndetse no guhana abo bigaragayeho, kongera ingufu mu marondo, gukangurira ababyeyi kwita ku burere n’uburezi bw’abana babo, n’izindi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyepfo Izabiriza Jeanne wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango yavuze ko abayobozi ku nzego zose batabigizemo uruhare ndetse n’abaturage nta mutekano wabaho kuko inzego z’umutekano zitaba ahantu hose.

 

 

“Umuyobozi ni indorerwamo y’abo ayoboye “- Meya w’Akarere ka Nyanza

$
0
0

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Bwana Murenzi Abdallah mu nama ya komite mpuzabikorwa y’aka karere yamuhuje n’abayobozi bose b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’imidugudu kugeza ku rwego rw’akarere yagaragaje imwe mu myifatire yise ko idahwitse abayobozi bagomba kwirinda ngo kuko aribo ndorerwamo z’abo bayoboye.

Ibi Murenzi Abdallah yabivuze kuri uyu wa mbere tariki 03/03/2014 mu nama yagiranye n’ abayobozi mu nzego zose yabereye mu nzu mberabyombi y’ishuli rikuru rya INILAK ishami ry’akarere ka Nyanza.

Aganira n’abo bayobozi yagarutse ku kibazo cy’imyitwarire yabo avuga ko nta muyobozi ukwiye gusinda cyangwa ngo yake uwo ayoboye ruswa agamije kumupyinagaza. Mu magambo ye bwite yagize ati : “ Umuyobozi ni indorerwamo y’abo ayoboye”.

Nyuma gato y’iyi nama amagambo nkayo nabwo yongeye kuyatangariza itangazamakuru ubwo ryamubazaga icyo avuga ku myitarire ikwiye kuranga abayobozi maze yongera gushimangira ko ari indorerwamo zirebwamo na buri wese cyangwa abo bayoboye.

Umuyobozi ni indorerwamo y’abo ayoboye

Inama yitabiriwe n’abantu baturutse hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Nyanza

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah yanakomoje cyane ku kibazo kirebana n’imyambarire ikwiye kuranga abayobozi mu gihe basabwe kugira inama bitabira.

Ati: “ Biba bigayitse cyane kubona umuyobozi witabiriye inama yambaye agapira (T shirt) yahawe muri gahunda yo kurwanya Malariya cyangwa umunsi w’igiti. Uwo mupira uba warawuhawe ari mu rwego rw’iyo gahunda ariko ntibiba byumvikana kuwambara uri umuyobozi hari inama ikomeye watumiwemo. Rwose ibi nabyo ni ukwitwara nabi no kwisuzuguza.

Uku niko umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah yakomeje abibwira abo bari  kumwe muri iyo nama ya komite mpuzabikorwa y’aka karere.

Yavuze ko iyo imyambarire nk’iyi igaragaye ku muyobozi ukorera amafaranga byo biba ari ibindi bindi cyangwa akumiro.

Ashingiye ku rugero rw’umwe mu bakuru b’imidugudu bari muri iyo nama yashimye cyane umwe mu bakuru b’imidugudu igize akagari ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi muri aka karere ka Nyanza wari witabiriye inama yambaye ikote na karavate.

Uyu muyobozi w’umudugudu wari warimbye cyane kandi bigaragara ko ageze mu myaka y’izabukuru yashimwe cyane n’umuyobozi w’akarere ka Nyanza avuga ko inshuro nyinshi amubona mu nama yirimbishije cyane mu buryo bwo kwiyubahisha nk’umuyobozi uyoboye abandi.

Usibye ikiganiro ku myitwarire ikwiye kuranga abayobozi cyavuzweho byinshi ndetse n’uburyo imihigo yarushaho gushyirwa mu bikorwa abakuru b’imidugudu batatu muri buri murenge uko ari 10 igize akarere ka Nyanza babaye indashyikirwa kurusha abandi bahawe amagare nk’uburyo bwo kubashimira ndetse no kuborohereza ingendo bakora.

Madamu Izabiriza Jeanne Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo wari uhagarariye iyi ntara muri iyi nama nawe yagarutse ku myitwarire ikwiye kuranga abayobozi avuga ko bakwiye kwiyubahisha kugira ngo abo bayoboye babafateho urugero rwiza ndetse aho bishoboka babigireho.

Iyi nama yahuje inzego zinyuranye zirimo ingabo na polisi n’abayobozi  mu nzego z’ibanze kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere ka Nyanza.

Kagame roots for global Police cooperation against crimes

$
0
0
President Paul Kagame addressing the third Sub-Saharan Africa International Association of Chief of Police (IACP) conference

President Paul Kagame addressing the third Sub-Saharan Africa International Association of Chief of Police (IACP) conference

President Paul Kagame has called upon Police forces around the world to strengthen cooperation as a way of dealing with global security challenges which pose threats to the socio-economic transformation of communities and states across the globe.

The President made the call on Monday, while officiating the opening of a two-day third Sub-Saharan Africa International Association of Chief of Police (IACP) conference at Serena Hotel in Kigali. The conference was held under the theme “Contemporary Policing for a Safer World.”

President Kagame said that security challenges of the 21st century are increasing and sophisticated which requires collaboration to effectively combat them.

The Head of State urged Police Forces to come up with frameworks to improve security and development in the region and beyond, and enhance global Police cooperation in fighting crimes.

“Development can only take place on the foundation of law and order. Law enforcement agencies, therefore, have a crucial role in ensuring peaceful conditions within which citizens can fully participate in the prosperity and wellbeing of their communities,” he said.

He observed that security threats in one country, region or continent have far reaching consequences beyond national and natural borders.

The President emphasized that the three elements of historical mission of the police, its role in a modern integrated political and economic setting and common security threats define the nature of effective role of enforcement agencies.

“Our collective aspirations are to improve the livelihoods of our people. We can achieve this more effectively when we pull our resources and efforts,” Kagame said.

The President hailed regional Police organizations like the Eastern Africa Police Cooperation Organisation (EAPCCO) and similar others in South, West and Central Africa and the recent formation of a wider Police organization – African Police Organisation (AFRIPOL) – which he said are part of the answers to the current policing challenges.

Kagame underlined the need for Police forces to rethink and reshape approaches to keep criminals in check and called upon governments to support their respective Police agencies to execute their tasks effectively.

He urged participants to come up with mechanisms to establish a technology-best global framework for law enforcement, harmonize their stands, regulations, laws and practices in order to cope with reality of globalization and to safeguard the benefits of technology.

“Our people need a peaceful and secure environment to effect this transformation. This forum presents a strategic platform to optimize opportunities and check frets to our chosen path towards a safer and more prosperous world. For this to happen, increased collaboration is both inevitable and the answer.”

About 150 participants including Chiefs of Police, senior Police officers and IACP members are taking part in the conference which seeks to strengthen the professionalism, cooperation, exchange of information and experience among police forces.

The Inspector General of Rwanda National Police, Emmanuel K. Gasana, commended the big turn-up of participants and urged them to continue the path to a safer continent, saying this 3rd IACP for the Sub Saharan Policing Conference comes in to enhance the existing collaboration, partnership and strengthen synergies with regional police organizations for a safer world.

The President of IACP, Mr. Yousry Zakhary, thanked the Government of Rwanda for hosting the conference and lauded Rwanda National Police for pushing cooperation of Police forces to ensure sustainable security globally.

“It’s our duty to make every possible effort to establish working partnership between Police agencies and executives throughout the world. Despite the difference between our languages, culture and even the laws we enforce, we must work together to prevail against our common enemies and fulfill our common missions,” Zakhary said.

Founded in 1893, IACP is a dynamic organization that promotes enhanced administrative, technical, and operational police practices; foster cooperation and the exchange of information and experience.

Huye: Usuzugura umukuru w’umudugudu aba asuzuguye ubuyobozi

$
0
0

Huye

Mu nama mpuzabikorwa y’abakozi bo mu Karere ka Huye yabaye ku itariki ya 28/2/2014, umwe mu bakuru b’imidugudu yavuze ko hari ubwo bamwe mu bo bayobora babasuzugura bakanabatukira imbere y’abandi. Ibi ngo bituma rimwe na rimwe batabasha kuzuza inshingano zabo.

Uwagaragaje iki kibazo yasubijwe ko imyitwarire nkiyo yo gusuzugura umuyobozi idakwiye, kuko ngo ntaho bitandukaniye no gusuzugura ubuyobozi kandi bihanirwa n’amategeko.

Ku rundi ruhande ariko, abayobozi b’imidugudu, kimwe n’abandi bayobozi bose, na bo basabwe kugira imyitwarire ntangarugero aho bayobora.

Umwe mu bari mu nama ati “hari ibyo dusaba abaturage natwe tutabikora. Ntabwo umuyobozi yasaba abantu kwirinda kunywa inzoga zibayobya ubwenge kandi na we azinywa ndetse akanasinda. Ntiyababuza kuzikora kandi na we ari uko, … abayobozi babanze na bo bimenye mbere yo kubwira abo bayobora ibyo gukora.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Eugène Kayiranga Muzuka, na we ati “Burya umuturage agusuzugura ari uko wisuzuguje. Iyo wiyubashye, ukamenya indangagaciro na kirazira zikuranga nk’umuyobozi, burya umuturage arakubaha.”

Na none ati “kutisuzuguza mu baturage, kutiyandarika mu baturage, kudasindira mu baturage ni byo bizafasha abayobozi kugirirwa icyizere n’abo bayobora no kubafata nk’abayobozi.”


Aho Rutsiro igeze yesa imihigo ya 2013/2014 harashimishije

$
0
0

Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro busanga ibimaze kugerwaho mu mezi ashize y’imihigo y’uyu mwaka wa 2013/2014 bitanga icyizere ko uyu mwaka w’imihigo uzarangira akarere gahagaze neza mu kwesa imihigo.

Aho Rutsiro igeze yesa imihigo ya

Ibi byagarutsweho n’umuyobozi  wungirije ushinzwe imari,  ubukungu n’iterambere mu karere ka Rutsiro, Nsanzimfura Jean Damascene, ubwo yagaragazaga aho imihigo y’akarere ya 2013/2014 igeze ndetse n’ahagomba kongerwamo ingufu mu rwego rwo kwihutisha imihigo.

 Aho Rutsiro igeze yesa imihigo ya 2

Muri uyu mwaka w’imihigo wa 2013/2014 akarere ka Rutsiro gafite imihigo igera kuri 46, muri yo hakaba harimo guhinga icyayi kuri hegitari 500, bakaba bageze kuri 50%. Biyemeje guhinga kawa kuri hegitari 300, ubu bakaba bageze kuri 55%. Bafite n’umuhigo wo guhinga ibigori kuri hegitari 12.500, ariko bageze kuri 79%.

Muri uyu mwaka w’imihigo wa 2013/2014 mu karere ka Rutsiro bahize guhinga hegitari ibihumbi 12 by’ibirayi, none bageze kuri 65%, ariko bimwe muri ibyo birayi bakaba bagiye gutangira kubihinga muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2014 B.

Ku bijyanye n’ubuhinzi bw’ibinyomoro, mu karere bageze kuri 50% ariko ingemwe ngo barazifite zihagije. Barizera ko igihembwe cya kabiri cy’ihinga kizarangira bamaze kubihinga ku kigero cy’100%.

Mu karere biyemeje no guhinga ibishyimbo kuri hegitari  11.500, mu gihembwe cy’ihinga gishize babashije guhinga ibishyimbo ku buso bungana na 58% ibisigaye bakazabihinga mu gihembwe cy’ihinga gikurikiyeho.

Gukoresha ifumbire mu karere ngo biri hasi ku kigereranyo cya 42%, bikaba bisaba ko abayobozi mu tugari n’imirenge bashishikariza abaturage gukoresha ifumbire.

Akarere ka Rutsiro kiyemeje kurwanya isuri ku kigero cya 90%, kakaba kageze kuri 58,7%, muri iki gihembwe barakangurira umuhinzi wese guhinga asibura imirwanyasuri mu murima we, ateraho n’ibyatsi.

Ku bijyanye no guhinga urutoki bageze kuri 52%, ariko ahanini kuba bakiri inyuma ngo byatewe n’uko akarere katanze isoko, riza gusubirwamo kuko uwaritsindiye yari yasabye amafaranga menshi, ariko ubu byarakemutse ku buryo mu kwezi kwa gatatu cyangwa ukwa kane gutubura imibyare no kuyitera bizaba byarangiye.

Muri uyu mwaka w’imihigo inka 750 zingana na 74% zimaze gutangwa muri gahunda ya Girinka, mu gihe mu gutera intanga bageze kuri 63%. Ngo habanje kubura imisemburo n’inkingo bituruka mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi, RAB, ariko akarere kavuganye na RAB, ku buryo iki na cyo ngo kigiye gukemuka.

Akarere gafite n’undi muhigo wo kubaka farumasi icururizwamo imiti y’amatungo mu murenge wa Ruhango, ariko ngo haje kubaho ikibazo mu bafatanyabikorwa b’akarere ari bo REMA, bahaye akarere amafaranga bayagabanya nabi ku buryo iyo farumasi itashoboraga kuvamo, ariko akarere kandikiye REMA, bemeranya ko amasezerano bari bafitanye ari buhinduke, bakaba bizeye ko iyo farumasi izaba yuzuye mu mezi abiri, dore ko n’isoko akarere kamaze kuritanga.

Gutanga amatungo magufi akarere kageze kuri 55%, akarere kakaba karatanze isoko mu minsi ishize ryo kugura amatungo magufi, uyu ukaba ari umushinga akarere gafitanye n’Abafaransa, aha hakaba ngo nta kibazo gafite. Gutanga imitiba yifashishwa mu bworozi bw’inzuki, akarere kageze kuri 79%, aha na ho hakaba hari icyizere ko bizagenda neza.

Akarere kahize gukora ibirometero icumi by’imihanda mu isantere ya Congo Nil bikaba byararangije gukorwa ku buryo abantu basigaye bubaka bakurikije uko imihanda iciye. Akarere kagombaga gukora ibishushanyo mbonera 27 by’imidugudu mishya, kakaba kageze kuri 70% na ho bakaba bumva uyu muhigo uri kugenda neza.

Gukora umuhanda wa Bukeye – Mwendo, akarere kageze kuri 80%, kakaba kabifashwamo n’umushinga wa VUP, uyu na wo ukaba ngo uzarangira nta kibazo gihari.

Umuhanda Bitenga – Nyabirasi unyura no mu ishyamba rya Gishwati ngo ni wo ufite ikibazo kuko amafaranga ya VUP yagombaga kwifashishwa mu kuwukora yagombaga kuva mu cyahoze ari RLDSF, ariko ntabwo baraha akarere amafaranga kuko na bo bayakura ku bandi baterankunga, ariko hari icyizere ko bazayohereza akaba yabonetse mu kuvugurura ingengo y’imari, bityo akarere kongere ingufu mu gukora uwo muhanda.

Ibijyanye no gushyira umuriro w’amashanyarazi ku mihanda (éclairage publique) ifite uburebure bwa kilometero imwe n’igice mu murenge wa Ruhango, isoko ryasubiwemo kubera ko akarere kagize ingorane uwatsindiye isoko asaba amafaranga menshi kadafite, hakaba hari icyiizere ko mumezi abiri cyangwa atatu ari imbere bizaba byakozwe.

Ingo 1000 zigomba kugira amashanyarazi nk’uko biri mu mihigo, akarere kazigezeho, zikaba ziherereye mu bice bya Boneza, Bitenga na Congo Nil. Kwegereza abaturage 3196 amashanyarazi, akarere kageze kuri 68%, ariko umuyoboro uri gukorwa mu bice byerekeza mu mirenge ya Mushubati, Rusebeya na Manihira niwuzura mu mezi abiri abawubaka bemeranyijwe n’akarere, bizatuma gahita kagera ku 100%.

Ku bijyanye no kwinjiza abanyamuryango bashya muri za SACCO no mu mabanki, abanyamuryango bashya bamaze kwinjiramo muri uyu mwaka ni 1289 bangana na 60%, hakaba hakomeje ubukangurambaga mu mirenge n’utugari ku buryo 40% ibisigaye bizagerwaho, dore ko abaturage bagiye kwinjira mu gihe cyo gusarura imyaka itandukanye irimo kawa.

Akarere kari kahize kwinjiza imisoro ingana na miliyoni 345, kakaba kageze kuri 42%. Ibi ngo nta kibazo biteye kubera ko umusoro w’ipatante wakirwa mu kwezi kwa gatatu n’ukwa kane. Akarere ngo nikamara kwakira uwo musoro nta mpungenge kazaba gafite yo kwesa uyu muhigo.

Kubaka icyiciro cya kabiri cya Hoteli y’Akarere bigeze kuri 65%. Akarere kasabye ko imirimo isigaye yo kubaka icyumba kiberamo inama (salle) yakorwa mu mezi abiri ku buryo mu kwezi kwa gatanu bizaba byarangiye.

Ku bijyanye no gutera ibiti by’amashyamba ndetse n’ibivangwa n’imyaka , akarere kageze kuri 54%, ariko akarere kiyemeje ko gutera ibyo biti birangira tariki 15 z’ukwa gatatu. Bimwe muri ibyo biti bizaterwa ku mihanda ifite uburebure bwa kilometero 115 mu rwego rwo kuyirinda kwangirika.

Abaturage 3.500 bagomba guhabwa amazi meza, akarere kageze kuri 74%, ariko akarere gafite amasezerano kashyizeho umukono yo guha amazi meza abaturage ba Congo Nil, ndetse n’umuyoboro wa Kivumu uzaba wararangiye ku buryo bizatuma uwo muhigo weswa.

Umuhigo wo kubaka Biogaz ugeze kuri 54%, ariko gusigara inyuma ngo byatewe no kubura abantu bazi kuzubaka, ariko Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA) yamaze koherereza akarere abantu bagomba kugafasha kuzubaka kandi n’amafaranga yo kuzubaka akarere kamaze kuyohererezwa akaba yarageze muri za SACCO z’imirenge, igisigaye kikaba ari ugushishikariza abagomba kuzubakirwa kugana SACCO bagahabwa ayo mafaranga nk’inguzanyo.

Kubaka ibyumba by’amashuri, akarere kageze kuri 81%, ibisigaye ngo ni ba rwiyemezamirimo batengushye akarere, ariko bagiranye amasezerano ndetse bafatirwa n’ibihano, hakaba hari icyizere ko ibisigaye birimo n’ubwiherero bizuzura mu kwezi kumwe.

Gutanga ubwisungane mu kwivuza, akarere kageze kuri 63% kakaba kari inyuma y’utundi turere twose, ariko ngo kari gukora uko gashoboye kugira ngo kagere ku 100%.

Ingo 19 z’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye zigomba kubakirwa amazu. Akarere kamaze kubaka 16, asigaye akaba arimo kubakwa n’inkeragutabara.

Mu miyoborere myiza n’ubutabera, akarere kagombaga guhugura abahesha b’inkiko 77, kakaba kageze kuri 81%. Gufasha imfubyi za Jenoside cyane cyane mu bijyanye n’ubutabera bigeze kuri 82% ibisigaye na byo bikaba bizagerwaho mu gihe cya vuba. Kurangiza imanza mu karere nabyo ngo bigeze kuri 89%.

Akarere kamaze no gutanga telefoni 483 ku bakuru b’imidugudu yose yo mu karere kandi zitishyura mu gihe ayikoresha ahamagara izindi telefoni na zo zikoresha ubwo buryo.

Akarere gafite n’undi muhigo uvuga ko abarangije amashuri yisumbuye umwaka ushize bose batozwa, ibyo bikaba byarakozwe, ndetse ubu bakaba bari mu cyiciro cya kabiri cy’urugerero.

Akarere ka Rutsiro kagombaga kugura kizimyamwoto kakayifatanya n’akarere ka Karongi, ariko baje kumenya ko hari kizimyamwoto igura amafaranga make agera kuri miliyoni 15, kandi ishobora kugenda mu misozi ya Rutsiro. Ubu akarere kari gukorana na polisi kugira ngo ibarangire aho bashobora kuyigurira izajye yifashishwa mu kuzimya ahadutse inkongi z’imiriro.

Gatsibo: Hatangiye isuzuma ry’imihigo 2013 – 2014, hanarebwa aho igeze ishyirwa mu bikorwa

$
0
0
Bamwe mu bakozi b’Akarere ka Gatsibo ubwo bakorerwaga isuzuma

Bamwe mu bakozi b’Akarere ka Gatsibo ubwo bakorerwaga isuzuma

Kuri uyu wa 3 Werurwe 2014, itsinda ry’Abakozi b’Akarere ka Gatsibo ryatangiye isuzuma ry’imihigo y’umwaka wa 2013 – 2014, bareba aho imihigo igeze ishyirwa mubikorwa mu iterambere ry’aka karere.

Uwari ayoboye iri tsinda Mugiraneza David akaba anashinzwe igenamigambi ry’Akarere ka Gatsibo, yabwiye abakorewe isuzuma ry’Imihigo ko bagomba gukosora ibyo bagiye bagirwaho inama bitarashyirwa mu bikorwa, kugira ngo isuzuma ry’Intara n’Urwego rw’Igihugu rizasange imihigo y’Akarere imeze neza.

Mu bakorewe isuzuma ry’Imihigo ku ikubitiro hakaba harimo Urwego rushinzwe ubuhinzi mu karere, Umukozi ushinzwe ubworozi bw’amatungo ndetse n’Umukozi ushinzwe amakoperative mu karere.

Twakwibutse ko imihigo ariyo nkingi y’iterambere ry’uturere, nyuma y’isuzumwa ry’abakozi ku rwego rw’Akarere amatsinda atandukanye azajya mu mirenge yose igize Akarere ka Gatsibo uko ari 14, kugira ngo nayo ikorerwe isuzumwa ry’imihigo yabo.

RUSIZI: INAMA JYANAMA IDASAZWE Y’AKARERE KA RUSIZI YEMEJE INGENGO Y’IMARI IVUGURUWE

$
0
0
Abajyanama b’akarere ka rusizi bemeza ingengo y’imari

Abajyanama b’akarere ka rusizi bemeza ingengo y’imari

Amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni  800 zisaga  nizo zongerewe mu ngengo y’imari  ya 2013-2014 ikuwe  kuri  miliyari 12 na miliyoni zisaga 30 iba miliyari 12 na miliyoni 900 zisaga z’amafaranga y’u Rwanda, akazakoreshwa muri iyi ngengo y’imari y’uyu mwaka nkuko byemejwe n’inama jyanama  idasanzwe y’akarere ka Rusizi yateranye kuwa 28/02/2013,

Impamvu yatumye iyi ngengo y’imari y’akarere ka Rusizi yongerwa byatewe  no kuba hari inkunga zitegerejwe zifasha mu bikorwa by’iterambere bizakorwa muri aka karere mu mishinga y’ibikorwa remezo birimo imiyoboro  y’amazi, imihanda n’ibindi.

Mubusanzwe guhindura ingengo y’imari biteganywa n’itegeko aho rivuga ko  ngo imirongo y’ingeno y’imari y’akarere  ishobora kuvugururwa bivuye ku nkomoko y’amafaranga akomoka ku misoro n’amahoro by’akerere ndetse n’inkunga zitangwa n’ibigo bishamikiye kuri leta na za minisiteri,  ibi rero bikaba ari nabyo byagendeweho mu kuvugurura no kongera  ingengo y’imari aho yongereweho amafaranga agera kuri 873 721 029 frw.

nubwo ariko hongerewe miliyoni zisaga 800, umunyamambanga shingwabikorwa w’akarere w’agateganyo Ntivuguruzwa Gervais yatangaje ko aya mafaranga azatangwa n’abafatanya bikorwa batandukanye akaboneraho guhumuriza abatanga imisoro ababwira ko badakwiye kugira impungenge z’uko imisoro iziyongera.

Shema Jean Bosco, visi perezida wa jyanama y’akarere ka Rusizi atangaza ko mu rwego rwo kurushaho gukoresha ingengo y’imari neza yongerewe, ngo bazajya bifashisha ikoranabuhanga amafaranga akoreshwa bitari ngombwa akagabanuka dore ko ngo abakozi baba bahawe amafaranga abafasha mu ngendo baza mu Manama , ninayo mpamvu kubwe umva kubagaburira biba bitakiri ngombwa.

muri iyi nama jyanama y’akarere ka rusizi kandi, abajyanama bemeje amabwiriza azangenga igihembwe cy’ihinga cya kabiri azanafasha abahinzi kurushako kongera umusaruro aharimo guhuza ubutaka, gukoresha amafumbire y’imborera n’imvaruganda ndetse no guhuriza umusaruro hamwe.

Kamonyi : Guhurizwa mu ngando no gukorera hamwe byafashije urubyiruko rwa CEPGL kumenyana

$
0
0
Kuva tariki 16/2/2014, ubwo urubyiruko ruturutse mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bituriye ibiyaga bigari(CEPGL), rutangiye ingando y’ibyumweru bitatu, abayitabiriye barahamya ko igihe bamaranye n’ibikorwa bafatanyije byatumye barushaho kumenyana.

Kuva tariki 16/2/2014, ubwo urubyiruko ruturutse mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bituriye ibiyaga bigari(CEPGL), rutangiye ingando y’ibyumweru bitatu, abayitabiriye barahamya ko igihe bamaranye n’ibikorwa bafatanyije byatumye barushaho kumenyana.

Kwicarana, kuganira no gukorera hamwe byagabanyije urwikekwe , uru rubyiruko rwagiranaga kubera amateka bumva ku bihugu byabo. Bamwe bari bafite ingengabitekerezo zitari nziza ku miterere n’imyumvire y’abo mu bindi bihugu, ariko ngo igihe bamaranye cyababereye ishuri ryo kumenya ukuri ku byo babwirwaga.

 m_Kamonyi  Guhurizwa mu ngando no gukorera hamwe byafashije urubyiruko rwa CEPGL kumenyana2

Avuga uko yatekerezaga abanyarwanda, Amani Ndoole Thais, aturuka i Goma muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo, aragira ati :”natekerezaga ko abanyarwanda ari babi, bagira umutima mubi, ko bikunda ariko naje kubona ko abanyarwanda bagira urukundo, ko bakunda abakongomani, ko bakunda abarundi. N’ubu hagize uza muri iyi ngando, ntiyabasha kudutandukanya kuko twese twabaye umwe.”

m_Kamonyi  Guhurizwa mu ngando no gukorera hamwe byafashije urubyiruko rwa CEPGL kumenyana3

Naho Basogomba Jean Michel akomoka mu gihugu cy’u Burundi. Avuga ko yari yarabwiwe ko abanyekongo ari abantu batagira icyo bitaho, abanyarwanda bo ngo bakaba abiyemezi, bumva bashoboye ko ibintu byose, ariko ngo yasanze ntaho bataniye n’abarundi, aho avuga ati ”ibyo dushoboye n’aho tugira intege nke ni kimwe kuko twese turi abantu kimwe”.

Kubwa Ufitinema Delphine, umunyarwandakazi witabiriye iyi ngando, ngo akurikije amakuru y’ukuntu bamwe mu banyekongo bahohotera abanyarwanda, ntiyatekerezaga ko abanyarwanda n’abanyekongo bamara igihe babana.

Ibyo Ufitinema yumvaga bidashoboka, byarashobotse.Kandi ngo yasanze barimo abantu beza. Naho abarundi ngo yabwirwaga ko ari abirasi, ariko aho nyuma yo kubana na bamwe muri bo no kubamenya ahamya ko barimo abana beza, bakundana, kandi abona ari bamwe  nta tandukaniro rigaragara.

Mu bikorwa uru rubyiruko rukorera hamwe , harimo kwiga uburyo bwo kwimakaza umuco w’amahoro no kwihangira imirimo bi imyuga irimo itandukanye irimo gukora amarangi, kubumba amavazi, gusuka imisatsi no kubumba ibikoresho by’ubwubatsi.

Ngo bifatanyije n’abanyarwanda mu muganda usoza ukwezi kwa Gashyantare, mu murenge wa Rukoma,aho bafatanyije  kubaka amacumbi y’abanyarwanda birukanywe n’Igihugu cya Tanzaniya, bakora n’umuganda mu Bugesera , ku mupaka wa Nemba-Gasenyi ku ruhande rw’Uburundi bakorera mu Ntara ya Kirundo.

 Iyi ngando irimo kubera mu murenge wa Rukoma ho mu karere ka Kamonyi, izasozwa ku cyumweru tariki 08/3/2014, urubyiruko rukazajya gusangiza ubumenyi bavomye mu Rwanda mu bihugu bya bo. Nyuma yo guhurira mu Rwanda, ngo biteganyijwe ko hazakorwa n’izindi ngando muri RDC no mu Burundi.

 

 

Petition urges Obama to declare genocide day

$
0
0
President Obama at a White House briefing

President Obama at a White House briefing

An online petition has been launched on the White House website asking US President Barack Obama to proclaim April 7, 2014 a day of remembrance for the victims of the genocide against Tutsis in Rwanda.

“As we commemorate the 20th anniversary of this dark chapter of humanity, it is only befitting that our President proclaims April 7, 2014 a day of remembrance in solidarity with the survivors of last genocide of the 20th century,” reads the petition. “Let’s remember the past for the sake of the future.”

The petition needs 100,000 signatures. Anybody can sign by logging onto the link: https://petitions.whitehouse.gov/petition/proclaim-april-7-2014-remembrance-day-victims-genocide-committed-against-tutsis-rwanda-1994/pDMh06R9#thank-you=p

Viewing all 3792 articles
Browse latest View live