Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3792 articles
Browse latest View live

Ngororero: Itorero ry’abanyeshuri barangije ayisumbuye rikomeje imirimo yaryo

$
0
0

m_Ngororero Itorero ry’abanyeshuri

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Kuva ku wa 31 Ugushyingo kigera kuwa 22 Ukuboza 2012, ku ma site 3 ariyo, ETO Gatumba, ADEC Ruhanga na GS IBIKA Kabaya harimo gutorezwa urubyiruko rurangije amashuli yisumbuye rwo mu karere ka Ngororero.

Kuri site ya ETO Gatumba twashoboye gusura nyuma y’uko itorero ritangijwe ku mugaragaro kuwa 5 Ukuboza,  kuri uyu wa mbere hatanzwe ikiganiro cyerekeye imikorere y’Intore k’ URUGERERO. Ikiganiro cyatanzwe na madame Mukantabana Odette umuhuzabikorwa w’Itorero ry’Igihugu mu karere ka Ngororero imbere y’abasore n’inkumi 246.

Ngororero Itorero ry’abanyeshuri2

 

 

 

 

 

 

 

Urwo rubyiruko ruri kwitegura kuba intore rwibumbiye mu matsinda (COYS) akurikira: A Coy= Imbanzamihigo, B Coy= Inyesamihigo, C Coy= Intozabahizi, D Coy= Indashyikirwa .

Moral iranga abo basore n’inkumi ishimisha abaza gutanga ibiganiro kuri iyo site. Nyuma yo gusobanurirwa amateka y’urugerero n’uburyo rurangwa n’imirimo y’ubwitange ifite uruhare rukomeye mw’iterambere ry’Igihugu; abanyeshuri basobanuriwe ko URUGERERO  ruzabera iwabo mu mirenge aho bazashyira indangagaciro batojwe mu bikorwa, bakaba bandebereho imbere y’ababyeyi, barumuna na bakuru babo.

Nk’intore bakaba bazafasha imirenge yabo kwesa imihigo batanga ubumenyi n’imbaraga zabo aho bikenewe. Ku rugerero rubategereje basabwa kurangwa n’imyitwarire myiza iranga intore. Bibukijwe ko nta ntore isiga indi, nta ntore icika cyangwa ngo ice abandi intege, nta ntore nanjye binyobere n’ibindi.

Nyuma y’Urugerero hazaba icyiciro cyo kwesa imihigo aho intore zizagaragaza ibyo zagezeho indongozi zikazahembwa. Abana bibana mu miryango babajije uko bazamera nibajya ku Rugerero kandi wari umwanya wo gushaka imibereho mu ngo zabo.

Ngororero Itorero ry’abanyeshuri3

 

 

 

 

 

 

Madame Mukantabana yabasubije ko Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda ibazi, ko kuva yarabareze bagakura ikabaha ubumenyi mu mashuri itazananirwa gukemura ibibazo bashobora guhura nabyo ku Rugerero. Yabijeje ko abatoza bakuru b’Intore batazahwema kubaba hafi. Kubera ko amatsiko bari bafite yabaye menshi basabwe gukusanya ibibazo n’ibyifuzo bakazahabwa ibisubizo mu gitaramo bazagirana n’abatoza b’Intore.


Ngororero: JADF commend Ngororero District achievements

$
0
0

m_Ngororero JADF commend Ngororero District achievements

The Joint Action Development Forum (JADF) in Ngororero district has appreciated the role that the district partners played in development of Ngororero District during the completion of the 2nd phase of the economic year 2012/2013

The partners in development of the district presented their plan of action in 2012/2013 and signed agreement with the district officials on what they are yet to achieve. The president of JADF in Ngororero district who is also the vice mayor for economic development in the district Emmanuel Mazimpaka explained that this action was for partners in development to be clear about the projects they will achieve.

The district is hopeful about this understanding and they are sure that the partners in development will achieve what they vowed to do as they have started working on what they promised to do in the first phase of the economic budget.

It was planned to elect a new vice president of JADF Isangano of Ngororero district but this was postponed since some members were not present and it will be done in the next JADF members meeting.

m_Ngororero JADF commend

They revised the district action plans

 

The district partners in development assured the District Development Plan (PDD) body that they will always support it in the next 5 years they will be working together. It was agreed for JADF Isangano to hold a retreat of which every member will contribute for its preparation.

 

Akarere ka Huye gakomeje kugira imyanya myiza mu marushanwa

$
0
0

Akarere ka Huye gakomejeIbi bivugwa n’umuyobozi w’aka Karere, Eugene Kayiranga Muzuka, yishimira ko Akarere ayobora kagiye kagira imyanya myiza mu marushanwa yabaye mu minsi yashize, mu rwego rwo gutegura isabukuru y’imyaka 25 ya FPR.

Meya Muzuka ati “Itorero Imanzi ryo mu Murenge wa Ngoma, ryabashije guhiga andi matorero yo mu Karere ka Huye, rigeze ku rwego rw’Intara rihiga andi yose, yemwe no ku rwego rw’igihugu. Ibi ni ibyo kwishimirwa”.

Meya akomeza agira ati “mu mupira w’amaguru, abakobwa bacu bahagurukiye i Mbazi maze bageze ku rwego rw’igihugu baba aba gatatu. Mu masiganwa  y’amagare, twabaye aba gatanu. Mu masiganwa y’amaguru, umukobwa wacu yabaye uwa kabiri. Abamugaye bacu babaye aba kabiri.”

Na none kandi, ngo abikorera bo mu Karere ka Huye babaye aba mbere ku rwego rw’intara, ariko baba aba gatatu ku rwego rw’igihugu. Ku mahotel 100 yo mu Rwanda yamuritse ibikorwa byayo, iyitwa Faucon yo mu Karere ka Huye yabaye iya 20.

“Si ibi gusa”, uwo ari Meya Muzuka, “kuko no mu kurwanya ruswa n’akarengane Akarere kacu kabaye aka gatatu ku rwego rw’igihugu.”

Ibi kandi biza byiyongera ku kuba mu guhigura imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2011-2012, Akarere ka Huye karabaye aka 4, kava ku mwanya wa 13 kari kagize mu mwaka w’ingengo y’imari 2010-2011.

 

 

 

 

Bari guhugurwa mu buryo bushya bwo guhana amakuru ajyanye n’ibiza

$
0
0

Bari guhugurwa mu buryo bushyaMu rwego rwo kohere amakuru ku buryo bwihuse ajyanye n’ibiza, abashinzwe ibibazo by’abaturage n’abagoronome bo mu mirenge igize akarere ka Musanze, bari guhugurwa ku bijyanye n’imikorere ya gahunda nshya yo kohereza amakuru ajyanye n’ibiza.

Nk’uko byasobanuwe na Ntirenganya Martin ushinzwe imibereho myiza no kurengera abaturage mu karere ka Musanze, ngo amasomo bari guhabwa azafasha mu bijyanye no gutangira amakuru ku gihe, binatume ubufasha butangirwa igihe.

Uwamaliya Sabine, umukozi wa minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi MIDMAR, akaba ari umwe mu bari gutanga amasomo, avuga ko aba bantu bari basanzwe bakoresha telefone zabo mu kohereza ubutumwa bujyanye n’ibiza, gusa ngo ubu buryo bushya buzatuma amakuru arushaho kubikika neza.

Yagize ati: “Ubu buryo buzadufasha kubika amakuru, kuko ubutumwa buzajya buhurira muri sisiteme, bibe byanakoroha mu bijyanye no gukora raporo, bifashe mu gukumira Ibiza mu bihe bizaza”.

Rwagati Claude, umukozi mu murenge wa Musanze, ushinzwe ubuzima no kurengera abatishoboye, avuga ko iyi gahunda yo gutanga amakuru, ifasha cyane mu bijyanye no gutanga ubutabazi ku gihe, kuko amakuru aba yatanzwe vuba.

Amatsinda atanu ya MIDMAR, ari kuzenguruka mu turere dutandukanye, atanga amahugurwa mu ikoreshwa ry’igi gahunda nshya, aho buri mukozi muri aba bari guhugurwa yahawe telefone na numero atangiraho amakuru.

 

 

 

French envoy vows to take relations to another level

$
0
0

 

The new French envoy Michel Flesch

The new French envoy Michel Flesch

The new French Ambassador to Rwanda Michel Flesch has said that he is in Rwanda to take the relations between the two countries to another level.

He made the remarks shortly after presenting his credentials to President Paul Kagame at Urugwiro village.

The French embassy has been without an ambassador for months now after Paris recalled Laurent Contini and Rwanda refusing to approve Hellen Le Gal as the new envoy.

The incident led to media speculations that the relations between the countries were on the rocks. It was said that Legal was so close ally of the Foreign Affairs Minister Allain Juppe who is considered by Rwanda as a genocide apologist.

Contini had been appointed French envoy to Kigali following the renewal of diplomatic relations between Rwanda and France in 2009.

Meanwhile President Kagame also received credentials of four new Ambassadors accredited to Rwanda.

The new other envoys include the Ambassador of Thailand, and high commissioners of Canada and Sri-Lanka.

The diplomats said that their objective is to enhance relations between their respective countries and Rwanda.

Rwanda cemented its relations with SRI LANKA. Thambirajah Raventeenhirah The new high commissioner of the Asian Country to Rwanda who presented his letter of accreditation to President Kagame will be based in Nairobi.

He said Sri Lanka and Rwanda want to build strong partnership basing on forthcoming mutual visits.

Prior to his appointment as high commissioner, Thambirajah Raventeenhirah served as the director General of the African Division in the Ministry of External Affairs of Sri Lanka.

 

 

U Rwanda ruri mu bihugu bya mbere ku isi yose bifite umutekano-Umuyobozi w’Amajyepfo

$
0
0

U Rwanda ruri mu bihuguUmuyoboziu w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari aratangaza ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bya mbere ku isi yose bifite umutekano usesuye kurusha ibindi.

 

Ibi uyu muyobozi akaba yabitangaje ubwo yari yagiranye inama n’abaturage bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo mu gace kitwa Ndiza mu murenge wa Rongi.

 

Munyantwari avuga ko kuva jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 yahagarikwa n’izari ingabo za RPF inkotanyi, igihugu cyagize umutekano kitigeze kigira mu marepubulika yashize nubwo cyari kimaze kubura umubare munini w’abaturage.

 

Uyu muyobozi akaba asaba abaturage b’intara ayoboye by’umwihariko abo mu murenge wa Rongi yari yasuye ko bakomeza kubungabunga umutekano bafite kandi badashobora kubona mu bihugu bitari bike ku isi.

 

Akaba avuga ko umutekano uri mu gihugu ari abaturage bawukesha imiyoborere myiza ihari. Abaturage bakaba basabwa kugira uruhare mu gukomeza kubungabunga uyu mutekano bafite bagaragaza uruhare rwabo biteza imbere.

 

Ibindi bihugu bitanu by’Afurika bya mbere bivugwamo umutekano uhagije kandi abatu batari bacye ku isi bifuza kubamo ni Ibirwa bya Maurice, Botswana, Mozambike, Namibiya na Ghana.

 

Nk’uko tubikesha urubuga rwa internet rwa linternaute.com, u Buhorande nicyo gihugu cya mbere ku isi kiziwemo umutekano n’umutuzo useseyuye kurusha ibindi byose ku isi.

 

 

 

 

Minisitiri Murekezi arasaba abari mu itorero guharanira kuba intwari bakiri bato

$
0
0

Minisitiri Murekezi arasabaAnastase Murekezi, minisitiri w’umurimo n’abakozi ba leta ubwo yatangizaga itorero ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye yabasabye guharanira kuba intwari bakiri bato ndetse bakitoza gukunda igihugu.

Minisitiri Murekezi akaba yabwiye aba banyeshuri ko iri torero batangiye bagomba kuryigiramo kugira umutima wo gukunda igihugu cyabo birinda kumva amabwire avuga nabi igihugu cyabo ahubwo bakagira uruhare mugufata iya mbere mu kugaragaza isura yacyo nyayo.

Aba banyeshuri bagera kuri 300 bari mu masite atatu ari mu murenge wa Nyamabuye na Shyogwe.

Mu busanzwe Minisitiri Murekezi Anastase ushinzwe n’akarere ka Muhanga muri guverinoma, akaba asaba ko uru rubyiruko rwazakuru muri iri torero bazamaramo ibyumweru bibiri, umutima wo guteza imbere igihugu, buri wese ashakisha uburyo yakwihangira imirimo kuko bateye imbere yaba ariyo ntambwe ya mbere yo guteza imbere igihugu cyabo.

Murekezi ati “Ibyo muziga byose biraganisha aho ngaho…gukunda igihugu, kucyitangira mu bwenge no mu maboko, kugihindura igihugu gikomeye n’aho wajya hose ukumva ufite ishema nk’uko bimeze ubu kuko ari ngombwa kubaka no kwigisha indangaciro na kirazira ziranga abanyarwanda, mwiteza imbere kuko ariyo ntamwe ya mbere tubakeneyeho”.

Umwe mu ntore witwa Nyampinga avuga ko itorero barigiyemo barikeneye kuko mu mu husanzwe nta hantu babona ho kwigira nk’ibyo bigira mu mashuri kuko amasomo bahabwa mu mashuri usanga nta mateka biga ku buryo nyabwo nk’uko bayahabwa mu itorero.

Ushinzwe itorero ry’igihugu mu Karere ka  Muhanga  Hategekimana Fidele avuga mu basaga 1202   bari gutorezwa mu karere hose ibyo batozwa bigamije kubaka umunyarwanda mushya ukomeye ku gihugu cye, watanga n’ubuzima bwe n’amaraso ye kubera igihugu cye. Iyi myumvire ayihuza na bamwe mu ntore ziri mu itorero bagaragaje ko bishimiye cyane itorero ry’igihugu ndetse banavuga n’akamaro bumva ribafitiye.

Kimwe n’ahandi hose mu gihugu, itorero ryo ku rugerero ryatangiye tariki 30 Ukuboza 2012 rikaba rizarangira tariki 22 Ukuboza 2012, ariko iryo mu karere ka Muhanga ryo rikaba ryatangijwe kuri uyu wa 11 Ukuboza 2012.

 

 

 

Mu Ntara y’Iburasirazuba bagiye kwicyebura mu gutanga serivisi nziza

$
0
0

 

Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba arahamagarira abakorera Iburasirazuba gutanga serivisi neza

Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba arahamagarira abakorera Iburasirazuba gutanga serivisi neza

Abakorera mu Ntara y’Iburasirazuba bamaze kwemeranywa ko bagiye kwicyebura mu gutanga serivisi neza aho bakora hose, mu nzego za leta, abikorera n’abakorera abandi.

Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odetta yagiranye n’abayobozi b’Uturere, ababungiriza, abakuriye ibigo bitandukanye byaba ibishamikiye kuri leta cyangwa abikorera, inzego z’umutekano, abanyamabanki, abakuriye amadini n’amatorero n’ibindi bitandukanye mu rwego rwo kungurana ibitekerezo no gufata ingamba zo kunoza imitangire myiza ya serivisi mu nzego zose zikorera mu Ntara y’Iburasirazuba.

Abayobozi b’Intara y’Iburasirazuba bavuze ko  iyi nama ije mu rwego rwo gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama yayobowe na Minisitiri w’Intebe ku wa 27/11/2012 ahereye ku bushakashatsi bwakozwe ku mitangire ya serivisi mu Rwanda, aho byagaragaye ko imitangire ya serivisi ikiri hasi cyane mu Rwanda kandi mu nzego zose guhera mu bigo byigenga ndetse no mu nzego za Leta.

Guverineri UWAMARIYA Odette afungura iyi nama yibukije abayitabiriye ko ku ruhande rw’ubuyobozi ubu barimo gukora ibishoboka byose ngo serivisi zirusheho gutangwa neza kandi ku gihe. Mu Ntara y’Iburasirazuba ngo hashyizweho imirongo ya telefoni itishyurwa muri buri Karere ndetse no ku Ntara.

Abagana izi nzego za leta bose ngo bshobora guhamagara ku buntu mu gihe bafite ikibazo kandi bakaba bakwiye guhabwa igisubizo kiboneye. Mu nzego zose z’imirimo muri iyi Ntara kandi ngo bagomba gushyira ku nzugi service zitangwa, umukozi uzitanga ndetse n’amafoto y’abazitanga hamwe n’uwo umuturage yakwitabaza igihe adahawe serivisi neza.

Ubushakashatsi bwakozwe mu Rwanda bwagaragaje ko imitangire ya serivisi ikiri ku cyigereranyo cya 51.4% mu nzego z’abikorera ku giti cyabo ndetse na 70.4% mu nzego za Leta. Muri iyi nama hagarutswe cyane cyane kuri serivisi zitanoze zigaragara mu mahoteli, mu maresitora, mu mabanki, kwa muganga mu batwara abantu mu mamodoka n’ahandi hatandukanye aho usanga umuntu ahabwa serivisi mbi kandi akayishyura.

Abitabiriye inama bemeranyijwe ko ubu hageze igihe cyo kuvugurura imikorere n’imitangire ya servisi kandi aho bidakozwe neza hagafatwa ingamba. Hatunzwe agatoki cyane serivisi mbi mu batwara abantu mu buryo bwihuse  bita Taxi express aho usanga mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bagenda bahagarara bashakisha abagenzi mu nzira, bigatuma abagenzi bakerererwa nyamara bari bishyuye serivisi zihuse, Express services. Ubusanzwe imodoka za express zigira igihe zihagurukira ndetse zikagenda zidakata hirya no hino zishaka abagenzi.

Abagenda mu Ntara y’Iburasirazuba benshi binubira ko imodoka zaho zigenda zihagarara hato na hato, ndetse ngo zikaba zitagira igihe cyizwi na bose cyo guhaguruka no gushyika n’ubwo biba byanditse aho zikorera no ku nyemezabwishyu (ticket) abazigendamo baba bahawe.

Rwagaju Louis uyobora Akarere ka Bugesera avuga ko mu Rwanda hakiri n’ikibazo cy’abahabwa serivisi nabo batagira ubushake n’umuhate wo kugaragaza ko bahawe serivisi mbi, ndetse ngo batinyuke bazange ku mugaragaro banabigaragaze bajya ahandi bashobora guhabwa serivisi nziza.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo muri iyo nama, abayitabiriye bafatiyemo ingamba zizafasha mu kuzamura imitangire ya serivisi kugira ngo abasaba serivisi bajye bazihabwa uko bikwiye. Aha abakoresha basabwe kwicarana n’abakozi bakaganira ku buryo bagomba gukora akazi kabo neza, kunoza uburyo bugaragaza ibisabwa ngo serivisi itangwe, aho itangirwa n’igihe bimara, bityo ababagana bagahabwa serivisi.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yashoje iyi nama yibutsa abayitabiriye ko usaba serivisi adakwiye kubyihererana mu gihe ayihawe nabi, asaba ko habaho ubufatanye ku nzego zose no guhanahana amakuru kugira ngo barusheho kuzuza inshingano zabo uko babisabwa.

Abayobozi b’Intara y’Iburasirazuba bemeje ko hazakorwa igenzura ryabyo kandi abazaba batanga serivisi nabi bakabibazwa, aha akaba yasabye abitabiriye inama kongera kugarura indangagaciro yokubaha uje akugana nk’uko byahoze cyera.

 

 

 


Gakenke: Urubyiruko ruri mu itorero rurasabwa guhindura ibibazo by’igihugu mo ibisubizo

$
0
0

 

Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye basaga 350 bitabiriye Itorero ry'igihugu

Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye basaga 350 bitabiriye Itorero ry’igihugu

 Guverineri w’Intara y”Amajyaruguru,  Bosenibamwe Aimé arasaba  abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye  bitabiriye itorero guhindura ibibazo by’igihugu mo ibisubizo.

Ibi yabitangarije mu itorero ry’abanyeshuri rikorerwa muri G.S. Saint Jerome de Janja mu Murenge wa Janja, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa 11/12/2012.

Mu ijambo rye ryamaze gusa iminota 30, Guverineri Bosenibamwe yibukije abo banyeshuri ko bagomba kurangwa n’imyifatire myiza kugira ngo bazavemo abayobozi b’ejo  beza.

Yanabasabye gushyira imbere gukorera igihugu, bakazavamo abayobozi bafite icyerekezo kandi bazaharanira guhindura u Rwanda igihugu k’igihangange mu karere k’Ibiyaga bigari ndetse no ku isi hose.

Abanyeshuri basaga gato 370 bagaragaza ibyishimo na morali mu ndirimbo n’umudiho, bigishijwe indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda n’amasomo ajyanye na politiki n’icyerekezo cy’igihugu.

Guverineri Bosenibamwe avuga ko  icyerekezo kimwe, igihugu kimwe, umunyarwanda umwe n’ikipe imwe (One vision, one nation, one people and one team) ari yo ntego bagomba kugenderaho kugira ngo iterambere ry’igihugu cy’u Rwanda rigerweho.

Ubumwe hagati y’Abanyarwanda ni bwo buzatuma duharanira kurwanira ishema n’agaciro k’igihugu cyacu, ntigisubire inyuma; nk’uko Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakomeje abishimangira.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deo yakanguriye abo banyeshuri guha agaciro amasomo bahabwa kuko ari yo mpamba bazitwaza  mu rugamba rwo guhindura  abaturage basize mu mirenge yabo.

Mugomba guhinduka mbere yo kujya guhindura abagize umuryango nyarwanda; nk’uko yakomeje abishimangira.

Harelimana Anastase, umwe mu banyeshuri bari mu itorero yemeza ko ubumwe bigishijwe mu itorero buzabafasha guhindura umuryango nyarwanda.

Uzanyeneza Clementine asobanura ko amasomo babonye mu itorero azabafasha guhindura amateka y’u Rwanda baharanira ko atasubira ukundi.

Abanyeshuri nibarangiza itorero bazatangira urugerero, aho bazakora ibikorwa by’iterambere by’aho bavuka guhera mu kwezi kwa mbere kugeza mu kwa gatatu.

 

 

Rwandan Community in North America petition to President Obama over the Eastern Congo crisis

$
0
0

Rwandan Community in North America

Members of the Rwandan Community in North America have petitioned the Unites States President Barack Obama over the Eastern DRC crisis.

In a letter dated December 11, 2012, they explain to Obama the origin of the Congo crisis and accuse the international community including the United Nations of orchestrating a propaganda campaign against Rwanda.

“We, the undersigned, being members of the Rwandan Community in North America have been following with keen interest the ongoing crisis in the Democratic Republic of Congo (DRC) and its impact on the Great Lakes region.

The deeply rooted, and well-orchestrated propaganda campaign against Rwanda obliges us, as concerned citizens of Rwanda and legal residents of the United States of America and Canada, to faithfully defend our country by adding our voice to many others that strive to bring the truth out in a quest to restore the image of Rwanda and to pursue justice, peace and security in DRC and the Great Lakes region,” reads the letter in part.

They explained to Obama that since March 2012, Rwanda has been accused of supporting M23, a group of mutineers that has been at war with the Congolese army (FARDC) in the Eastern Democratic Republic of the Congo (EDRC).

It all started in June this year when the United Nations Group of Experts (UN GoE) on DRC submitted its interim annual report and an addendum to the UN Security Council Sanctions Committee.

The Addendum contained a set of allegations to support the narrative of active involvement by the Government of Rwanda (GoR) in the current armed conflict between the FARDC and M23 in violation of the United Nations Arms Embargo and Sanctions Regime that applies to the DRC.

In response, Rwanda submitted a comprehensive rebuttal on GoE’s allegations and invited the GoE to go to Rwanda for cross checking investigations. The GoE ignored Rwanda’s willingness to cooperate and went on to publish another set of allegations against Rwanda in August, which the GoR refuted in its rebuttal submitted in October 2012.

So far the international community has shown no interest in investigating further to fully understand the ongoing crisis in DRC. Instead, Rwanda was rendered guilty without trial.

In the letter the members are irked by some donor countries withholding the disbursement of aid or freezing the budget support to Rwanda, because of the verdict rendered by GoE on their country.

They are quoted as saying: “We would like to remind you that Rwanda has been consistently praised for its proficient utilization of foreign aid as well as its overall efficient fiscal management, which have resulted in successful reconstructive efforts in the last 18 years.

In fact, numerous independent reports indicate that in the last five years, Rwanda has lifted over one million people out of poverty. Cutting or freezing aid at this moment will not resolve the crisis in the DRC,” they say.

They also explained that roots of the ongoing cycle of violence in the EDRC lay in the original ethno-nationalist conflict that has plagued the entire region since colonial occupation.

It is a continuation of the anti-Tutsi propaganda campaign that led to the genocide against Tutsis in 1994 that claimed the lives of more than one million victims in the most inhuman ways while the International community stood by.

The letter which is also copied to the Secretary of State Hilary Clinton concluded by calling on the United States government join in the cry for justice by thoroughly evaluating the current conflict in the DRC, within the context of its roots in ethno-nationalist conflict, including the divisive governance of DRC which for the last several decades has provided safe haven to genocidaires and their sympathizers.

 

 

 

 

A Voyage through the life of our late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

$
0
0

Editorial by Andrew Obeki
Refugee – Leader – Minister – Legend,  A Voyage through the life of our late Inyumba AloiseaMy name is Andrew Obeki and I am a Rwandan. Like millions of my compatriots, I have never met Ms Inyumba Aloisea in person, but a life well lived is unrestrained by such trivial limitations and touches the hearts of all.

It pains me to say that the history of the World would reserve only a small space for Ms. Inyumba, for she did not start a war, or get involved in huge controversies, she did not stage a coup or make billions in the corporate world. For such is the tale of our past and Africa that these are remembered while the good are forgotten. But today, my 12 million strong people will bear testament to the fact that all through her life; she carried on with a passion, integrity, dedication and a deep, heartfelt love for the common man. Qualities that were reflected in her life’s work, for the eternally-grateful people of Rwanda.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

A life, I am determined to honour her being today, by sharing her inspiring story with the World.

Ms. Aloisea Inyumba’s journey began not in my homeland Rwanda, but our neighbouring nation of Uganda. It was here that she was born on the 1st of January, 1962. Her mother had fled there after her father had fallen victim to the massacre of the 1960s, an affair that motivated her to drive forward Rwanda’s rapid recovery from the genocide, three decades later. For a child brought up in refugee camps by a single mother, Inyumba’s early years during which she overcame all challenges to achieve immortality in our hearts will serve as a role model for generations to come.

She was intellectually gifted and her humble upbringing was not a hindrance to graduating from the Makerere University, an academic trend she carried on throughout her life. At her time of passing she held a Masters in International Relations from the Irish American University, a Doctorate in Social Work and Social Administration from the Makerere University and a Doctorate from La Roche College in the USA.

In the 1990s, it was in Rwanda’s greatest hour of need, after my country was tending the wounds of the brutal genocide that Inyumba had returned to her homeland as the Minister of Gender and Social Affairs. An Angel in the eyes of many, she nursed us back to health by caring for our orphans and resolving our petty property-feuds. She held the position for a tenure of five years, during which her noble action to defend a woman facing imprisonment for the crimes of her husband was lauded by the World.

 

Among the many thankless roles she took on was that of a devoted wife and loving mother. Aloisea Inyumba was married to Richard Masozera and the couple had two children.

She later served as the executive secretary of the National Unity and Reconciliation Commission for two years, followed by a term as Senator. Her active participation in the Rwanda Women Parliamentary Forum is noteworthy.

In 2011, she was declared the Minister for Gender and Family Promotion. Additionally, she also served as a member of the African Women Advisory Committee. And true to her nature of raising benchmarks with every opportunity, she was bestowed with the Courage Award by ‘Women with Wings’. This was in recognition for her work, encouraging the participation of women in the democratic process. She always led by example and her leadership inspired more women to take the initiative.

Such was the impact that Inyumba had on our people, so great the place she held in our hearts that when President Paul Kagame eulogized “Today we bid goodbye to her body, but her work and legacy shall forever remain within us”, it brought a tear to the eye of every Rwandan, in the country and across the world.

Refugee – Leader – Minister – Legend,  A Voyage through the life of our late Inyumba Aloisea

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Among the distinguished guests paid their last respects were Jeannette Kagame – the first lady and close friend, whom Inyumba had accompanied on various state missions outside the country; Minister Protais Musoni and President Ellen Sirleaf of Liberia who expressed her condolences to the family and described Inyumba as the “Gallant Daughter of Africa”.

Refugee – Leader – Minister – Legend,  A Voyage through the life of our late Inyumba Aloisea

 

 

 

 

 

 

 

 

But I shall not burden you with more details of her death, for the time for mourning shall pass; but a life of selfless service will continue to inspire and embolden us to emulate the legend that was Inyumba.

 

 

 

 

Nyamasheke: Abakorera mu karere bose bahagurukiye gutanga serivise nziza

$
0
0

Abakorera mu karere boseInzego zitandukanye zikorera mu karere ka Nyamasheke, zaba iza leta n’iz’abikorera ziratangaza ko zigiye kunoza imikorere hagamijwe gutanga serivise nziza. Ibi byemeranyijwe n’abatanga serivise batandukanye bo mu karere ka Nyamasheke mu nama yabahuje kuri uyu wa gatatu, tariki ya 12/12/2012.

Izi nzego zitandukanye zirimo iz’ubuyobozi bwite bwa leta, amabanki, amahoteri n’ama-restaurant akorera mu karere ka Nyamasheke basuzumaga imitangire ya serivise baha ababagana hagamijwe kuzamura imyumvire ndetse no gushyiraho uburyo bufatika serivise zitangirwa muri aka karere zarushaho kunyura abazihabwa.

Iyi nama ibaye mu gihe u Rwanda rwose ruri muri gahunda y’ubukangurambaga bw’umwihariko bwo gutanga serivise nziza.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste atangaza ko hari icyizere cy’uko serivise zitangirwa muri aka karere zigiye kwishimirwa n’abazihabwa kurushaho kuko abitabiriye inama bemeranyije ko bagiye kubikangurira abo bahagarariye.

Urwego rw’abikorera rukomeza gutungwa agatoki mu gutanga serivise zidahwitse ku buryo imibare imaze iminsi ishyizwe ahagaragara yerekanye ko ikigero cya serivise nziza zitangwa n’uru rwego zigera kuri 51%. Iki kigero kikaba kiri hasi ugereranyije n’Urwego rufatwa ku isonga mu rugamba rw’iterambere.

Umunyamabanga uhoraho w’Urugaga rw’Abikorera mu karere ka Nyamasheke, Komezusenge Naason avuga ko iki kigereranyo giteye isoni uru rwego ari na yo mpamvu ngo bagiye gukaza ingamba zo kunoza serivise zirimo inama nsuzumamikorere ndetse no gucyaha abakozi batanga serivise mbi.

Iyi nama igamije kunoza serivise zitangirwa mu karere ka Nyamasheke iri muri gahunda y’ubukangurambaga budasanzwe bw’amezi atatu bugamije gutanga serivise nziza. Iyi nama kandi ibaye nyuma y’uko tariki ya 27 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo, Minisitiri w’Intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi yategetse inzego zose kurushaho kunoza imitangire ya serivise.

Abayobobozi n’abakozi mu nzego zitandukanye zitangirwamo serivise bakaba bambariye urugamba rwo kunoza serivise batanga.

Ubushakashatsi butandukanye bwerekana ko gutanga serivise nziza harimo no kwakira neza abasaba serivise ari wo musemburo w’ibanze w’iterambere rirambye. Mu Rwanda, hakaba hagikenewe imbaraga mu kuzamura imitangire ya serivise haba mu nzego za leta n’iz’abikorera.

 

 

 

Isange One Stop Center a solution to GBV

$
0
0

Isange One Stop CenterIsange One Stop Center, with the word Isange has tremendously helped address Gender Based Violence cases in the country.

The Center which operates under the Police Hospital in Kacyiru was established in 2009 by the Rwanda National Police (RNP) in partnership with Imbuto Foundation and the United Nations (UN).

It provides medical, legal and psycho-social services such as counseling to victims of Gender Based Violence (GBV), provide free services for survivors of child domestic abuse and Gender-Based Violence (GBV).

The Director of Police Hospital, ACP Dr. Daniel Nyamwasa said that the hospital provides free medical-legal services to victims of child domestic abuse and Gender Based Violence.

The Police hospital further disclosed that it has embarked on partnering with other hospitals so the issue of GBV can be collectively handled.

“Last year we trained doctors from different Hospitals across the country, to raise awareness on GBV,” said Nyamwasa explaining that the intention is to ensure that GBV is holistically addressed.

He noted that plans are also underway to decentralize the One-Stop Center to all districts in the country such that they can get closer to the community as well reach out to a number of victims receiving the services, thus increasing the resilience of the victims and their families.

He disclosed that in bid to expand the hospital’s services, Rwanda National Police is building a fifty-roomed modern structure which is expected to have fifteen laboratories.

Nyamwasa added that the new building which will be fully capacitated with lots of medical equipment will by all means help to address the vice.

In an effort to sustainably address GBV, Rwanda National Police in partnership with Care International trained about 2319, all members of Community Policing Committees those from Anti- GBV clubs in Nyanza District recently.

 

Nyaruguru district: Development partners trained on gender equality

$
0
0

Nyaruguru district

40 staff working for a number of development and social welfare-related projects in Nyaruguru district, Southern Rwanda, on Wednesday ended a two-day training workshop on how to make their projects as gender sensitive as possible.

The workshop, under the auspices of UN Women, Nyaruguru district’s Joint Action Development Forum (JADF) and Rwanda’s Gender Monitoring Office (GMO), comes as an eye-opener, some of the participants uphold.

One of them is Espérance Munganyinka, an Assistant Project Officer at “Igiti cy’Ubugingo” (or, literally, the “tree of life”), a Butare Catholic Diocese-funded NGO dealing with counseling HIV/AIDS-positive people and assisting widows in the districts of Nyaruguru, Huye and Gisagara.

“I have learnt how to give our beneficiaries equal opportunities, men and women alike. But I used to favor men especially when it comes to cooperatives by giving much value to their physical strength”, said Munganyinka.

“That mentality is no more. I will be making sure that the number of participants is gender sensitive by incorporating as many women as a way of empowering them as well”, Munganyinka added.

And the change of that “mentality”, it seems, is what has been driving organizers of this training workshop.

“The purpose is to train our partners in a bid to have the same understanding of gender concept”, said Fabien Niyitegeka, Nyaruguru district’s Deputy Mayor in charge of Finance, Economy and Development and JADF’s Vice President in the district.

In 2011, the same training workshop took place in Nyaruguru district. And its repeat for another partners’ intake this year around, kind of depicts the district’s interest to keep enhancing the knowledge on gender issues to better serve the local population.

Meanwhile, some media reports already rank Rwanda as a model of gender equality in the world, partly because of its highest number of women MPs in the world and how women are represented from the grassroots upwards. One headline goes a step further to read as follows: “Rwanda: The Land of Gender Equality?”

 

 

 

 

“Nidushimira tujye tubanza Imana dukurikizeho FPR” – Umukecuru Candari

$
0
0

Nidushimira tujye tubanzaUmukecuru witwa Candari wo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, avuga ko mu gihe abanyarwanda bashimira bakwiye kujya babanza Imana bagakurikizaho umuryango wa FPR kubera ibyiza wakoreye Abanyarwanda.

Agira ati “Dukwiye kubanza gushimira Imana yaremye abatekereje gutangiza umuryango wa FPR ikanabaha icyerekezo gihamye bahaye uwo muryango kugeza ubwo ukora ibitanngaza nk’ibyo wakoreye Abanyarwanda”

Uwo mukecuru w’imyaka ikabakaba muri 60 ugereranyije avuga ko ashimira FPR by’umwihariko kubera ko abanyamuryango b’uwo muryango bamwubakiye inzu kandi yari amaze igihe kinini acumbika mu baturanyi n’abagiraneza.

Candari afite ubumuga ku birenge, kandi ngo nta n’ubundi bufasha afite bwari gutuma abasha kwigondera inzu, none Imana yakoreye mu banyamuryango ba FPR bamwubakira inzu nk’uko abivuga.

Uyu mukecuru atanga ubutumwa bw’ihumure ku bantu bihebye akavuga ko aho u Rwanda rugana ari heza. Ati “Abayobozi bacu ntacyo badakora ngo badushakire ibyiza, ntabwo twahita dusubirizwa icyarimwe twese ariko bigaragara ko twese ibyiza bizatugeraho”

Candari avuga ko yari acumbikiwe n’umuturanyi we, akaba ngo yari anamutunze ku buryo bugaragara kuko yamuhaga hafi buri kintu cyose akeneye. Asaba abanyamuryango ba FPR n’Abanyarwanda muri rusange kugira umutima wita ku bababaye kuko ari byo byahesha agaciro nyako umunyarwanda.

Uyu mukecuru avuga ko inzu yubakiwe n’urubyiruko rwa FPR mu murenge wa Nyamirama yamushimishije cyane, akaba ari naho ahera avuga ko kuba umunyamuryango wa FPR atari ukubyirata no kubiririmba aho umuntu ari hose, ahubwo ngo ni ukurangwa n’ibikorwa bigamije iterambere ry’Abanyarwanda bose.

 

 

 


Fatuma Ndangiza arashimira JADF y’akarere ka Bugesera kubera ibikorwa bifatika by’iterambere ikagejejeho

$
0
0

 

Bamwe mu bafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Bugesera JADF

Bamwe mu bafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Bugesera JADF

Umuyobozi wungirije w’ikigo gishinzwe imiyoborere Ambasaderi Fatuma Ndangiza arashimira uruhare abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Bugesera JADF bagize mu kugeza ako karere ku bikorwa bifatika by’iterambere.

Ibyo yabitangarije mu nama igamije gusuzuma uruhare rwa JADF muri gahunda y’imyaka 5 y’iterambere ry’ako karere, yabereye i Nyamata mu karere ka Bugesera kuri uyu wa 12/12/2012.

Yagize ati “akarere ka Bugesera gafitanye imikorere myiza na JADF, iyi mikoranire nikomeza gutyo akarere kazarushaho gutera imbere”.

Muri iyi nama umuyobozi wungirije w’akarere ka Bugesera ushinzwe ubukungu Rukundo Julius ari na we vice-perezida w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa, yagaragaje zimwe muri gahunda ako karere kihaye kugeraho mu myaka 5 iri imbere, ari na ko agaragaza zimwe mu nzitizi zishobora kubangamira igerwaho ry’izo gahunda.

Ati “ izo gahunda ziromo guhuza ubutaka, kuvugurura imihingire aho isuka igasimburwa n’imashini, kongera ubuso bw’ibishanga buhingwa, gushyiraho inganda zicirirtse zizongerera umusaruro agaciro, kugeza amashanyarazi henshi, kongerera ubushobozi inzego z’ibanze mu bijyanye n’ikoranabuhanga, kongera amazi meza, kuko hari abakinywa amazi y’ibiyaga”.

Rukundo Julius avuga ko ari zimwe muri gahunda zimirijwe imbere mu myaka 5, ubuyobozi bw’akarere busaba abafatanyabikorwa ngo bazagire mo uruhare rufatika.

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Rwagaju Louis yavuze ko n’ubwo hari byinshi abo bafatanyabikorwa bagezeho, ngo urugendo ruracyasaba intambwe iratuye.

Ati “ nubwo hari byinshi twishimira ko tumaze kugeraho, ariko nibyo dukeneye nibyinshi haba mu bukungu, mu bikorwa remezo, mu buzima, mu mibereho y’abaturage. Urugendo ruracyari rurerure kugirango tugere ku mibereho myiza twifuza”.

Rukundo Julius vice-perezida w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa

Rukundo Julius vice-perezida w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa

Abo bafatanyabikorwa na bo bavuze ko biteguye kuko n’ubundi ngo ni inshingano bamenyereye zo gukorera hamwe mu guteza imbere ako karere nk’uko bitangazwa na Byamungu Félix umwe mu bakuriye ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu karere ka Bugesera.

Ihuriro ry’abafatanyabikorwa muri iyi nama ryahaye umuyobozi w’akarere ka Bugesera igikombe kubera imikoranire myiza hagati y’ubuyobozi bw’akarere n’iryo huriro.

Ihuriro ry’abafatanyabikorwa ryagiyeho mu mwaka wa 2007 kugira ngo ribe urubuga ruhurirwamo n’uturere n’imirenge n’abafatanyabikorwa bagamije gukorera hamwe, guhuza imbaraga, guhanahana amakuru no kwirinda gukorera mu kajagari.

 

 

 

 

President Paul Kagame & Jeannette Kagame – The First Couple of Rwanda

$
0
0

Also featuring Ivan Kagame, Ange Kagame, Ian and Brian

President Paul Kagame, at an RPF rally

President Paul Kagame, at an RPF rally

President Paul Kagame

President Kagame was born on October 1957 in the Gitarama Prefecture. His parents Deogratius and Austeria Rutagambwa hail from Central Rwanda. However the massacre of the 1960s forced the family to leave Rwanda and become a refugee in Uganda. It is here that President Paul Kagame completed his primary and secondary education. He was a founding member of the Ugandan National Liberation Army along with Yoweri Kaguta Musuveni (President of Uganda) that successfully overthrew the tyrannous and treacherous rule of Idi Amin. From 1980 to 1990, President Kagame served as an officer in the UNLA.

In 1990, President Paul Kagame graduated from a Staff and Command course at Fort Lavenworth in Kansas, USA.  Shortly after, President Kagame returned to Africa to lead the Rwandan Patriotic Army (RPA). After spending over 34 years in exile, President Kagame finally returned to his homeland –Rwanda in 1994.

His efforts immediately ended the tragic genocide which claimed the lives of nearly a million Rwandans and he received a heroic welcome back to his homeland.

In July of the same year, he was appointed as the Vice President of Rwanda and Minister for Defence in President Pasteur Bizimungu’s Government of National Unity. Later in 1998, he was elected the Chairman of the Rwandan Patriotic Front.

He first assumed the office of the President of Rwanda on April 17th, 2000 through a unanimous election by the transitional assembly. He has since been re-elected to the 7 year Presidential term twice – in the elections of 2003 and again in 2010.

President Paul Kagame holds a diploma in Professional Management and Business Studies from the Open University of London, U.K.

He is the recipient of multiple accolades including Honorary Doctorates from the Vellore Institute of Technology, India and the Oklahoma Christian University, USA. He has also been awarded the Andrew Young Medal for Social Progress, the African National Achievement award, the ICT Africa Award and an Honorary Degree by the University of the Pacific, USA.

The President is a tennis and football fan and chief benefactor of the Kagame Interclub Cup (CECAFA Club Cup) that is contested by clubs from East and Central Africa and has in recent years been instrumental in promoting football in the continent.

Life of President Paul Kagame

The First Lady – Jeannette Kagame

Jeannette Kagame, the First Lady of Rwanda was born as Jeannette Nyiramongi on 10th August, 1962. She returned with her husband President Kagame to Rwanda following the tragic genocide of 1994.

As the First Lady, She is a major well wisher of the Organization of African First Ladies against HIV/AIDS (OALFA) in 2002 and served as its president from 2004 to 2006.

She has also been involved in a variety of charitable organizations in the country including those benefiting HIV patients, widows, orphans and the underprivileged. She hosted the First Ladies Summit on Children and HIV prevention in Kigali in May 2001. In addition, she is on the board of directors for several organizations that empower the poor, create awareness and promote education and health. These include the Friends of the Global Fund Africa and the Global Coalition of Women against HIV.

 

The First Couple of Rwanda

It was during his years of hardship and exile that President Paul Kagame met Jeannette Nyiramongi. The meeting had been arranged by their relatives. Jeannette Kagame already held great respect for President Paul Kagame as she was familiar with the RPF’s work to topple the treacherous regimes in Africa. The President journeyed to Nairobi in Kenya (where Jeannette Kagame used to live) and persuaded her to travel to Uganda to meet him again. The now President Paul Kagame and First Lady of Rwanda – Jeannette Nyiramongi were married on June 10th, 1989. The First Lady adopted her husband’s sir name and became Jeannette Nyiramongi Kagame, referred commonly as Jeannette Kagame. The couple share an interest in serving the people and have been happily married and deeply devoted to each other.

President Paul Kagame & Jeannette Kagame

President Paul Kagame and the First Lady of Rwanda Jeannette Kagame at a UNICEF function

The Kagame Family

President Kagame and Jeannette Kagame started a family of their own in 1990 with the birth of their first child Cyomoro Ivan Kagame. They now have four children – three sons and a daughter.

Besides President Kagame and the First Lady, their family includes Ivan Kagame also Yvan kagame or Cyomoro Kagame; their only daughter Ange Kagame, Ian and Brian.

Although both Ivan and Ange, the eldest of President Kagame’s kids were educated abroad; the Kagame family always enjoys spending time with each other and share a strong bond. President Paul Kagame’s children also participated actively during the 2010 Rwanda presidential elections and helped their father win a landslide victory.

President Paul Kagame, Cyomoro Ivan Kagame, the First Lady Jeannette Nyiramongi Kagame and Ange Kagame(T)

The Kagame Family at an RPF rally, L-R: President Paul Kagame, Cyomoro Ivan Kagame, the First Lady Jeannette Nyiramongi Kagame and Ange Kagame

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Ivan Kagame

Is the eldest of President Paul Kagame’s sons. He was educated abroad due to security and privacy concerns.

On being of legal age, he joined the Rwanda Defense Forces (RDF). He was later enrolled to the West Point Academy in USA and returned to Rwanda after graduating the same.

As a child he was influenced by his mother and continues in her footsteps to participate in various charity and welfare events.

Ange Kagame (left), President Paul Kagame (Centre) and Cyomoro Ivan Kagame(T)

Ange Kagame (left), President Paul Kagame (Centre) and Cyomoro Ivan Kagame (right)

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Ange Kagame

Is President Paul Kagame’s second child and only daughter. As President Kagame’s daughter, she completed her education abroad for security and privacy reasons.

Like her mother, she is passionate about social service and campaigns for several causes including Women Empowerment, Education and Poverty Eradication.

Ange Kagame

Ange Kagame

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Ian & Brian

Are the youngest of President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame’s children. They both study at the Eaglebrook Junior Boarding School for boys.

 

An Editorial by Andrew Obeki

KARONGI : Abanyeshuli bari mu itorero barasanga ribafasha kuba umwe

$
0
0

Abanyeshuli bari mu itorero barasanga ribafasha kuba umwe

Yamfashije Phenias, Intore ya Bwishyura, Karongi ati na America

yatejwe imbere nuko abaturage bayo babaye umwe

 

Nyuma y’ibyumweru bibili n’iminsi itatu bamaze mu itorero ku ishuli rya TTC Rubengera mu karere ka Karongi, abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye barahamya ko ibyo bize mu itorero ari ingirakamaro ku buzima bw’igihugu bw’ejo hazaza.

Yamfashije Phenias akuriye intore zo mu murenge wa Bwisbyura. Aremeza ko itorero ari isoko yo guhuriza hamwe nk’abanyarwanda bakarushaho kumenya ibibahuza bityo bakabyubakiraho igihugu kitajegajega nk’uko abisobanura muri aya magambo:

Twabonye ko n’ibihugu byinshi nk’America kugira ngo kibe igihugu gikomeye ku isi, nuko leta nyinshi zihuje zikaba imwe, none ubu America irasa nk’aho ari yo iyoboye isi kubera ubufatanye hagati y’abaturage b’izo leta. Natwe rero nk’abanya-Rwanda twakuyemo isomo ryo kuba umwe hanyuma natwe tukaba kimwe mu bihugu biteye imbere kuri iyi si.

Uwimbabazi Angelique, nawe arangije amashuli yisumbuye; ari kumwe na bagenzi be mu itorero ririmo kubera mu murenge wa Rubengera. Uwimbabazi we ngo kimwe mu by’ingenzi avanye mu itorero nuko hakiri abanya-Rwanda benshi batarumva akamaro ko gutanga serivisi nziza kandi neza. Bityo akaba asanga nk’intore afite umurimo ukomeye umutegereje. Arabisobanura agira ati:

Twasobanuriwe ko gutanga serivisi nabi birimu bidindiza iterambere, bityo rero tugomba gushyiraho akacu mu guhindura imyumvire ituma abantu badatanga serivisi nziza, kandi tukanafasha mu kugaragaza ububi bwa ruswa kuko igira ingaruka mbi ari ku bayitanga ndetse n’abayakira.

Itorero ry’abanyeshuli barangije umwaka wa gatandatu w’amashuli yisumbuye, mu karere ka Karongi rirabera ku ishuli nderabarezi rya TTC Rubengera. Rihuje abanyeshuli baturutse mu mirenge itandukanye y’akarere ka Karongi, aho barimo guhabwa amasomo y’umuco mboneragihugu n’izindi ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Biteganyijwe ko rizarangira tariki 16 Ukuboza 2012.

 

 

 

Gakenke: Barasabwa gutanga amakuru ajyanye n’ibiza hakiri kare

$
0
0

Barasabwa gutanga amakuru ajyanye n’ibiza hakiri kare

Abakozi bashinzwe imibereho myiza n’abagoronome b’imirenge mu mahugurwa ya MIDIMAR.

 Abakozi bashinzwe imibereho myiza n’abagoronome b’imirenge barasabwa guhanahana amakuru na Minisiteri yo gucunga ibiza n’impunzi (MIDIMAR) hakiri kare kugira ngo ibiza bishobora kuba byakumirwa.

Ibi  umukozi wa MIDIMAR yabigarutseho  mu mahugurwa y’iminsi ibiri yabereye mu Karere ka Gakenke.

Asobanura ko ari byiza gutanga amakuru hakiri kare ku bintu bishobora guteza ibiza, aho gutanga amakuru y’ibyangijwe n’ibiza n’abo byahitanye. Ariko,  ngo amakuru atangiwe ku  gihe,  ibyo biza  bishobora gukumirwa.

Mu minsi ishize, mu bice bitandukanye by’igihugu habaye ibiza byatewe n’imvura nyinshi ndetse n’imiyaga yasenye amazu, byangiza imyaka ndetse biranahitana abantu.

Ngo ibiza kenshi na kenshi ni abantu babyitera biturutse ku myubakire y’ahantu hahanamye n’inzu zitagira umusingi w’amabuye, amabati n’igisenge bitaziritse ku buryo bukomeye.

Abashinzwe imyubakire  ku mirenge barasabwa gukangurira abaturage kubaka inzu zikomeye mu rwego rwo kwirinda ibiza byabambura ubuzima n’imitungo yabo igatikira.

Abitabiriye  amahugurwa basobanuriwe  ibitera inkuba, basabwa gusobanurira abaturage kugira ngo birinde inkuba mu gihe imvura irimo kugwa.

Mu mezi atatu ashize, abana babiri bari ku ishuri bakubiswe n’inkuba mu Murenge wa Busengo, umwe ahita yitaba Imana.

Akarere ka Gakenke ni kamwe mu turere twibasiwe n’ibiza mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka aho byahitanye abantu batatu, amazu 225 arangirika.

 

 

 

Muhanga: abaturage baragira inama FPR kunoza imikorere yayo ngo barusheho kuyikunda

$
0
0

abaturage baragira inama FPR kunoza imikorere yayo ngo barusheho kuyikunda

Mu gihe Umuryango wa FPR inkotanyi witegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umaze ushinzwe, bamwe mu batuye akarere ka Muhanga barawugira inama yo kunoza imikorere yawo kugirango barusheho kuwukunda no gukunda ubukegetsi bwawo.

Aba baturage biganjemo abafite ibikorwa biciriritse baratangaza ko hari byinshi leta ya FPR yabagejejeho kuva yajyaho nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994. Ibyo abanshi bagarukaho akaba ari ibyo batigeze bahabwa ku marepubulika ya mbere.

Uwitwa Yozefa Mutungirehe avuga ko yabonye itandukaniro muri leta ya FPR na leta zindi. Ati: “FPR yazanye udushya mu Rwanda, abaturage baratunga bagira amahoro, nta na rimwe ndabona mu Rwanda hari umutekano nk’uku nta bagicibwa amashu (gucibwa imitwe) nka cyera”.

Undi nawe witwa Murekatete wo mu murenge wa Shyogwe ati: “Mutuelle nibo bayizanye, nta misanzu nk’iya muvoma baduca kuko cyera baducaga imisanzu y’ishyaka kandi tutaribamo, nako ngo buri munyarwanda yavukaga ari muri muvoma ariko ubu nta kibazo kirimo”.

Ibindi bikorwa aba baturage bagenda bagarukaho akaba ari nko kubakira abatishoboye, guteza imbere uburezi cyane ko mbere habaga abemerwaga kwiga abandi bagahezwa mu mashuri muri gahunda y’iringaniza.

Aba baturage bo muri aka karere bakaba basaba uyu muryango uri kwitegura kwizihiza imyaka 25 ushinzwe ko wabanza ukareba ibitari kugenda ku ngoma yawo kuko aribyo bizatuma barushaho kuwukunda no kuwibonamo.

Icyo bagiye bagarukaho cyane akaba ari ikibazo cy’imisoro yiyongereye, aho bavuga ko hari abantu basoreshwa amafaranga menshi babona adahwanye n’ibikorwa byabo cyangwa n’inyungu babonamo.

Umwe mu bamotari bakorera mu mujyi w’aka karere avuga ko imisoro bakwa ari imirengera. Ati: “mpuye na Nyakubahwa umukuru w’ihugu, ikintu cya mbere namugezaho ni ukutugabanyiriza imisoro kuko nkatwe moto zikora taxi, iyo uyiguze usora ihumbi 75, hagashira ukwaka udasora noneho indi mwaka ikurikiye buri mezi atatu ugatangira gusora ibihumbi 18. Aya mafaranga ni menshi kuburyo mutakumva sinzi niba na perezida aziko bibaho”.

Ikindi bagarukaho ngo ni ruswa ikigaragara mu bantu bamwe na bamwe kandi leta igerageza kuyirwanya. Aha bakaba bagaruka ku bapolisi bo mu muhanda. Umwe mu bamotari utifuje ko izina rye rigaragara ati: “umupolisi hari ubwo aza yambaye sivile, yarangiza akakwereka ibya ngombwa ko ari umupolisi akakwigiza ku ruhande akakubwira ko ufite ikosa akubaza amafaranga ufite ngo akubabarire”.

Bakaba bavuga ko iri shyaka riri kubutegetsi niriramuka rishoboye gukemura ibi bibazo kimwe n’inindi bikigaragara bibangamiye abaturage, ngo nta kuntu ritazakundwa na buri mu nyarwanda kandi ribashe kuramba ku butegetsi.

Umuryango wa FPR inkotanyi, uzizihiza isabukuru y’imyaka 25 uvutse ku ya 20/12/2012. washinzwe mu mwaka  w’1987, ujya ku butegetsi mu mwaka w’1994 ubwo wahagarikaga jenoside yakorewe abatutsi.

 

 

 

Viewing all 3792 articles
Browse latest View live