Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3792 articles
Browse latest View live

Rwanda : FPR yatumye bahindura imitekerereze ibaha inyota yo kwiteza imbere no kwihesha agaciro

$
0
0

FPR yatumye bahindura imitekerereze ibaha inyota yo kwiteza imbere no kwihesha agaciro

Abanyamuryango ba FPR –Inkotanyi mu Bugesera bari babukereye

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu karere ka Bugesera baravuga ko imyaka 25 umuryango FPR- Inkotanyi umaze uvutse, bishimira ko muri iyo myaka umaze watumye bahindura imitekerereze y’Umunyarwanda bigatuma ahora afite inyota yo kwiteza imbere no kwihesha agaciro.

Ibyo abanyamuryango bakaba barabitangaje ku 23/7/2012, ubwo bari mu mikino yageze ku rwego rw’akarere ka Bugesera itegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR- Inkotanyi umaze uvutse.

Ndashimye Emmanuel umwe mu banyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Bugesera avuga ko hari byinshi Umuryango FPR-Inkotanyi wagezeho, kandi byishimirwa n’abanyamuryango, iby’ingenzi akaba ari uko imitekerereze y’umunyarwanda yahindutse, kuri ubu akaba ahora ashaka kwiteza imbere no kwikemurira ibibazo.

Chairman w’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Bugesera Rwagaju Louis yagize ati “imikino yo ku rushanwa n’ibindi byakozwe ari uburyo bwo kwishimira intambwe iratuye abanyamuryango bateye bava mu bukene bagana ku bukire, ariko na none ni uburyo bwo gufata ingamba mu gukomeza iyo nzira igana imbere”.

Mu mikino y’umupira w’amaguru wahuje umurenge wa Nyamta n’uwa Ruhuha, Umurenge wa Nyamata ni wo wegukanye insinzi, maze uhabwa igikombe ariko ukazajya no ku rushanwa ku rwego rw’intara y’iburasirazuba mu ntangiriro z’ukwezi gutaha.

Uretse umukino w’umupira w’amaguru wabaye, hanabayeho gusiganwa ku magare, gusiganwa ku maguru, ku rushanwa mu nganzo z’indirimbo n’imivugo, byagiye bihuza imirenge biturutse mu tugari. Hanagiye habaho gahunda zo korozanya amatungo abaturage batishoboye.

  

 

 


RWANDA | GISAGARA: HASHYIZWEHO GAHUNDA NSHYA YO KURWANYA IBIYOBYABWENGE

$
0
0

Kugirango habashe kurwanywa ibiyobyabwenge mu baturage no mu rubyiruko ku buryo bwihariye, akarere ka Gisagara kamaze kwishyiriraho gahunda yiswe IJISHO RY’UMUTURANYI izajya ikoreshwa hatangwa amakuru kuri iki kibazo hagati y’abayobozi, inzego z’umutekano n’abaturage, kugirango kibashe kurandurwa burundu.

HASHYIZWEHO GAHUNDA NSHYA YO KURWANYA IBIYOBYABWENGE

Inzego zitandukanye zirimo iz’uburezi ndetse n’izishinzwe umutekano zivuga ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge kiri mu bikomeye ku rubyiruko rw’u Rwanda by’umwihariko urw’akarere ka Gisagara, ariyo mpamvu buri muntu wese akwiye guhagurukira kubirwanya, hatangwa amakuru ku ba binywa, ababicuruza ndetse n’ababihinga.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara bwana Léandre KAREKEZI arasaba inzego zose z’ubuyobozi n’uburezi  kugira iki igikorwa icyabo bakareba aho ibiyobyabwenge bituruka kandi ntibatinye kubitangaho amakuru kuko ikigamijwe cyane ari ukubigisha no kubakosora atari uguhana nk’uko bamwe babitekereza ugasanga bimanye amakuru y’ibibi biri gukorwa. Bwana Léandre KAREKEZI yagize ati

”Ibiyobyabwenge ni ikibazo kibangamiye umuryango nyarwanda kandi bikorerwa mu ngo iwacu no mu baturanyi bacu. Tube intwari dufatanye kubirwanya tubitangaho amakuru  ku gihe, kugira ngo duhe uburere bwiza urubyiruko rubinywa tubikumire hakiri kare kuko igiti kigororwa kikiri gito.”

Umuyobozi wa Polisi mu Karere Supt NDAYAMBAJE avuga ko ibiyobyabwenge bikunze kugaragara muri Gisagara ari ibyiganjemo inzoga z’inkorano zizwi ku izina rya nyirantare, mukubite umwice n’urumogi.

Yavuze ko inzego z’ibanze zikwiye kubigiramo uruhare rukomeye mu kubirwanya kuko byose bikorerwa hasi mu baturage kandi ugasanga bagenzi babo baba babizi ariko bakanga kubivuga ngo  batiteranya cyangwa ugasanga abayobozi bo mu nzego z’ibanze barya ruswa bityo ibintu bigakomeza guhishirwa bikanavamo ibindi bibi, kuko ngo iyo abaturage bamaze gusinda nibwobarwana bagakomeretsanya, hakabaho gufata ku ngufu n’ihohoterwa ry’uburyo bwinshi. Avuga ko umunyarwanda wese ukunda igihugu cye akwiye kugira uruhare mu kurwanya iki kibazo.

Madamu MUKAGAHIMA  Speciose intumwa ya Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga asobanura ko hari igitabo kigizwe n’ibice bitatu kizifashishwa mu gukangurira abaturage kureba bakamenya ibiyobyabwenge kandi bakabitangaho amakuru ku gihe.

Arasaba kandi abayobozi b’ibigo by’amashuri kuba maso kuko bimaze kugera no mu bana bato, hamwe na hamwe ngo bageze ku rwego rwo kubyitera mu mitsi.  Asaba kandi nanone abayobozi b’amadini n’amatorero kubigiramo uruhare runini bagahindura imbaga nyamwinshi y’abanywa ibiyobyabwenge kuko ubushakashatsi bwerekana ko ari imwe mu nzira ya bugufi kandi yizewe yafasha mu kubirandura.

Madamu MUKAGAHIMA aragira ati “Dufatanye twese, ariko kandi izi nzego zitandukanye zirimo uburezi, amatorero n’amadini zibasha kugera kubantu benshi ni zishyiremo imbaraga turandure burundu ibiyobyabwenge”

Muri aka karere kandi hamaze no gushyirwaho komite izafasha mu kurwanya ibiyobyabwenge  no kumenyekanisha gahunda y’ijisho ry’umuturanyi mu baturage.

 

 

 

Rwanda : Njyanama y’akarere ka Kirehe yize ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo 2012-2013

$
0
0

NyaruguruDist

Kuri uyu wa 21/09/2012 inama njyanama y’akarere ka Kirehe yateranye, ikaba  yararebeye hamwe ingengabihe y’imihigo umwaka wa 2012,2013 n’uburyo izashyirwa mu bikorwa

Perezida wa njyanama y’akarere ka kirehe Rwagasana Erneste akaba avuga ko ibi biri mu bizatuma aka karere kabasha kugera ku mihigo kahize akomeza avuga ko barebaga uburyo za komisiyo za njyanama zikora mu rwego rwo kurushaho kunoza imikorere ya njyanama.

Uyu muyobozi wa njyanama y’akarere ka Kirehe akaba akomeza avuga uburyo aka karere ka Kirehe bagiye guhashya indwara zituruka ku mirire mibi zishobora kuhaboneka dore ko aka karere kari mu turere tweza , kakaba kadakunze kugaragaramo ikibazo cy’inzara,uyu muyobozi wa njyanama y’akarere akaba avuga ko kuba aka karere gakunze kweza hatakagombye kugaragara indwara zituruka ku mirire mibi.

Mu nama njyanama y’akarere ka Kirehe abajyanama bafashe n’umwanzuro w’uko bazajya batumira inama njyanama babanje kumenyesha abaturage igihe,izabera kugira ngo nabo abashoboye bajye baza gukurikirana ibikorwa bya njyanama bityo bakaba bakwibuka no gutuma abajyanama bahagarariye imirenge ibibazo bafite mu buryo bworoshye.

   

 

 

Rwanda | Ruhango: kutubakira abatishoboye biri mu byatumye aka karere katesa neza imihigo kari kiyemeje

$
0
0

kutubakira abatishoboye biri mu byatumye aka karere katesa neza imihigo kari kiyemeje

Kbakiraboye byatumye aka karere kataza mu myanya 5 ya mbere kashakaga

Kubakira abatishoboye, kugeza amashanyarazi mu baturage, kubaka imihanda n’isoko rya Kijyambere, ibi ni imwe mu mihigo akarere ka Ruhango, kari kiyemeje kuzesa mu mihigo y’umwaka wa 2011-2012.

Ibi ariko byose akarere ntikabigezeho nk’uko kari kabyiyemeje, bityo mu isuzuma ry’imihigo ryakorewe aka karere, bituma kaza kumwanya katashakaga; nk’uko bitangazwa na Mbabazi Francois Xavier umuyobozi w’akarere ka Ruhango.

Mbabazi avuga ko impamvu yatumye badindira mu kubakira abatishoboye, ngo byatewe n’imvura yaguye ari nyinshi mu kwezi kwa Gicurasi 2012, kuko ngo yaguye ari nyinshi bituma ibyo biyemeje bindindira.

Kubijyanye no kugeza amashanyarazi ku baturage ndetse no kubaka imihanda, ngo byatewe n’uko abafatanya bikorwa batinze gutanga inkunga zabo, bityo hagakorwa isuzumwa ry’imihigo ntacyiragerwaho.

kutubakira abatishoboye biri mu byatumye aka karere katesa neza imihigo kari kiyemeje 2

Imihanda y’aka karere yagaragweho kudindira

Naho isoko ryo byatewe n’uko, ikigo cy’igihugu cya RDCF gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by’iterambere mu turere, cyatinze gutanga amafaranga yaryo yari yagenewe kubaka iri soko rya Kijyambere.

Gusa umuyobozi w’aka karere Mbabazi Francois Xavier, avuga ko batigeza bacika intege, kuko ngo biteguye gukorana imbaraga zishoboka kugirango noneho bazaze mu turere 5 twa mbere.

Yagize ati “ubu twashyizeho isuzuma rihoraho muri buri murenge, kuburyo umunsi ku wundi tuzajya tumenya uko bihagaze, ndetse tuzanashyiraho amatsinda azajya anadufasha gukurikirana ibikorwa tuba twiyemeje”

Indi ngamba aka karere kafashe izagafasha mu kwesa imihigo kiyemeje uyu mwaka 2012-2013, ni ukwegera abafatanyabikorwa bako, bagakorana neza.

 

 

 

Rwanda : African Union supports Rwanda for UN Security Council seat

$
0
0
Luis Mushikiwabo

Luis Mushikiwabo

 

In the coming 2012 UN Security Council election which is to be held on October 18 during the 67th session of the United Nations General Assembly in New York, Rwanda expects to be voted as the African representative and it has already got support of the African Union.

“It is true Rwanda has put its bid out to occupy one of the rotating seats at the level of the UN Security Council come 2013/2014. We have received unanimous support from African countries. We began by seeking support from eastern African bloc to which Rwanda is a member, and we expect to send our application to the United Nations this year”, the Minister of foreign affairs Louise Mushikiwabo told journalists last week.

The election is scheduled on October 18 this year, and if elected, Rwanda should occupy that seat in January 2013 replacing South Africa.

Earlier this month and in the previous weeks, Rwanda has been awarded by different organizations and in different sectors for its efforts that have made significant achievements in the benefit of Rwandan citizens and in the respect of international agreements. The trend might be a boost for the country’s external votes to gaining favours for the seat; political analysts suppose.

Last month, a community-based project from Rwanda to ensure equitable access to nine years of basic, quality education and skills won the 2012 Commonwealth Education Good Practice Awards.

The country had also been awarded for its efforts in promoting adult literacy. The award was presented to Rwanda by the Nations Educational, Scientific and Cultural Organization (UNESCO). To add on these values earlier this month, Rwanda received an international award from the United Nation Environment Programme (UNEP) for its outstanding contribution to the Protection of the Ozone Layer that protects earth from harmful ultraviolet radiation from the sun.

Dr.  Agnes Kalibata, the Rwandan Minister for agriculture and animal resources has won the Yara Prize 2012 alongside with Dr. Eleni Gabre-Madhin, outgoing CEO of the Ethiopian Commodity Exchange (ECX) in Ethiopia. The two were selected as prominent African female leaders for their work on groundbreaking areas for the African Green Revolution.

Are all these signs are considered by some Nations and strong personalities as good governance despite the fact that the term good governance implies many different things in many different contexts.

 

 

 

Rwanda | Nyabihu: Ikigo cy’urubyiruko cya Karago kizakemura ibibazo bitandukanye by’urubyiruko

$
0
0

Ikigo cy’urubyiruko cya

Ikigo cy’urubyiruko cya karago kizafasha urubyiruko mu bijyanye n’umuco,imyidagaduro,imyuga n’ibindi

Hari hashize igihe kirekire akarere ka Nyabihu katagira ikigo cy’urubyiruko. Ibyo bikaba byaratumaga ibijyanye n’umuco,imyidagaduro.kwiga imyuga n’ibindi bidindira ku rubyiruko. Nyamara iki kibazo kikaba cyaramaze kubonerwa umuti kuko icyo kigo cyamaze kuboneka guhera mu kwezi kwa Kamena 2012.

Ikigo cy’urubyiruko cya1

Ikigo cya karago kigisha byinsi urubyiruko ku bijyanye n’umuco,guhindura imyumvire no guharanira iterambere rirambye

Murwanashyaka Bosco ushinzwe urubyiruko,umuco na Sport mu karere ka Nyabihu,akaba avuga ko nyuma y’aho iki kigo kibonekeye hatangiye gukorerwamo imirimo itandukanye iteza imbere urubyiruko. Iyibandwaho cyane ikaba ari ijyanye n’umuco,imyidagaduro,sport ndetse n’imyuga birushaho gutuma urubyiruko rusabana ndetse rukanungurana ibitekerezo ku ngingo zimwe na zimwe ziruteza imbere. Mu muco kandi urubyiruko rutoranya insanganyamatsiko,rukayikoraho ibiganiro mpaka,rukigiramo byinshi cyanhe ku birebana n’umuco wa kera n’uw’ubu.

Uretse ibyo bikorwa byose bikorerwamo bizamura ubumenyi bw’urubyiruko n’imyumvire yarwo,muri iki kigo ngo hateguwe n’ahazigirwa imyuga itandukanye. Iyi myuga ikazafasha cyane cyane urubyiruko rutagize amahirwe yo kujya mu ishuri,bityo rukiga ubumenyi ngiro buzarufasha kwibeshaho mu buzima buri imbere rwiyubakira ejo hazaza.

Ikigo cy’urubyiruko cya2

Uretse iby’umuco,sport,imyuga n’imyidagaduro iki kigo cy’urubyiruko cya Karago kizanashyirwamo n’ibyuma by’ikoranabuhanga bizigishwa urubyiruko  bityo bikarufasha ku isoko ry’umurimo

Murwanashyaka Bosco,ufite urubyiruko,umuco na Sport mu nshingano ze mu karere ka Nyabihu,akaba ahamagarira urubyiruko kwitabira icyo kigo cyarushiriweho kugira ngo rukibyaze umusaruro kandi kirufashe kwiteza imbere binyuze mu mirimo itandukanye igikorerwamo.

Murwanashyaka yongeraho ko mu gihe kiri imbere iki kigo kigiye kuzanashyirwamo ibyuma bijyanye n’ikoranabuhanga aho urubyiruko ruzigishwa kubikoresha bityo bikazarufasha kwigirira akamaro mu buzima bwo hanze ku isoko ry’umurimo. Hazanashyirwaho kandi aho ruzajya rwipimishiriza ngo rumenye uko ruhagaze bityo rufate ingamba ku buzima bwarwo buri imbere.

 

AFP story on EU aid suspension is misleading – says Rwanda FM

$
0
0
AFP story on EU aid suspension

Rwanda’s FM Louise Mushikiwabo met her EU counterpart, Catherine Ashton, on September 04 in Brussels (Photo: EC)

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Rwanda’s Foreign Affairs Minister, Louise Mushikiwabo, on Tuesday reacted strongly to a news story by French news agency AFP reporting that the European Union had suspended aid to Rwanda.

“The story…..is either old news or is designed to mislead,” said Mushikiwabo on her Twitter account, just a minutes after the AFP story had been published.

The French agency quoted Michael Mann, spokesman for EU foreign policy chief Catherine Ashton, as saying the aid suspension was due to alleged Rwanda role in eastern DRC conflict.

“The EU is not interrupting ongoing projects, which are there to help the poor,” said Mann. “But (it) is delaying decisions on additional budget support in the pipeline pending clarification of Rwanda’s role and its constructive engagement in search of solutions.”

Rwanda’s top diplomat said responded on her Twitter that: “No such decision has been taken.”

The latest development comes after Mushikiwabo met Catherine Ashton on September 04, in Brussels. Mushikiwabo was on a European tour during which she was in the UK, France and at the French grouping Francophone.

 

 

 

Rwanda | Ngororero: Gukorera ahantu heza byorohereza abakozi mu gutanga serivisi nziza

$
0
0

Imwe mu ntego akarere ka Ngororero kiyemeje ni ugutangira serivisi ahantu hatabangamira cyangwa se horoheraza abakozi gutanga serivisi bashinzwe. Kubera iyo mpamvu, umwe mu mihigo y’imirenge igomba kwitabwaho ni ukubaka no gusana ibiro by’Utugari nyuma y’uko ibiro by’imirenge yose bibonetse.

Muri urwo rwego mu ngengo y’uyu mwaka utugari 20 tuzubakirwa inyubako nshya naho utugera kuri 13 dusanwe, kandi iyi gahunda ikazakomeza no muyindi myaka. Nyamara ariko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge igize akarere ka Ngororero bakomeje kugaragaza ko bahura n’ikibazo cyo guhabwa amafaranga makeya ugereranyije n’ayo igikorwa kizatwara.

Nubwo munama yabahuje n’ubuyobozi bw’akarere kuri uyu wa kabiri tariki ya 25 Nzeri, bemeranyijwe ko imihigo y’imirenge igomba kuzaba yasinywe bitarenze tariki ya 3 Ukwakira 2102, bamwe baracyabona imbogamizi mubintu bimwe na bimwe baba batarabonera gihamya ko bazabibonera amafaranga yo kubikora.

Ngororero Gukorera ahantu

Abayobozi b’imirenga n’abo bafatanya mu nama yo gutegura imihigo

Ikigaragara ni uko bose bashyigikiye igikorwa cyo gukorera ahantu heza kimwe n’ibindi bikorwa bikubiye mu mihigo akarere karimo gutegura doreko ubu abayobozi b’akarere banatangiye gahunda yo kuzenguruka imirenge yose baganira n’abaturage kuri iyo mihigo, ariko impungenge z’uko bashobora kwiyemeza ibintu ntibazabigereho zikaba zigihari.

Ikindi mu bikorwa usanga aba bayobozi bafiteho impungenge ni ikirebana no kubaka amacumbi y’abarimu kuko buri murenge wose ugomba kuzubaka ahantu byibura hamwe, nyamara minisiteri y’uburezi ikaba ngo izabaha gusa amafaranga angina na miliyoni imwe n’igice gusa kuri burinzu, bityo bakibaza aho andi azava bitewe n’uko amikoro y’abaturage ahagaze.

Tubamenyeshe ko guhiga ibikorwa hatari ingengo y’imari yabyo ari kimwe mubyo abayobozi b’uturere dutandukanye harimo n’ab’akarere ka Ngororero bavuga ko byatumye basubira inyuma mu myanya muguhigura imihigo mu mwaka ushize.

 

 


Rwanda : EABC gets new Executive Director

$
0
0

EABC gets new

The East African Business Council (EABC) which is the apex body of business associations of the Private Sector from the 5 East African Countries has got a new Executive Director.

The new Executive Directro Andrew Luzze comes to replace Agatha Nderitu who has worked with the organization since 2008.

Agatha Nderitu has served as EABC since 2008 where she joined EABC as Marketing and Communications Manager and later on rose to the position of Executive Director in 2010 after exhibiting outstanding and excellent work.

In her farewell speech, she thanked all the various parties she has worked with during her time of service as Executive Director of EABC and said it was remarkable.

He requested support from EABC members, board of directors, partners , EAC secretariat and EABC colleagues while fulfilling his mandate as Executive Director. In his message Luzze the new executive director of EABC said:

“I want to remember Agatha as a Pastoral Social Artist, As a worker pastor she took her role as a shepherd of her flock to a high point, by leading EABC in a caring people centered manner.” While pledging to take on EABC responsibilities and activities he said:

“In furtherance of our vision we will also extend and further our activities and services beyond policy and advocacy, into other areas that will add value to our members.”

 

 

 

Rwanda : Broadband should gain its rightful place on the MDG’s policy agenda – Kagame

$
0
0
Broadband should gain its rightful place

President Kagame co-chairing the broadband commission

President Paul Kagame called on members of the Broadband Commission to double efforts in mobilizing world leaders to ensure that Broadband gains its rightful place on the MDG’s policy agenda.

The president made the call while co-chairing the second meeting of the ITU Broadband Commission in New York on Monday. The meeting brings together key players in the telecommunication industry in a bid to extend the benefits of high speed internet to all peoples of world.

The Head-of-State explained that Rwanda has embraced ICT as an engine of transformation and said:

“For over a decade now we have been leveraging technology for the benefit of our citizens and have seen firsthand how broadband impacts everyday lives of our people.”

“ As we look to the future we realize that we need to do more and faster, the world is waiting and our people are counting on us whether it is central databases of crop yields and market information for farmers, integrated school curricular for pupils, medical records for doctors, entrepreneurial opportunities for the youth,” he said.

President Kagame expressed optimism on the bridging of the existing digital divide as the commission continues to engage with Broadband technologies, creating a future that bypasses the divides.

He congratulated the commission on the decision made to establish a new work group focusing on women and girls in ICT and thanked Dr Rizah Jafarri for the generous contribution that will help support the work group.

“This focus resonates very well with us in Rwanda and I believe widely across the continent and beyond.

We have made practical steps to empower women and girls and even made constitutional provisions to ensure women are accessing opportunities actively including access to the opportunities provided by Broadband,” said the President.

During the meeting, a report on the state of broadband 2012 was also presented by the Secretary General of the ITU, Dr. Hamadoun Toure.

The report indicates that the importance of national policy leadership is now clearly understood by policy-makers and governments around the world. As a result, 119 countries have now developed a national plan, policy or strategy to promote broadband.

The New York meeting follows the Broadband Leadership Summit that was held in Geneva in October 2011, which set broadband targets for increased access and affordability of broadband services by 2015. The Broadband Commission also met in Kigali in September 2011.

 

 

Rwanda : We can and should do better – Kagame tells UN

$
0
0

Kagame_addresses_the_UN_general_assembly_in_New_York_on_TuesdayPresident Paul Kagame has called upon world leaders to up the ante in finding lasting solutions to the various conflict spots around the world.

The Rwandan President made the appeal while addressing a gathering of heads of states and governments at the 67th United Nations General Assembly currently underway in New York.

In an articulate and moving speech, the President made it clear that the continual loss of life and destruction perpetrated by conflict is simply unacceptable, and more need to be done to first and foremost prevent conflict from ever taking root, and also managing those that are already in existence.

“While it may seem that conflict is perennial and its forms increasingly destructive, we have the urgent task of seeking more effective ways to prevent, manage and solve it. The loss we witness or experience on a daily basis – in terms of human life and devastation – is unacceptable” emphasized Kagame.

According to him, “The history of how conflicts have been handled in Rwanda, and indeed in our region shows that improvement is needed. It is our obligation to point this out – not to be critical – but because we subscribe to the ideals and principles on which the United Nations was founded. We can and should do better.”

“Additionally, at a time when wide scale poverty robs too many people of realizing their full potential in life, conflict also detracts us from development”, President Kagame stated.

He had some hard facts to back up his sentiments, pointing out that conflict can have devastating consequences not only for the host country but also her neighbours.

“The stakes are high – a civil conflict costs the average developing country about 30 years of GDP growth and violence can easily spill over borders threatening hard-won progress.”

With Rwanda having come under intense international scrutiny over the last few months after being accused of festering unrest in the neighbouring Democratic Republic of Congo, President Kagame also seized the opportunity to drive home his belief that deep analysis of specific political and cultural contexts of any given conflict is the key to finding lasting solutions, as opposed to broad measures that at times do not apply to the specific issue at hand.

“Too often, the inclination is to parachute into a situation with ready-made answers based on superficial examination of the conflict’s dynamics, doing considerably more harm than good, despite the intentions.”

“There is no one-size-fits-all remedy; these issues are complex and should be approached as such for the best possible outcome.”

Rwanda is currently vying for one of the ten rotating seats at the UN Security Council, which it last held in 1994.

President Paul Kagame also in his keynote speech stressed that regional bodies should be allowed to take the forefront in conflict resolution, since they are the ones best placed to understand the root cause of the conflict and correspondingly the best solution.

“It is increasingly obvious that local or regional initiatives aimed at resolving conflicts yield more positive results because those involved have a deeper understanding of the issues at hand. Their proximity to the conflict makes them more invested in a comprehensive resolution, and enables the necessary support for whatever process is agreed upon. We need to see these initiatives strengthened. We should be highlighting root causes as we address conflicts.”  He stressed.

Most world leaders speaking at the event, most noteworthy being US President Barack Obama; have so far come out in condemnation of the outbreak of violence in various Middle-Eastern countries as Muslims protest an anti-Islam film released on social media site YouTube, which resulted in US Embassies in predominantly Muslim countries such as Syria and Egypt being attacked, culminating in the killing of a top US envoy in Libya.

More than 120 world leaders and envoys are gathered in New York, where the UN is headquartered, for the 67th regular session of its General Assembly.

 

Rwanda | Huye: Bamwe mu bayobozi b’imidugudu baba ari bo batuma kanyanga na nyirantare bidacika

$
0
0

Bamwe mu bayobozi b’imidugudutariki ya 22 Nzeri,2012 abashinzwe umutekano bafashe abakora bakanacuruza kanyanga ndetse na nyirantare, kimwe n’abazinywa bo mu Tugari twa Matyazo na Kaburemera. Igikorwa nk’iki gikunda kuba, nyamara izi nzoga ntizicika. Ibi bituma hari abatunga agatoki ubuyobozi bwo ku rwego rw’imidugudu bavuga ko ari bwo bukingira ikibaba ba nyr’ugukora izi nzoga.

Ubundi, akenshi iyo inzego z’umutekano bafatanyije n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze bapanze kujya ahakorerwa bene izi nzoga hari igihe batabahasanga, cyangwa bagasanga uwo munsi nta zo bafite. Ibi bituma babona ko hari ababuriye ba nyir’ukuzikora.

Mukeshimana Anne Marie, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Matyazo, kamwe mu twafatiwemo izi nzoga, yemeza ko za nyirantare na za kanyanga, zikorerwa ari nyinshi mu kagari ayobora, ariko ko zidacika kubera ko abazikora baba bafitanye amasano n’abayobozi bamwe na bamwe bo mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Iyo urebye ukabona nk’umukuru w’umudugudu afite nyina uteka kanyanga, wareba ukabona wenda uw’umutekano afite umudamu we uyiteka, wareba ukabona afite nyirasenge cyangwa se mushiki we (uyiteka ndlr), usanga ari ikibazo ku gutuma kanyanga icika kuko babakingira ikibaba.”

Uyu munyamabanga nshingwabikorwa yakomeje avuga ati “ibi birushya inzego z’umutekano mu kuba bamenya amakuru ku hakorerwa bene izi nzoga. Gusa hari abayobozi bamwe na bamwe batameze nk’aba bafite abo bakingira ikibaba baduha amakuru, maze tukagerageza kurwanya bene izi nzoga zishobora gutuma abazinywa baba nk’inyamaswa.”

Hashize igihe gitoya hatangijwe gahunda ijisho ry’umuturanyi mu Karere ka Huye. Ahari amakuru azavamo azatuma hafatwa ingamba zihamye zo kurwanya bene izi nzoga, ndetse n’ibiyobyabwenge byose muri rusange.

 

 

 

 

 

Rwanda | Rusizi: Hakwiye ubwunganizi kugira ngo iterambere ribashe kwihuta mu karere ka Rusizi

$
0
0

 Hakwiye ubwunganizi kugira

Kuwa 24/09/2012, Umuyobozi wa Task Force y’Imiturire   muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu Kampayana Augustin hamwe n’Abakozi ba Minisiteri y’ibikorwa remezo hamwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’iburengerazuba  Bwana Jabo Paul, batangiye uruzinduko rw’iminsi 3 mu Karere ka Rusizi rugamije kungurana ibitekerezo n’inzego zose zikorera mu Karere ku buryo bwo gushyira mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2012-2013 no gushyira ingufu mu kubyaza umusaruro amahirwe aboneka mu Karere ka Rusizi, hagamijwe  kwihutisha iterambere.

izi Ntumwa, zagiranye  inama n’abahagariye inzego zinyuranye mu Karere; abagize Komisiyo ya Politike n’imiyoborere mu nama Njyanama y’Akarere,  abahagarariye imishinga  y’amajyambere ikorerwa mu Karere, abahagariye amakoperative y’abahinzi b’umuceli n’ibigoli mu kibaya cya Bugarama, abanyenganda, abakuriye ingabo na Police mu Karere ndetse n’abakuriye  sosiyete sivile.

Kampayana Augustin uyoboye izi ntumwa yatangaje ko ikigamijwe muri uru ruzinduko ari ukungurana ibitekerezo n’abo bireba kugira ngo imihigo y’uyu mwaka izabashe kujya mu bikorwa kandi yihutishwe.

izi ntumwa zagaragarijwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Bwana Nzeyimana Oscar, bimwe mu bikenewe gukorwa ho ubuvugizi kugira ngo bigire umurongo wo kwihutisha iterambere muri aka Karere, birimo ibibanza bigomba guhabwa Akarere kugira ngo bibyazwe umusaruro, muri ibyo hakaba hari ibifitwe na Polici y’igihugu ahitwa Camp Karambo, ibifitwe na Minisiteri y’ibikorwa remezo ahitwa Camp Kinini.

yagaragaje ko hari n’ibigo byari bikwiye gushora imari mu Karere byubaka ibikorwa remezo, atanga urugero rwa RSSB, avugako nkuko yabikoze no mu tundi turere, ko ibyakubakwa byaba bibaye igisubizo cy’amaserivise adafite aho gukorera hatunganye nka Orinfor, RRA, EWASA, Amabanki n’imiryango itegamiye kuri Leta, bikiyongeraho n’abakeneye amazu yo guturamo ariko batabasha kubona.

Akaba yatunze agatoki na Kaminuza y’u Rwanda ikorera mu nyubako zidasobanutse ku buryo ndetse abayigana bamaze kurenga ubushobozi bwayo, akaba asaba ko nayo yakubaka inyubako zikwiriye Kaminuza koko.

Bwana Kampayana Augustin, wari uhagarariye Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yavuze ko koko hari ubuvugizi bukwiye gukorwa ngo isura y’Akarere ka Rusizi ibashe guhinduka, kandi iterambere ryihute; bityo yizeza Akarere ubuvugizi mu nzego nkuru z’igihugu ngo kuko hari ibyo Akarere gashobora n’ibyo katashobora, bityo ngo hakwiye ubwunganizi.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo ku mpamvu z’uruzinduko rwabo, habaye igikorwa cyo gusura ahantu hatandukanye hagaragara ibikorwa by’imihigo ndetse n’ahagomba gukorerwa ibikorwa  by’amajyambere n’abikorera, muri aho hari icyambu cya Kinzovu cyatangiye gutunganywa, ahitwa i Muhari hagiye kubakwa ibagiro rya kijyambere, site za genewe guturwaho  nka Karushaririza, Kadashya no gukorerwaho ibijyanye n’ubukerarugendo, nka Camp Karambo na Camp Kinini, imihanda y’umujyi, inyubako z’ubucuruzi mu mujyi, basoreza ku gusura ahari kubakwa isoko rya Kamembe ndetse n’ahagiye kubakwa isoko rya kijyambere ku Rusizi rwa I.

izi ntumwa zashimye inyigo zashyizwe ahagaraga bavuga ko ibyo byose byasuwe biteganyijwe gukorwa ari byiza, bakaba bashyizeho akabo ko gutanga inama z’uburyo byarushaho kunozwa n’uburyo bizagerwaho.

 

 

 

 

 

Rwanda : We can and should do better – Kagame

$
0
0

We can and shouldPresident Paul Kagame has called upon world leaders to up the ante in finding lasting solutions to the various conflict spots around the world.

President Kagame made the appeal while addressing a gathering of heads of state and government at the 67th United Nations General Assembly currently underway in New York.

In an articulate and moving speech, the President made it clear that the continual loss of life and destruction perpetrated by conflict is simply unacceptable, and more needs to be done to first and foremost prevent conflict from ever taking root, and also managing those that are already in existence.

“While it may seem that conflict is perennial and its forms increasingly destructive, we have the urgent task of seeking more effective ways to prevent, manage and solve it. The loss we witness or experience on a daily basis – in terms of human life and devastation – is unacceptable.”

“The history of how conflicts have been handled in Rwanda, and indeed in our region shows that improvement is needed. It is our obligation to point this out – not to be critical – but because we subscribe to the ideals and principles on which the United Nations was founded. We can and should do better.”

“Additionally, at a time when wide scale poverty robs too many people of realizing their full potential in life, conflict also detracts us from development”, President Kagame stated.

Kagame had some hard facts to back up his sentiments, pointing out that conflict can have devastating consequences not only for the host country but also her neighbors.

“The stakes are high – a civil conflict costs the average developing country about 30 years of GDP growth and violence can easily spill over borders threatening hard-won progress.”

With Rwanda having come under intense international scrutiny over the last few months after being accused of festering unrest in the neighboring Democratic Republic of Congo, President Kagame also seized the opportunity to drive home his belief that deep analysis of specific political and cultural contexts of any given conflict is the key to finding lasting solutions, as opposed to broad measures that at times do not apply to the specific issue at hand.

“Too often, the inclination is to parachute into a situation with ready-made answers based on superficial examination of the conflict’s dynamics, doing considerably more harm than good, despite the intentions.”

“There is no one-size-fits-all remedy; these issues are complex and should be approached as such for the best possible outcome.”

Rwanda is currently vying for one of the ten rotating seats at the UN Security Council, which it last held in 1994.

President Paul Kagame also in his keynote speech stressed that regional bodies should be allowed to take the forefront in conflict resolution, since they are the ones best placed to understand the root cause of the conflict and correspondingly the best solution.

“It is increasingly obvious that local or regional initiatives aimed at resolving conflicts yield more positive results because those involved have a deeper understanding of the issues at hand. Their proximity to the conflict makes them more invested in a comprehensive resolution, and enables the necessary support for whatever process is agreed upon. We need to see these initiatives strengthened. We should be highlighting root causes as we address conflicts.”

More than 120 world leaders and envoys are gathered in New York, where the UN is headquartered, for the 67th regular session of its General Assembly.

Most world leaders speaking at the event, most noteworthy being US President Barack Obama, have so far come out in condemnation of the outbreak of violence in various Middle-Eastern countries as Muslims protest an anti-Islam film released on social media site YouTube, which resulted in US Embassies in predominantly Muslim countries such as Syria and Egypt being attacked, culminating in the killing of a top US envoy in Libya.

 

 

 

 

Rwanda | Rubavu: Koperative Umutanguha Mahoko yakusanyije miliyoni 8 zo gushyigikira AgDf

$
0
0

 Agaciro-logo-mod

Abagize koperative Umutanguha mu karere ka Rubavu bakusanyije miliyoni 8 zo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund, mu nama rusange yabahuje taliki ya 24/09/2012.

Umutanguha ni koperative isanzwe ikora ibikorwa byo kubitsa no kuguriza, ikaba yaratangiye muri 2004 ifite abanyamuryango 29 ariko kubera imikorere yayo imaze kugira abanyamuryango 3 541 kandi umusaruro ushobora kwiyongera.

Kuba yarashoboye kugira imikorere myiza ndetse n’abanyamuryango bakiyongera nimwe mu mpamvu bumva uruhare rwabo nta gahato mu kugira icyo bashyira mu kigega Agaciro Development Fund.

Nkuko byatangajwe na Mushawudi Isaac ngo intambwe bateye ntibacyeneye ko isubira inyuma, ikaba imwe mu mpamvu bagomba guharanira ko igihugu cyabo gikomeza gutera imbere kibongerera amajyambere kugira ngo nabo ibikorwa byabo birusheho kwiyongera.

Naho ubuyobozi bw’akarere bukaba bubagira inama yo kugira umuco wo kubungabunga ibyagezweho nkuko babisabwe na Nsengiyumva Buntu Ezzechiel umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere w’akarere ka Rubavu.

Ubuyobozi bwa koperative umutanguha butangaza ko imwe muntego bufite ari ukwiha agaciro mubyo bakora ndetse bakagaharanira nkuko babigaragaje bagira nicyo bagenera ikigega Agaciro.

mu gihe bitegura kongera ibikorwa byabo kugira ngo bagere k’urwego rwa banki bakaba barahise batora abayobozi bashya barimo Theophille Tuyisenge n’umwungirije Ngomijana Joseph bazafasha koperative kugera ku mpinduka.

 

 

 

 

 


Rwanda | Ruhango: abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari barasabwa gutanga serivise nziza

$
0
0

 

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bahugurwa na RALGA ku gutanga serivise nziza

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bahugurwa na RALGA ku gutanga serivise nziza

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize akarere ka Ruhango, barasabwa kumva inshingano zabo baha abaturage serivise zibagenewe.

Ibi babisabwa n’ishyirahamwe ry’uturere mu Rwanda RALGA mu mahugurwa y’iminsi 2 yashojwe tariki ya 25/09/2012, yari agamije gushishikariza abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari kwita kunshingano bahawe zirimo imiyoborere myiza.

Muri aya mahugurwa yateguwe n’ishyirahamwe ry’uturere RALGA, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bagaragarijwe imwe mu mitangire ya serivisi bagomba guha abaturage nta ruswa cyangwa andi mananiza abayeho.

Aha banibukijwe ko hari ibihano bitandukanye byategangijwe ku bayobozi badashaka gutanga serivise nziza kubazigenewe; nk’uko bitangazwa na Frank Ukobukeye, umukozi wa RALGA.

Nubwo abanyamabanga nshingwabikorwa bavuga ko hari ibyo bungukiye muri aya mahugurwa, ariko ngo hari imbogamizi bakunze guhura nazo zirimo kuba hari inama bahamagarwamo n’ababakuriye kuburyo butunguranye.

Ibi bigatuma gahunda bari bafitanye n’abaturage zihinduka bityo abaturage bagatangira kubikoma ko babimye serivise zabo.

Ubuyobozi bwa RALGA, buvuga ko amahugurwa nk’aya atazagarukira kubanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari gusa, ahubwo ko bazanakomeza kuyageza mu zindi nzego, hagamijwe kwimakaza umuco wo gutanga serivise nziza.

 

 

 

 

Rwanda | Gatsibo: abanyamabanga nshingwa bikorwa b’utugali bahawe amahugurwa yo kubongerera ubushobozi

$
0
0

 

Abanyamabanga nshingwa bikorwa mu mahugurwa

Abanyamabanga nshingwa bikorwa mu mahugurwa

Kuri uyu wa kabiri tariki 25 nzeli, muri Mariott MOTEL mu karere ka Gatsibo umurenge wa Kabarore,hashojwe amahugurwa yari ahuje abanyamabanga nshingwa bikorwa b’utugari, baturutse mu mirenge yose y’akarere uko ari 14.

Aya mahugurwa  yateguwe anaterwa inkunga n’ikigo RALGA gishinzwe guteza imbere imiyoborere myiza mu rwego rwo kongerera ubushobozi aba banyamabanga muri gahunda y’imiyoborere yabo ya buri munsi.

Mukagasana Naomie uhagarariye serivisi y’imiyoborere myiza mu karere ka Gatsibo, yadutangarije ko aba banyamabanga nshingwa bikorwa bigishwaga amahame y’imiyoborere myiza, yagize ati”muri aya mahugurwa bahawe inyigisho zibongerera ubushobozi mu miyoborere yabo, bigishwaga kandi uburyo bagomba kwakira neza abo bashinzwe kuyobora.”

Mutesi Karamaga Peace ni umunyanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rwikiniro mu murenge wa Rwimbogo,we yatangaje ko ibyo bakuye muri aya mahugurwa bagiye gutangira kubishyira mu bikorwa bibanda cyane ku gutanga service nziza ku baturage bashinzwe kuyobora.

Mu myanzuro yatanzwe mu gusoza aya mahugurwa ku mwanya wa mbere bemeje ko bagiye kurebera ku bandi bakora neza kugirango nabo barusheho kunoza imikorere.

 

 

 

 

 

EU “firmly committed” to Rwanda cooperation

$
0
0
Rwanda | Louise Mushikiwabo, Rwandan Minister for Foreign Affairs and Cooperation, met her EU counterpart, Catherine Ashton, in Brussels September 04, 2012 (Photo: EU)

Louise Mushikiwabo, Rwandan Minister for Foreign Affairs and Cooperation, met her EU counterpart, Catherine Ashton, in Brussels September 04, 2012 (Photo: EU)

 

The European Union office in Kigali has clarified on what it described as the “recent confusion surrounding the EU’s aid to Rwanda” – following a media frenzy reporting the suspension of aid to Kigali.

“The EU is firmly committed to its partnership with Rwanda in working to eradicate poverty in the country,” said Daniel Schaer, Head of the Political Section, in a statement last evening sent to News of Rwanda.

He added: “Rwanda deserves credit as one of the few Least Developed Countries to achieve the Millennium Development Goals target by 2015.”

A spokesman of the EU foreign office in Brussels reportedly said on Tuesday that a decision had been made to halt all discussions about the bloc’s future aid program for Rwanda. With minutes of the original news report, Rwanda’s foreign affairs minister, Louise Mushikiwabo, tweeted that the story was misleading because no such decision had been made about suspending all aid talks.

The EU office in Kigali has clarified that “the EU will continue its aid programme to Rwanda, implementing its existing projects designed to help the poor, including budget support”.

Contrary to news reports that all future aid programs would remain on hold, the EU Kigali office says instead that “some new decisions” would be “delayed”. This means that discussions may take place on some aid programs as the two sides work out how to restore full cooperation.

The EU Kigali office said in its statement that it was taking note of the “constructive” role Rwanda is playing in eastern DRC.

“We welcome Rwanda’s active role in the reactivation and extension of the joint verification mechanism of the borders between DRC and Rwanda, which started on 14 September,” said Schaer. “This is a constructive step in building confidence and working towards a lasting peace.”

On DR Congo’s role, the EU wants the Kinshasa government to do more especially with reforms of its security forces. “…, it is important that Kinshasa also deliver further reforms of governance and the security sector,” said Schaer.

 

Rwanda : Kagame warns against “externalizing” DRC crisis

$
0
0

 

President Kagame speaks to UN humanitarian coordinator, Valerie Ann Amos, alongside Rwanda’s envoy to the UN, Amb Eugène-Richard GASANA (centre), after the summit on DRC (Photo- PPU)

President Kagame speaks to UN humanitarian coordinator, Valerie Ann Amos, alongside Rwanda’s envoy to the UN, Amb Eugène-Richard GASANA (centre), after the summit on DRC (Photo : PPU)

President Paul Kagame has warned a UN high level summit on DRC against blaming external actors for the problem and seeking external solutions — when such an approach “effectively absolves blame from those with primary responsibility”.

Speaking at a closed door meeting hosted by UN Secretary General Ban Ki-moon at UN headquarters, President Kagame said “externalizing” the DRC crisis would not solve the problem.

“The many armed groups in the country are the outcome of a complex, long-standing historical reality,” Kagame reportedly said. “Therefore singling out one group out of many is running away from the actual issue.”

Rwanda is at the centre of a fierce international verbal exchange, during which it is finding itself on the defensive as various quarters accuse the government of links to the Congolese M23 rebels. Three UN reports have been published, all of which Kigali has dismissed every point in them.

Instead, Rwanda’s defense minister Gen James Kabarebe last month revealed damning details about the conflict in DRC. In graphic detail, he named officials who were behind the flow of wrong information being fed to the UN and campaign groups. Gen Kabarebe released details of confidential discussions involving DRC President’s emissaries who had visited Kigali to plead for help.

At some point, Gen Kabarebe revealed how a DRC intelligence chief had found him in his hotel room and pleaded with him for concocting the information that has been published. In one particular case, the UN reports contain the names of Captain who was

It emerged later that the officer was indeed Congolese and had never served in Rwanda’s army, later alone even been to Rwanda. The officer’s ID was released showing he had been a rebel commander before being integrated into the DRC army in 2009.supposedly a Rwandan army officer.

At the UN summit, President Kagame said that solving the crisis will be impossible if the international community continues “to define the issue erroneously,” according to statement issued by Village Urugwiro.

Mr Kagame also told the meeting that a durable solution will only come from addressing the real issues of governance in Congo and dealing with the grievances of its citizens, the statement said.

 

President Kagame described as “perplexing” the degree to which the international community focuses on the current mutiny at the expense of the much broader challenges present in the DRC, in the eastern region and beyond.

“The problems in DRC are complex and longstanding, and therefore, applying simplistic or expedient solutions to resolve them, without going to their historical and political roots, will only gloss over them but not deal with them definitively,” said Kagame.

 

 

 

Peacekeepers to Haiti urged to be professional

$
0
0
Third contingent of FPUs gets ready to leave for Haiti

Third contingent of FPUs gets ready to leave for Haiti

A third contingent of Rwandan peace keepers to Haiti under the Formed Police Unit 3 (FPU3) have been urged to be disciplined as they execute their duties professionally during their mission to Haiti.

The advice was given by Inspector General of Police (IGP) Emmanuel Gasana during a pre-deployment briefing held at the police General Headquarters in Kacyiru.

“Execute your duties professionally and strive to raise our country’s flag high to make Rwanda a replica country. Rwanda has earned itself a good name on the international scene,” Gasana said on Wednesday.

A contingent of 160 officers under FPU3 is set to depart for the mission to serve under the UN Mission for Stabilization in Haiti (MINUSTAH) mandate.

The contingent led by Chief Supt Desire Twizere will replace the same number under Formed Police Unit 2 (FPU) which successfully completed its nine months mandate and scheduled to return on September 28.

These officers while in Haiti provide humanitarian assistance, conduct patrols and guard VIPs and key installations. They also help in crowd control and provide security of Internally Displaced Persons (IDPs).

The first FPU1 contingent comprising of 160 police officers was deployed in Haiti in January 30, 2011 and was replaced by the same number under FPU2 on December 15, 2011.

The mission was deployed mainly to oversee relief activities after the 7.0 magnitude earthquake hit the country in 2010, killing over 200,000 people and leaving millions homeless.

Rwanda National Police maintains over   450 peacekeepers serving under the UN missions in Liberia, Ivory Coast, Darfur, South Sudan and Haiti.

Rwanda, whose officers have been awarded for their professionalism and discipline in executing their mission duties by the UN, was ranked the eighth country in providing police peacekeepers worldwide by the international community.

The UN also ranked Rwanda the first out of 84 countries in providing female individual police officers. The United Nations has also requested Rwanda to deploy a contingent of FPU in Liberia next year.

The returning contingent suffered a loss after one of the officers was accidentally shot dead by a colleague during night patrols last week.

Viewing all 3792 articles
Browse latest View live