Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

RUSIZI: INAMA Y’UMUTEKANO RUSIZI YAFASHE INGAMBA ZO GUKAZA AMARONDO

$
0
0

m_RUSIZI INAMA Y’UMUTEKANO

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Abaturage b’akarere ka Rusizi by’umwihariko abo mu mirenge ikora ku mugezi wa Rusizi, barakangurirwa kurushaho gucunga umutekano,bakaza amarondo kandi banagenzura cyane abantu babagenderera batazwi. Ibi babisabwe mu nama y’umutekano idasanzwe yabereye mu kagari ka  Nyenji mu murenge wa Nzahaha ku wa 06/12/2012.

Ni nyuma y’aho muri ako gace hafatiwe abagabo babiri mu ntangiriro z’icyumweru, bari biyoberanyije,bacyekwaho ubucengezi no kuba bari baje muri gahunda yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda baturutse mu gihugu bahana imbibe cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo,aha hakaba hanashimiwe by’umwihariko abaturage  bagaragaje ubwitange mu ifatwa ryabo ku bufatanye n’inzego z’umutekano.

yaba umuyobozi w’ingabo zikorera mu turere twa Rusizi na Nyamasheke,Col RUTIKANGA Jean Bosco,yaba umuyobozi wa Polisi y’Igihugu mur Rusizi Supr.Claude KAJEGUHAKWA, bose bashimangiye imikorere n’imikoranire myiza hagati y’inzego zose n’abaturage mu kubungabunga umutekano,mu kwibukiranya  ko biri mu nshingano za buri wese gucunga umutekano n’uko buri wese ari  ijisho rya mugenzi we,mu butumwa bongera kubasaba ni ugukaza amarondo, gukumira icyo ari  cyo cyose cyashobora guhungabanya umutekano,kugenzura umuntu wese babonye mu mudugudu batazi,gutanga amakuru mu buryo bwihuse ndetse no  kwirinda ibihuha.

Mu ijambo rye umuyobozi w’akarere ka Rusizi NZEYIMANA Oscar na  we yatangaje ko umutekano wifashe neza muri rusange, ku birebana na  bimwe mu biwuhungabanya ahanini bituruka ku businzi n’ibiyobyabwenge bitera urugomo,atanga inama zo kubicikaho ,mu kuvuga ku mpamvu zatumye hatekerezwa iyo nama  anagaruka ku rugero rwiza rw’abo baturage babashije kwifatira abari baje kubahungabanyiriza umudendezo,imbere y’imbaga yari iteraniye aho, akarere kabatera inkunga y’amafaranga agera ku bihumbi ijana na  mirongo itanu(150.000F),bijyana n’igitekerezo cy’uko bashinga koperative ibereye abandi icyitegererezo,kiganisha  ku muco mwiza wo gukunda igihugu.

Mu kungurana ibitekerezo abari aho na  bo bagaragaje ko bishimiye uku guhura n’abayobozi mu nzego zose ku rwego rw’akarere  nk’agace gasa nk’aho kitaruye  umujyi wa Rusizi, mu byifuzo basaba ubuyobozi  ko bwabakorera umuhanda uherekeza,utaborohera na gato mu bihe by’imvura ndetse n’uko na  bo bakwegerezwa umuriro w’amashanyarazi. Iyi nama y’umutekano idasanzwe yabereye aho mu mudugudu wa Cyinengwe, akagari ka Nyenji, umurenge wa Nzahaha yari yanitabiriwe kandi n’abo mu murenge wa Gashonga bose baturiye umugezi wa Rusizi’ ubatandukanya n’igihugu cya Kongo.

 

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Trending Articles