Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Gakenke: Abayobozi barasabwa kongera imbaraga mu mihigo, ikazahigurwa 100%

$
0
0

Abayobozi barasabwa kongera imbaraga mu mihigo, ikazahigurwaAbantu  batandukanye bakorera mu karere  bitabiriye inama.

Mu nama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Gakenke yateranye kuri uyu  Gatatu tariki 29/05/2013, Umuyobozi w’Akarere, Nzamwita Deo  yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kongera imbaraga mu mihigo kugirango izagerweho.

Gutanga ibyangombwa by’ubutaka, imihigo y’umuryango no kwishyuza abantu biyemereye inkunga y’Ikigega Agaciro ni yo mihigo igaragara ko ikiri inyuma, bityo yabakanguriye kongeramo  ingufu.

Akarere  ka Gakenke  kageze kuri 76% mu gutanga ibyangombwa by’ubutaka kandi karahize 100%.  Icyagaragaye   ngo ni uko imirenge yakoresheje intore ziri ku rugerero yazamuye ijanisha ku buryo bugaragara, n’indi mirenge isabwa kuba yakoresha ubwo buryo.

Iyo nama  yanagarutse ku kibazo cy’isuku nke igaragara ku mashuri no ku mubiri aho hamwe na hamwe abaturage bashobora  no kugera ku rwego rwo kurwara amavunja, abitabiriye inama bibukijwe ko ari inshingano zabo gukangurira  abayobozi b’ibigo n’abaturage kugira isuku ku mubiri no ku mashuri.

Muri uku kwezi kwa Gicurasi, ibyaha byahungabanyije umutekano byaragabanutse  biva kuri 22 byabaye mu kwezi kwashize bigera kuri 12. Ubuyobozi bwashimwe imbaraga zashyizwe mu mutekano, busaba ko amarondo akorwa kuko hamwe na hamwe adakorwa.

Inama y’umutekano yitabiriwe n’abayobozi b’akarere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abashinzwe umutekano.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Trending Articles