Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Rwanda | RUSIZI: HATANGIJWE ITORERO MU KAGARI KA KABAGINA

$
0
0

 HATANGIJWE ITORERO Rwanda | RUSIZI: HATANGIJWE ITORERO  MU KAGARI KA KABAGINAUmunyarwanda nyawe ni uwubahiriza indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

Ayo ni amwe mu magambo yaranze ibirori byo gutangiza itorero ry’igihugu

Mu kagari ka kabagina mu Murenge wa Nyakarenzo, akarere ka Rusizi umuhango wari wiganjemo abato N’abakuze  kandi bose babyumva kuko babonye n’igihe cyo kubisobanurirwa Kirambuye nkuko bakomeje babidutangariza.

Itorero ry’igihugu ku rwego rw’umudugudu mu kagari ka kabagina abaturiye ako kagari bose bararyishimiye kuko ngo basanga rizabafasha kugarura umuco nyarwanda ukubiyemo byinshiKandi babisobanukiwe kuko babiganirijweho igihe kirambuye nkuko Bakomeza kubitangaza.  bimwe mu byo baganirijweho Harimo kirazira ndetse n’indangagaciro biranga umunyarwanda aho ava akagera.

Amwe mu magambo yagarutsweho n’umuyobozi w’aka kagari madamu

MUKANKUSI Florantine atangaza ko itorero ari  irerero ry’igihugu kandi

Umunyarwanda wese yagakwiye kurinyuramo kugira ngo umuco

Nyarwanda ukomeze kugira agaciro ,aho yakomeje asobanura na zimwe

mu ndangagaciro z’umuco nyarwanda.

Ibi birori byaranzwe n’imbyino,imihamirizo,imigani ndetse n’ibisakuzo

Byagarukaga nyir’izina ku muco wo hambere w’abanyarwanda, aho byagaragaraga ko n’abakuze bakunze kujya mu itorero ry’igihugu, ahanini baga

Mije kubikundisha abana babo n’urubyiruko muri rusange.

 

Aka kagari ka kabagina kagizwe n’imidugudu 5 yose hamwe ihuriye

Ku ntero igira iti “NGWINO UREBE,GARUKA UREBE KU BIKORWA

BY’ITERAMBERE NO KWESA IMIHIGO”.

 

 

 

 

 

Google+

Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Trending Articles