Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3792 articles
Browse latest View live

Rwanda | Gisagara: Umutekano, isuku no kurwanya ibiyobyabwange bigiye kwitabwaho

$
0
0

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara butangaza ko hagiye gufatwa ibyemezo bikomeye ku rubyiruko rwirirwa rwicaye akenshi  rugatiza umurundi ibikorwa bihungabanya umutekano.

Gisagara Umutekano, isuku no kurwanyaMu nama y’umutekano idasanzwe yabaye tariki 21/11/2012, hagarutswe ku bibazo bitandukanye birimo ibirebana n’umutekano,  uruhare  rw’abakozi b’akarere mu kwesa imihigo, isuku, gahunda yo guhuza ubutaka, gahunda yo kurwanya isuri na  gahunda y’ijisho ry’umuturanye ifasha kurwanya ibiyobyabwenge.

Ku kibazo cy’isuku, hagaragajwe ko hakiri ibimenyetso by’uko isuku itari yitabirwa ku rwego rushimishije, aha ubuyobozi bw’akarere bwasabye ko abayobozi ku rwego rw’akagali bakwegeranya amakuru, hakazafatwa n’ingamba zihamye ku bakigaragaraho isuku nke mu gihe cyitarenze icyumweru kimwe.

Umuyobozi w’akarere ka Gisagara , Karekezi Leandre, yagarutse cyane kuri iki kibazo cy’isuku, avuga ko abayobozi bagomba kugiha agaciro, ahakigaragara abantu basa nabi n’abarwaye amavunja bakitabwaho uko bikwiye.

Muri iyi nama kandi, byagaragaye ko hakiri urubyiruko ku du centres hirya no hino rwirirwa rwicaye, aho bamwe bavuga ko bategereje amagare basunikira abagenzi, ngo kuri iki kibazo ubuyobozi bw’akarere bufatanyije na Police bugiye gushishikariza urwo rubyiruko kwitabira gahunda y’umulimo.

Gisagara Umutekano, isuku no kurwanya2Umuyobozi w’akarere, nacyo yakigarutseho, avuga ko uru rubyiruko koko ruhari ariko ko rugomba gutozwa umurimo, ibyo bikaba bigiye gukorwa bishyizwemo imbaraga nk’uko abivuga, kandi akanongeraho ko bifite ibigo mfasha myumvire bizajya bita kuri abo banywa ibiyobyabwenge bakananirana, bityo bagatozwa uburere bwiza bakagarurwa mu murongo.

Muri iyi nama kandi, abayobozi b’imirenge, abayobozi ba Centres de santé, abacuruzi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri, basabwe kugira ibyuma bizimya umuliro cyane ko inzu imwe yo mu murenge wa Gikonko iherutse gufatwa n’inkongi y’umururi igashya igakongoka.

 

 


Rwanda : Inama nyafurika y’abashinga amatekeko mu Rwanda

$
0
0

Inama nyafurika y’abashinga amatekeko mu Rwanda

U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga y’ihuriro ry’inteko zishinga amategeko muri Afrika. Mu rwego rwo gusobanura iby’iyo nama, kuri uyu wa kane hateguwe ikiganiro n’abanyamakuru ariko icyagaragaye ni uko ibibazo byose byagiye byibanga ku ntambara ibera mu burasirazuba bwa RDC.

Inteko ishinga amategeko iratangaza ko izabona umwanya wo kugaragariza abagize inteko z’ibihugu bya Afurika uko ukuri ku kibazo cya Congo kumeze.

Senateri Makuza, yavuze ko icyo bazakora nk’abagize inteko y’u Rwanda ari ukwereka bagenzi babo bazava mu bindi bihugu ko ibivugwa ku Rwanda ari ibinyoma, babereke uko ikibazo cya Congo ari icyabo banakwiye kukikemurira.

Iyo nama rusange ya 35 y’iryo huriro izatangira kuwa 26 kugeza kuwa 30 ugushyingo 2012, ikazitabirwa n’ibihugu 41. Icyo gihe kandi hazaba inama ya 61 ya Komite nyobozi y’iryo huriro.

Vice Prezida wa Sena, Bernard Makuza, wayoboye ikiganiro n’abanyamakuru, yatangaje ko mu byo u Rwanda ruzungukira muri iyi nama harimo no kwereka intumwa z’inteko z’ibihugu bya Afrika ukuri ku bibazo bya RDC u Rwanda rushinjwa kugiramo uruhare.

Ubusanzwe iyi nama karundura igomba kwiga ku ngingo ebyiri: gushimangira imiyoborere myiza ishingiye kuri demokrasi mu bihugu bya Afurika nk’inkingi y’ubusugire bwa politiki, ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage. Indi ngingo ni uruhare rw’inteko zishinga amategeko muri gahunda zo kurwanya ubukene.

Senateri Bernard Makuza, yabwiye abanyamakuru ko utategura inama iri ku rwego nk’uru ngo ubure gukomoza ku kibazo nka kiriya, werekana ukuri kwacyo cyane cyane ku batagisobanukiwe neza. U Rwanda rero ngo rwiteguye kwereka abo bashyitsi ukuri ku bibazo bya Congo, nubwo bikunze kuvugwa ariko ntibyumvikane uko bikwiye.

Iyi nama irategurwa mu gihe icyegeranyo cy’impuguke za ONU cyasohotse noneho mu buryo bwuzuye, kikaba cyongeye gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23. Uyu urasa n’aho ari umwanya mwiza u Rwanda rubonye, wo gusobanura iki kibazo imbere y’abagize inteko zo mu bihugu bya Afrika.

Ibi bihugu binyuze mu muryango wa Afrika yunze ubumwe, biherutse gushyigikira u Rwanda ubwo rwatorerwaga kujya mu kanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi.

 

 

Rwanda: NCC ikomeje gushaka uburyo hakurwaho imbogamizi zigumisha abana mu bigo by’imfubyi

$
0
0
NCC ikomeje gushaka uburyo hakurwaho imbogamizi

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu na HHC mu kwiga ikibazo cy’abana baba mu kigo cya Nyundo

Ubuyobozi bwa komisiyo y’igihugu ishinzwe abana (NCC) hamwe n’umuryango utegamiye kuri Leta Hope and Home for Children (HCC) bagaragaje ko abana baba mu bigo byimfubyi bafite ibibazo byinshi kurusha ababa mu miryango.

Ikigo cy’imfubyi cya Nyundo nicyo kigo gifite abana benshi mu bigo 34 biri mu Rwanda. Umuyobozi w’umuryango wa HCC, Nyinawagaga Claudine, avuga ko gahunda yo gushakira abana imiryango bazashyirwamo igeze kure nubwo hari imbogamizi bahura nazo zirimo kuba hari abatumva neza iyo gahunda.

Izindi mbogamizi zihari ni ukudatanga amakuru ahagije ku bana n’imiryango bavukamo bigatuma imiryango abana bagomba gushyirwamo ibura. Hari n’ikibazo cy’abana bashyirwa mu bigo habaye kubeshya ko abana badafite imiryango kandi ihari kuburyo kubabonera imiryango bizagorana.

Abana bafite imiryango bagomba kuyisubizwamo kugira ngo bahabwe uburere bwiza kuruta ubwo bahererwa mu bigo; kuko hari uburere umwana ahabwa burimo urukundo n’imibanire birenze kwiga no kubona ibyo kurya nkuko bigenda mu bigo by’imfubyi.

Ubuyobozi bwa NCC buvuga ko gahunda yo gusubiza abana mu miryango izakoranwa ubushishozi, mu karere ka Rubavu bigeze aho komisiyo ishinzwe abana iganira n’abayobozi b’inzego zibanze kugira ngo borohereze itangwa ry’amakuru no kuzakurikirana neza uko abana bazashyirwa mu miryango n’imibereho yabo.

NCC ikomeje gushaka uburyo hakurwaho imbogamizi2

Abayobozi b’inzego zibanze bahura n’ubuyobozi bwa NCC mu kureba uko gahunda yashyirwa mu bikorwa

Rwanda : Abayobora Imirenge mu Burasirazuba basabwe kureshya bagenzi babo bo mu bihugu baturanye

$
0
0
Abayobora Imirenge mu Burasirazuba basabwe kureshya bagenzi

Abayobora Imirenge ihana imbibi n’u Burundi, Tanzaniya na Uganda basabwe gushaka ubucuti hakurya y’imipaka

Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odetta, arasaba abayobozi b’Imirenge ihana imbibi n’ibihugu by’u Burundi, Uganda na Tanzaniya gushaka ubucuti ku bayobozi bagenzi babo muri ibyo bihugu kuko bizabafasha bakabona amakuru ya ngombwa bakeneye mu kubungabunga umutekano.

Ubwo bari mu mu nama yaguye y’Umutekano y’Intara y’Iburasirazuba tariki 20/11/2012, Uwamariya yasabye Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge yose ihana imbibi na biriya bihugu gukoresha uburyo bwose bakagirana umubano wihariye n’abayobozi ku rundi ruhande rw’imbibi, bakabagira inshuti basangira kandi baganira uko bwije uko bukeye.

Madamu Guverineri ati “Mukwiye kwiga uko mwacudika n’abo bayobozi muturanye, mukajya muhura kenshi, mukaganira, ndetse mugasangira mukanasabana kuko muri ubwo bucuti niho muzakura ubwumvikane no kutishishanya bakajya babaha amakuru mukeneye mukanafatanya gukemura ibibazo bya buri munsi bivuka hagati y’abaturage baturiye imipaka n’abayinyuraho bava mu gihugu kimwe bajya mu kindi”.

Abayobora Imirenge mu Burasirazuba basabwe kureshya bagenzi2

Guverineri Uwamariya arahamagarira abayobozi b’Iburasirazuba kureshya bagenzi babo bo mu bihugu baturanye

Abanyamabanga Nshingwabikorwa bavuze ko basanzwe bagerageza kubana neza na bagenzi babo baturanye, ariko bikaba byari bikiri ku rwego rw’akazi gasanzwe.

Muhengeza Jean de Dieu uyobora Umurenge wa Kamabuye uhana imbibi na zone za Musoni na Marembo mu Burundi avuga ko abayobozi ba Marembo babanye neza. Ngo abaturage ubwabo nibo bateza ibibazo, ariko bagafatanya kubishakira ibisubizo.

Gakuru James uyobora umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare avuga ko gufatanya n’abayobozi ba Kamwezi na Ngoma muri Uganda byatumye babasha kujya bakemurira hamwe ibibazo bikomeye birimo nko gukumira Abaganda bajyaga baza guhiga muri pariki zo mu Rwanda n’ahandi hatemewe.

Iyi mikoranire ndetse ngo yanakumiriye indwara y’uburenge kuko habayeho kuganiriza aborozi bo muri Uganda n’abo mu Rwanda bakabwirwa amabwiriza bakwiye kwitwararika ngo indwara idafata amatungo akiri mazima mu Rwanda.

Karengera Katabogama Alexis uyobora Karama muri Nyagatare  we ariko avuga ko abayobozi b’ibanze ku rundi ruhande ahitwa Kabale muri Uganda bajya bagira ubwo bahishira abajura baba bibye amatungo mu Rwanda, ndetse rimwe na rimwe ngo abo bajura banasengerera abo bayobozi bakabakingira ikibaba.

Uyu wo mu Karere ka Nyagatare ati “Hari ubwo tuvugana ngo adufashe gufata umujura runaka dukeka, ariko wa mujura akaba yadutanzeyo, ndetse banasangiye. Icyo gihe iyo twongeye no kubahamagara ntibatwitaba kugeza igihe tuzarambwirwa tugasa n’abakuyeyo amaboko.

Abayobora Imirenge mu Burasirazuba basabwe kureshya bagenzi23

Uyu muturage uvuye gusarura igitoki mu murima afite ku rundi ruhande rw’umupaka

Abayobozi b’intara y’Iburasirazuba baravuga ko hakunze kuvuka ibibazo bya buri munsi hagati y’abaturage baturiye imipaka, cyane cyane ibibazo by’ubujura, ibyo kwambutsa ibiyobyabwenge, abanyarugomo bahungira hakurya y’imbibi z’igihugu ndetse ngo n’imbibi z’amasambu kuko ahatari imipaka ikomeye usanga insina imwe igira imibyare mu bihugu binyuranye, ikera ibitoki mu bihugu bibiri n’ibindi.

Iki gihe ngo biteza amakimbirane hagati y’abaturage baba ari abaturanyi, akenshi bafitanye n’amasano ya hafi, bajya mu tubari no mu masoko mu kindi gihugu n’ibindi.

Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yabwiye abo bayobozi ko ari mu biganiro na Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda ngo ku nzego nkuru bashyireho imiyoboro migari izafasha abo bayobozi kujya bafatanya.

Ibi biganiro ndetse ngo bizagezwa no ku bayobozi bakuru b’ibindi bihugu, ariko ngo bizatanga umusaruro mwiza ari uko abayobozi bo hasi mu nzego z’ibanze bacuditse ubwabo, bakajya bisanzuranaho bagafatanya akazi ka buri munsi.

Bamwe muri aba bayobozi biyemeje ko bagiye kuvugurura imikorere, ndetse ngo bakajya bananyuzamo bagasengera agacupa bagasabana n’abo bagenzi babo ariko bakabakuraho ubucuti bwiza buzabafasha mu kazi.

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba busanzwe bwarasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Intara ya Kagera muri Tanzaniya, ariko kuyashyira mu bikorwa birasaba ko abayobozi b’ibanze nabo ubwabo baba babyumva kandi bakayateza imbere.

 

 

Rwanda | Kayonza: Urubyiruko rurashishikarizwa gusoma cyane kugira ngo rwigire iterambere ku bandi

$
0
0

Kayonza Urubyiruko rurashishikarizwaUrubyiruko rukwiye gusoma ibitabo n’ibinyamakuru cyane kugira ngo rwigire iterambere ku bandibagize icyo bageraho nk’uko bivugwa na Kwizera Jean Bosco ushinzwe itangazamakuru n’ubutwererane muri komite y’urubyiruko mu karere ka Kayonza. Yabivuze tariki 21/11/2012 nyuma yo gutorerwa umwanya w’ushinzwe itangazamakuru n’ubutwererane muri iyo komite.

Avuga ko muri gahunda afitiye urubyiruko rw’akarere ka Kayonza harimo by’umwihariko kubashishikariza kugira umuco wo gusoma. Yongeraho ko urwo rubyiruko rushishikariye gusoma rwagera kuri byinshi kuko “ikintu cyose umuntu asomye atabura ubutumwa asigaranamo” nk’uko akomeza abivuga.

Agira ati “Benshi mu rubyiruko rwacu ntibarasobanukirwa na gahunda yo kwihangira imirimo, kandi hari urundi rubyiruko rufite byinshi rwigejejeho kubera kwishyira hamwe. Urubyiruko rwacu rumenye ayo makuru byarufasha kwigira kuri abo bafite aho bageze”

Mu bice bimwe by’icyaro mu karere ka Kayonza haracyari urubyiruko rwasaritswe n’ibiyobyabwenge. By’umwihariko urwo ngo ni rwo ruzagerwaho mbere kugira ngo rubashe gusobanukirwa neza n’ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge maze ruhinduke.

Hari hashize amezi agera kuri atanu nta muntu ushinzwe itangazamakuru n’ubutwererane muri komite y’urubyiruko rw’akarere ka Kayonza, kuko uwari ubishinzwe yagiye mu kandi kazi.

Umuhuzabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’amatora mu turere twa Kayonza, Ngoma na Kirehe, Ngarambe Vianney, avuga ko byatumaga urubyiruko rutamenya amakuru yatuma rutera imbere, akavuga ko uwo bahaye izo nshingano nazuzuza neza nta kabuza urubyiruko rw’i Kayonza ruzafunguka maze rutere imbere.

Agira ati “uyu batoye azajya ajya gushaka amakuru ajyanye n’iterambere urubyiruko mu tundi turere rwagezeho, maze urubyiruko rwa hano rwigireho na rwo rwiteze imbere”

By’umwihariko urubyiruko rw’i Kayonza rurashishikarizwa kwibumbira hamwe mu makoperative rugashakirwa inkunga kuko ariyo nzira y’ubusamo yatuma rwiteza imbere nk’uko Kwizera watorewe umwanya w’ishinzwe itangazamakuru n’ubutwererane yabivuze.

Rwanda | Muhanga : Komisiyo y’igihugu y’amatora yongereye ubumenyi urubyiruko ngo ruzafashe abandi

$
0
0

Muhanga Komisiyo y’igihugu

Komisiyo y’igihugu y’amatora ikomeje kwifashisha urubyiruko ruhagarariye urundi mu kwigisha bagenzi babo uburere mboneragihugu ndetse n’amatora azaba, mbere y’uko aba mu mwaka wa 2013.

Ni mu Karere ka Muhanga, tariki ya 22 Ugushyingo 2012 iyi Komisiyo yahaye amahugurwa abagize komite mpuzabikorwa z’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’Imirenge no ku rwego rw’Akarere.

Ibiganiro byatanzwe byibanze ku buryo amatora akorwamo mu Rwanda, Uruhare rw’amatora mu nzira ya demokarasi n’impamvu urubyiruko rugomba kuyagiramo uruhare, hanareberwa hamwe icyo urubyiruko rwakoze nyuma yo guhabwa inyigisho z’uburere mboneragihugu ku matora mu bihe byashize no gufata ingamba z’uburyo bakomeza kwigisha urubyiruko rwo mu Tugari no mu midugudu.

Ubwo yatangizaga ayo mahugurwa ku mugaragaro, Moïse Bokasa wari n’intumwa ya Komisiyo y’igihugu y’amatora, yasobanuriye urubyiruko inshingano ebyiri nkuru za Komisyo y’igihugu y’amatora arizo gutegura no kuyobora amatora hamwe no gutegura abanyarwanda bahabwa uburere mboneragihugu kugirango bazashobore gutora basobanukiwe neza ibijyanye n’amatora.

Yasobanuye kandi muri rusange ibyiciro bitandukanye by’amatora yagiye akorwa mu Rwanda n’akamaro k’inyigisho z’uburere mboneragihugu mu matora.

Yagize ati : “Ayo matora yose yagiye aba ntiyari gushoboka iyo tudafashwa n’inyigihso z’uburere mboneragihugu zagiye zitangwa.”

Aha akaba yavuze ko akamaro k’inyigisho z’uburere mboneragihugu kagaragazwa n’imigendekere myiza y’amatora mu Rwanda haba ku bwitabire n’ibindi.

Yasobanuye kandi ko amatora atuma abanyarwanda bagira uruhare mu miyoborere y’igihugu bishyiriraho abayobozi.

Aha akaba yavuze ko Komisiyo iba iteze byinshi ku rubyiruko aho ibafata nk’abafatanyabikorwa ba Komisiyo kuko ari imbaraga z’igihugu kandi zubaka, yabibukije ko muri demokarasi bagomba kugira uruhare mu bibakorerwa kugirango intumbero igihugu gifite izagerweho abanyarwanda bose bashyize hamwe.

Umukozi ushinzwe urubyiruko, siporo n’umuco mu Karere ka Muhanga, Gashugi Innocent, yibukije urubyiruko ko nk’imbaraga z’igihugu, amatora abareba ku buryo  bw’umwihariko, aho banafite ababahagarariye mu Nteko ishinga amategeko no mu Nteko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), akaba yabasabye kujya bihatira kumenya aho gahunda za leta zigeze kugira ngo bajye bagira ubumenyi buhagije ku birebana n’amatora.

Ku bijyanye n’ibyo urubyiruko rwakoze nyuma yo guhabwa inyigisho z’uburere mboneragihugu ku matora mu bihe byashize, buri Murenge wagiye ugeza ku bitabiriye amahugurwa icyo urubyiruko ruwutuyemo rwakoze mu nzego zitandukanye.

Muri rusange ibyakozwe nk’uko byagaragajwe n’urubyiruko harimo gufasha abatishoboye kubona amacumbi aho rwabubakiye amazu ahandi rukabafasha ku bundi buryo nko kubahingira no kubatera izindi nkunga zitandukanye,  gushishikariza bagenzi babo gukunda igihugu, kwitabira gahunda za Leta no kwitabira amatora, guhanga imihanda mishya no gusana isanzwe, gukora urutindo mu murenge wa Cyeza rwafashije abajyana abarwayi kwa muganga n’ibindi.

 

 

Rwanda | Nyamagabe: Southern Province Governor visits Nyamagabe district

$
0
0

Nyamagabe Southern Province Governor

On November 22nd 2012, Southern Province administration visited Nyamagabe district to evaluate and implement the performance contracts.

The visit gathered the governor of Southern Province, Army and Police chiefs in southern province, Nyamagabe district mayor and workers, cell and sector executive secretaries and village leaders.

The mayor of Nyamagabe district, Philbert Mugisha showcased what the district has done as far as 2012-2013 contract performance execution is concerned.

The governor of southern province Alphonse Munyantwali asserts that Nyamagabe district has been emerging the best in implementing performance contracts due to team work.

Governor Munyantwali adds that if Nyamagabe is no longer coming number one is not that teamwork ceased to work but just because other districts are working hard.

The governor urged district workers to work hard, be committed if they are to successfully play their part in the performance contracts.

He adds that leaders should make right decisions on the challenges they face or seek advice from higher authorities if necessary, be innovative and serve the residents.

Mayor Mugisha highlights they are ready to reap big from the advice given to them on implementing performance contracts and improving residents’ social welfare.

In security talk by General Major Mubarach Muganga, Chief of Defense force in southern province reminded leaders to take part in keeping security of the country through sensitizing residents on night patrolling and reporting crimes.

 

 

Rwanda | Gakenke: Ikarita nsuzumamikorere inoza serivisi zihabwa abaturage

$
0
0

Gakenke Ikarita nsuzumamikorere inoza serivisi zihabwa abaturageUmushinga PPIMA watangije uburyo bwo gusuzuma serivisi zihabwa abaturage hakoreshejwe ikarita nsuzumamikorere. Ubu buryo buhuza abaturage n’abahabwa servisi  bakarebera hamwe serivisi bahabwa n’uburyo zanozwa.

Hakoreshejwe ibipimo, abaturage b’umudugudu wa Sitwe, Akagali ka Rusagara mu Murenge  wa Gakenke  tariki 22/11/2012 basuzumye serivisi bahabwa mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi basanga bimeze nabi.

Bemeza ko umuriro w’amashanyarazi n’amazi bikiri ikibazo cy’ingutu mu mudugudu wabo.

Abaturage bose bagaragaje ko nubwo umuriro w’amashanyarazi wageze mu mudugudu wabo ababashije kuwufata babarirwa ku mitwe y’intoki kandi hari benshi bifuza gucana. Basanga bigoye kugira ngo umuntu ahabwe umuriro w’amashanyarazi ndetse n’amazi.

Umukozi w’umurenge ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Gakenke, yasobanuriye abaturage ko ikibazo nyamukuru abaturage bafite ari amikoro yo gufata ayo mazi n’umuriro w’amashanyarazi.

Yahamagariye abaturage kwishyira hamwe kugira ngo biborohere kubona umuriro w’amashanyarazi n’amazi.

Abaturage bishyize hamwe bakaba bafite n’amafaranga bazafashwa mu kubona amashanyarazi; nk’uko umukozi ushinzwe ubuhinzi yakomeje abishimangira.


Rwanda | Kayonza: Youth urged to adopt a reading culture

$
0
0

Kayonza Youth urged to adopt

Youth should adopt a reading culture to learn development from successful people, says Jean Bosco Kwizera, in charge of communication in the youth committee in Kayonza district.
Jean Bosco Kwizera revealed this on November 21st 2012 after he was elected to this post after it was vacant for close to five months.

Kwizera discloses that among the packages he has for Kayonza youth is sensitizing them on adopting the reading culture.

“Most of our youth do not understand well all about job creation program yet other youth have achieved a lot through forming associations. They can learn from others through reading,” explains Kwizera.

Other youth in some parts of Kayonza district are still lost in drug use and they are the priority in this reading program so that they understand the consequences of drug use.

The coordinator of National Election Commission in Kayonza, Ngoma and Kirehe, Vianney Ngarambe says that if the person in charge of communication handles well his obligation, youth will read and develop.

“Kwizera will be visiting other districts to gather information on how other youth have achieved development, so that Kayonza youth develop.”

Kwizera advises Kayonza youth to form cooperatives and get financial support to attain social and economic development.

Cyprien M. Ngendahimana

 

Rwanda : Abadahigwa batsinze indatirwabahizi mu marushanwa ya FPR

$
0
0

Ubwo kuri iki cyumweru tariki 25/11/2012 hasozwaga umukino w’umupira w’amaguru kuri stade y’akarere ka Nyanza abadahingwa bo muri ako  karere batahanye igikombe batsinze bagenzi babo bitwa indatirwabahizi zo mu karere ka Huye bahuriye muri ayo marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango wa FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe.

Abadahigwa batsinze indatirwabahizi mu marushanwa ya FPR

Ibikombe byahatanirwaga

Kuri icyo kibuga abafana b’amakipe yombi yahataniraga gutwara icyo gikombe mu byayaranze harimo ibyishimo bidasanzwe byaherekezwaga n’indirimbo zizwiho gusurutsa aho abanyamuryango ba FPR baba bateraniye.

Abadahigwa batsinze indatirwabahizi mu marushanwa ya FPR2

Hari ababyinaga ukagira ngo bagiye kuguruka

Mu minota 90 uwo mukino w’umupira w’amaguru wamaze bamwe akanyamuneza kabateraga kuririmba bavuga ko FPR ari umuryango w’abanyarwanda waharaniye kera kuzarurengera akaba ariyo mpamvu amaboko yabo  azakorera u Rwanda hirya yabo gato naho hari abandi barimo bazunguza  amabendera y’uwo muryango babyishimiye mu buryo budasanzwe.

 

Ni umukino mu by’ukuri waranzwemo n’umwuka mwiza w’ubusabane hagati mu bakinnyi b’impande zombi zahataniraga  gutwara icyo gikombe.

Abadahigwa batsinze indatirwabahizi mu marushanwa ya FPR3

Abagize amakipe yombi bakinaga neza mu buryo bwa kivandimwe

N’ubwo uwo mukino wari mu rwego rw’amarushanwa abakinnyi bateraga umupira banagerageza kwerekana ko hari byinshi bahuriyeho umuryango wa FPR – inkotanyi umaze kugeraho mu myaka 25 igiye gushira uwo muryango ubayeho.

Ibyo byatumye amakipe yombi akinira mu bwubahane maze indatirwabahzi zitsinzwe zemera ko abadahigwa hari  byinshi babigiraho bijyanye no guconga ruhago.

Usibye umupira w’amaguru wakinwe abanyamuryango ba FPR – Inkotanyi bari baturutse mu turere twose tw’Intara y’Amajyepfo bagaragaje ko hari impano nyinshi bibitsemo kandi zose zuzuzanya muri byose.

Ari ababyina n’abatera umupira bose bashimishije abantu bari ku kibuga cyabereyeho ayo marushanwa bituma bahagirira ibihe byiza yaba mu bari bahari ari urubyiruko ndetse n’abantu bakuze.

Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwari yishimiye uburyo ayo marushanwa yagize ategurwamo agatuma abantu bahura bagasabana kandi bakishimira ibyiza umuryango wa FPR – inkotanyi wagezeho mu myaka 25 yose ishize.

Yagize ati: “ Mu bintu bishimishije cyane kurusha ibindi ni uko aya marushanwa yabaye umwanya wo kugira ngo abanyamuryango bahure basabane kandi basusurutsanye”

Avuga ko muri ayo marushanwa abagiye bayitabira bose bagaragazaga ishyaka mu bikorwa byose byagiye bikorwa nabo.

Munyantwari Alphonse ashingiye ku murava abanyamuryango ba FPR –Inkotanyi bagenda bagaragaza bagafasha abatishoboye babubakira amazu yo kubamo no kuboroza inka za kijyambere zitanga umukamo w’amata uhagije yabasabye gukomeza kugendera muri iyo nzira kugira ngo igihugu cy’u Rwanda gikomeze gitere imbere  abanyarwanda ubwabo aribo babigizemo uruhare.

 

 

 

Rwanda | Gicumbi: Beating and injuring tops criminal list in last three months

$
0
0

Police Chief in Rulindo district, AIP Ildephonse Habimana has said that beating and injuring was cited as the most committed crime in the last three months.

This was revealed during the general security meeting held on November 22nd 2012 in Gicumbi district.

The meeting was aimed at evaluating security in Gicumbi district and to device measures of tightening security.

However, it was found out that people who commit this crime are drug abusers.

To avert the problem, measures to fight drugs and bars that open before evening were taken during the meeting.

Beating and injuring tops criminal list in last three months

Different leaders attended the general security meeting

For security to be kept successfully, residents are expected to work hand in hand with leaders by giving out information on whereabouts of drugs that are illegally brought into Gicumbi especially from Uganda.

It was agreed that eradicating drug use and drunkardness will reduce on idleness and crime doing.

 

 

 

Rwanda : Essential work for Rwandans should not stop because of DR Congo issues- Tony Blair

$
0
0

Essential work for Rwandans should not stop because of DR Congo issues- Tony Blair

MR. Tony Blair, former UK’s Prime Minister

The former Prime Minister of the United Kingdom (UK) Mr. Tony Blair has challenged the idea of  some donors including his own country that insist on threats to withhold or even  halt financial aid to Rwanda due to several accusations that the later country has been backing a rebel group known as M-23; a claim that Kigali Government continue to deny.

In a statement through his spokesperson, Mr. Blair acknowledges that Rwanda has gone from what he explained as “a country racked by genocide to one that has lifted over a million people out of poverty, with rapid improvements in health and education” adding that, a recent study by the British Government showed that Rwanda was one of the most effective users of aid in the world.

Describing his work and that of his African charity (AGI) to support the Government of Rwanda, the statement stressed on what Blair and African charity do to improve the social and economic development of the country – working on crucial issues like agriculture and access to electricity. “This is making a difference to the lives of ordinary people”. The spokesperson added

The former UK Prime Minister’s assertion did not ignore  the situation in Goma that he referred to as a concerning issue and that he is with his country  supporting the calls made by the countries of the Great Lakes and especially by DRC, Rwanda and Uganda for M23 to withdraw immediately.

Mr. Blair’s declaration used the word ‘BUT’ to explain why he does not find why ordinary Rwandans should be punished over dispute. “But we disagree ‘with the idea’ that essential work for the people in Rwanda should stop because of the dispute in the Congo. The proper thing is to sort out that issue through the ICGLR and the international community, and to continue to support the progress of Rwanda in the lives of the people.”

DR Congo has again encountered war with a rebel groups namely M-23 that is presently operating in the City of Goma which it captured on 20th November 2012. The city is said to be the main richest in resources in the Eastern Congo.

 

 

 

Rwanda : Ex-UK Premier pledges Rwanda support

$
0
0

Ex-UK Premier pledges Rwanda support

Former British Prime Minister Tony Blair over the weekend let his stance regarding the Rwanda-DRC fiasco well known: the people of Rwanda must not suffer for political games in the DRC.

In a press communiqué published on his website, Blair – a longtime ally of Rwanda – reminded everyone hell-bent on seeing the Rwandan government sanctioned that the real victim will be the “ordinary Rwandan people” who continue a remarkable journey of revitalization 18 years on, after the horrors of 1994.

“Tony Blair and his Africa charity, AGI, work to support the Government of Rwanda to improve the social and economic development of the country – working on crucial issues like agriculture and access to electricity. This is making a difference to the lives of ordinary people” the communiqué read in part.

Blair’s office also pointed out that Rwanda remains one of the most efficient users of foreign aid, and had only words of praise for Rwanda’s sterling record of development and recovery.

“Rwanda has gone from a country racked by genocide to one that has lifted over a million people out of poverty, with rapid improvements in health and education. What is more, a recent study by the British Government showed that Rwanda was one of the most effective users of aid in the world.”

He concluded by stating that the proper channel through which this conflict and situation can be assuaged is through the region’s International Conference on the (ICGLR), and welcomed recent progress made on this front.

“Of course the situation in Goma is concerning and we fully support the calls made by the countries of the Great Lakes and especially by DRC, Rwanda and Uganda yesterday (Friday) for M23 to withdraw immediately. But we disagree that essential work for the people in Rwanda should stop because of the dispute in the Congo. The proper thing is to sort out that issue through the ICGLR and the international community, and to continue to support the progress of Rwanda in the lives of the people.”

A summit of regional leaders was on Saturday held in the Ugandan capital Kampala to address the escalating DRC situation, with a number of resolutions reached, as per a statement released after the talks.

The M23 rebels are now required to withdraw at least 20 kilometers north of Goma and the U.N. mission in the DRC, MONUSCO, should monitor the buffer zone.

The statement also calls on the Congolese government to listen to and resolve the grievances of the rebels, who took control of the city of Goma on Tuesday last week.

The M23 group was named for a peace deal reached on March 23, 2009, which it accuses the government of violating.

 

 

 

RWANDA | GISAGARA: SAVE BARASHIMA KO FPR YABAGEJEJE KURI BYINSHI BYIZA

$
0
0

Abaturage bo mu kagari ka Shyanda, umurenge wa Save akarere ka Gisagara, bongeye gushimira ibyiza bitandukanye umuryango FPR wabagajejeho, ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umazekuri uyu wagatandatu tariki 24 ugushyingo. Abahagarariye uyu muryango nabo kandi bongeye kwizeza abaturage ko batazabatererana banababwira ko hakiri urugendo mu iterambere no mu kwiyubaka ariyo mpamvu ngo ibikorwa by’uyu muryango bitazahagarara.

SAVE BARASHIMA KO FPR YABAGEJEJE KURI BYINSHI BYIZA

Mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze, abaturage bo mu murenge wa Save akagari ka Shyanda ho mu karere ka Gisagara bashimye cyane ibyo uyu muryango wabagejejeho mu iterambere, aho bavuga ko wabafashije kugira ibyo bageraho bari ba ntaho nikora, uyu munsi bakaba babasha nabo kugira abo bafasha babikesheje uyu muryango.

Mukagasimba Trifonie avuga ko yari umukene cyane, azaguhabwa inka muri gahunda ya Gira inka munyarwanda, iza kubyara, agurisha inyana agura umurima wa metero 60 kuri 80 ahinga ukavamo ibimutunga n’abana be, nyuma ya nka yongera no kubyara ubu bakaba banywa amata ndetse bakanakamira abaturanyi.

Muri uyu muhango waranzwe no gushima cyane, abayobozi b’umuryango FPR mu nzego zitandukanye bari bahari nabo bishimiye intera bagezeho uyu munsi mu bikorwa bitandukanye, birimo gufasha abatishoboye ndetse no gutera inkunga abafite imishinga itandukanye iganisha ku iterambare. Faïda Jean Marie vianney uhagarariye FPR mu kagari ka Shyanda avugako ariko hakiri byinshi byo gukora, ko urugendo rugihari kandi ko bazakomeza kuko intego yabo ari imibereho myiza kuri buri munyarwanda wese.

Bwana Faïda yagize ati “ ibikorwa byinshi byarakozwe, abaturage barorojwe, urubyiruko rwafashijwe kwiteza imbere ruhabwa za mudasobwa, hari n’umuturage wubakiwe muri aka kagari. Urugamba ariko ruracyari rurerure kuko hakiri ibyo tugomba kugeraho, abaturage bose bakabasha kwiteza imbere ndetse n’amahanga akajya aza ku twigiraho”.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR umaze ushinzwe, mu kagari ka shyanda byasojwe n’ubusabane hagati y’abanyamuryango.

 

 

 

Rwanda | Huye: Mu Kagari ka Rango B bijihije isabukuru y’imyaka 25 ya FPR

$
0
0

Mu Kagari ka Rango B bijihije isabukuru y’imyaka 25 ya FPR

Imbyino zirata ibikorwa FPR yabagejejeho, ubuhamya bw’abishimira ibyo bamaze kugeraho, kuremera abatishoboye babaha matela nini ndetse no gusangira icyo kunywa hamwe na gato (gateau) y’isabukuru y’imyaka 25, ni bimwe mu byaranze ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango FPR, mu Kagari ka Rango B ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye.

Régis Mbonigaba, umukuru w’uyu muryango mu Kagari ka Rango B, avuga ko mu byo abanyamuryango bamaze kugeraho kandi bishimira harimo gutanga inkunga yo kubaka amashuri, ibi bikaba bizatuma uburezi bugera ku bana bose bo muri Rango B.

Mu Kagari ka Rango B bijihije isabukuru y’imyaka 25 ya FPR2

Yagize ati « twagize uruhare rugaragara mu gushishikariza abaturage kwitabira ubwisungane mu kwivuza, twitabira kubaka ibyumba by’amashuri y’imyaka 9 na 12 dutanga umusanzu none ubu amashuri yaruzuye kandi abana bayigiramo. »

Mbonigaba akomeza agira ati « twitabiriye ibikorwa by’umuganda ku buryo bushimishije, dusana imihanda ihuza imidugudu yari yarangiritse. Twatanze umusanzu uhoraho ndetse n’umusanzu udasanzwe wo kubaka urugo rw’umuryango mu Karere ka Huye, ubu rwaruzuye kandi rurakeye. »

Mu myaka 25 iri imbere, abanyamuryango ba FPR muri Rango B bazarushaho gukangurirwa gutanga umusanzu wabo kuko ari wo wubaka ibikorwa by’umuryango, kurushaho kwicungira umutekano, gukomeza gahunda ya dusasirane no kurihira mituweri abatishoboye.

Na none kandi, aba banyamuryango bo muri Rango B bafite gahunda yo kuremera abakene kugeza igihe bazashaka uwo baremera bakamubura.

Abaremewe barabyishimiye cyane

Antoniya Mukabuyenge ni umwe mu bahawe matela mu gihe cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ya FPR muri Rango B. Avuga ko yari asanganywe indi matela abana be bamuguriye, ariko ngo no kuba FPR yaramwibutse ikamuha indi birushaho kumwereka ko bamwitayeho, bikarushaho kumwereka ko ari uw’agaciro.

Christiane Mukamuganga na we yahawe matela. Avuga ko mbere yari azifite baza kuzimwiba, abura amafaranga yo kugura izindi, ku buryo ngo yaramburaga umuce akarenzaho imyenda ni uko akaba ari ho aryama. Ngo arashimira FPR yamusasiye.

 

 

 


Rwanda | Rusizi: Kugira uruhare mu kugaragaza inyugu za buri munyarwanda ni inzira y’imiyoborere myiza

$
0
0

Kugira uruhare mu kugaragaza inyugu za buri munyarwanda ni inzira y’imiyoborere myiza

Buri munyarwanda wese agomba kwishyira akizana agahabwa umwanya n’ubwisanzure mukugaragaza ibyatuma atabangamirwa muri demokarasi. Ibi ni ibyatangajwe n’Impuguke mu miyoborere myiza mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza RGB, Bwana Karanze Kayigire, mu biganiro byabereye mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 23 ugushyingo,2012 kuri Centre de Pastoral Incuti i Kamembe, bikaba byahabwaga Abagize Biro y’Inama Nyanama y’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge, hamwe n’abahagarariye sosiyete sivire hagamijwe kurushaho kunoza no gushimangira service nziza.

  Kugira uruhare mu kugaragaza inyugu za buri munyarwanda ni inzira y’imiyoborere myiza2         

Atangiza ibi biganiro ku mugaragaro , umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Bwana Nzeyimana Oscar yagaragaje ko muri iki gihe mu nzego zose z’igihugu haba hakenewe ibikorwa bigaragaza akamaro k’imiyoborere myiza kugirango ibyemezo bifatwa ndetse n’ibikorwa byose bigirwemo uruhare rumwe hagati y’abayobozi n’abayoborwa.

Kuri Mayor Oscar rero ngo kutagira imiyoborere myiza ngo ni bimwe mu byatumye u Rwanda rugwa mu icuraburindi kuko abaturage bari bameze nk’impumyi, ntawe uzi gutandukanye ikibi n’icyiza kuko batahabwaga uruhare mu bibakorerwa.

Kwimakaza imiyoborere myiza ni kimwe mu byashyizwemo imbaraga mu Rwanda ibyo ngo abaturage bakabigiramo uruhare kuko aribo banashyiraho ababayobora, iyo miyoborere kandi yakurikiwe no kwegereza abaturage ubuyobozi n’ubushobozi nkuko umuyobozi w’aka karere ka Rusizi nzeyimana Oscar yabitangaje

Aha rero akaba ariho hagaragarira kunenga no gushima kandi ntihagire uzira igitekerezo cye hakurikijwe uko yumva ibintu kandi umuturage wese akaba yibona mu buyobozi. Ibi bijyana no kugira icyerekezo cy’aho uganisha abo uyobora kandi ntihirengagizwe ko n’uyobora ashobora kugira intege nke.

Mu kwibaza niba koko, iyi miyoborere myiza ivugwa ko igamije guha umuturage ijambo n’uruhare mu bimukorerwa, icyaba cyiyigaragaza cyane cyane ku rwego rwo hasi, tubaza bamwe mubitabiriye ibi biganiro:

Bwana Kayigire Karanze impuguke mu miyoborere myiza,  asobanura ijambo imiyoborere myiza, yagaragaje ko hari intambwe uRwanda rumaze gutera asaba abayobozi kuyikomeza barushaho kwegera abaturage cyane cyane bahabwa umwanya mu kumvikanisha ibibazo byabo hatagize uniganywa ijambo bityo abayobozi nabo bakihutira kubisubiza

Twabamenyesha ko, abari muri ibi biganiro, banagaragarijwe ko bimwe mu bigomba kwibandwaho harimo guha umuturage umwanya no kugishwa inama mu bigomba gukorwa.

 

 

 

Rwanda : Umuco mwiza ni ukumenya ko undi afite agaciro n’icyubahiro-Umuyobozi wa Burera

$
0
0

Umuco mwiza ni ukumenya ko undi afite agaciro n’icyubahiro-Umuyobozi wa Burera

Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko umuco mwiza udashingira ku butunzi gusa ngo ahubwo ushingira ku bwubahane, buri wese aha agaciro mugenzi we.

Ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe umuco, tariki ya 23/11/2012, Semabagare Samuel yavuze ko kubahana ndetse no guhana agaciro biramba bikageza ku iterambere kurusha ubutunzi uko bwaba bungana kose.

Agira ati “umuco mwiza ni ukubaha abaturage, umuco mwiza mu banyarwanda ni ukubaha mugenzi wawe, yaba ari umwana, yaba ari ukuze…uwo muco mwiza wo guha buri wese agaciro nibyo biramba kurusha yenda kwibwira ko iterambere rishingiye ku mazu y’ama-Etage(imiturirwa) cyangwa se ku bifaranga byinshi”.

Akomeza avuga ko umuryango ushobora kuba ufite amafaranga menshi ariko nta mahoro ufite. Kubera kutubahana usanga abo muri uwo muryango babanye nabi buri wese ari nyamwigenda ho bagakoresha umutungo wabo nabi ndetse ababyeyi badaha n’uburere bwiza abana babo.

Umuryango nk’uwo usanga umugore n’umugabo buri wese ajya muri hoteli ye bagatagaguza maze bagataha bukeye abana babo babuze ubarera. Ayo mafaranga ntacyo yaba amaze kuko kwaba ari ugusenya nk’uko Sembagare abisobanura.

Yongera ho ko imiryango nk’iko iba yarabuze umuco wo gukundana, wo kubahana, wo kwicisha bugufi, wo gushyira mu gaciro, wo gushishoza no kudahubuka.

Sembagare avuga ko kandi ubumwe ari inkingi ikomeye ishyigikira umuco w’abanyarwanda kuko abashyize hamwe nta kintu gishobora kubananira. Abantu bafite ubumwe bagera ku iterambere ryihuse kandi rirambye nk’uko abihamya.

Agira ati “igihugu kidafite ubumwe gishobora kubaka amazu kuyasenya bikaba umunsi umwe. Byose bishingira ku bumwe kandi ubumwe ni umuco nyarwanda”.

Sembagare yongera ho ko abanyarwanda bakomora umuco ku bakurambere. Abo bakurambere babanaga neza kandi bakira neza ababagana. Ibyo nibyo bigomba gukomeza kuranga umuco nyarwanda nk’uko abisobanura.

 

 

 

RWANDA | GISAGARA: HAKOZWE UMUGANDA HANAKEMURWA IBIBAZO BY’ABATURAGE

$
0
0

Kuri uyu wa gatandatu, tariki 24/11/2012 kimwe no hirya no hino mu gihugu, mu karere ka Gisagara habereye umuganda rusange , haterwa ibiti muri gahunda yo kurwanya isuri. Nyuma y’ uyu muganda , hanabaye igikorwa cyo gucyemura ibibazo by’ abaturage, aho intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’ abadepite zafatanyije n’ ubuyobozi bw’ akarere mu gucyemura ibibazo bitandukanye abaturage bagiye babaza. Ahanini ibi bibazo bikaba byibanze cyane ku butaka.

HAKOZWE UMUGANDA HANAKEMURWA IBIBAZO BY’ABATURAGE

Muri uwo muganda kandi, abaturage bo mu murenge wa Mugombwa muri aka karere ka Gisagara basaga ibihumbi 4, bifatanyije n’ intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’ abadepite, mu gikorwa cyo gutera ibiti muri uyu murenge bikaba byatewe mu rwego rwo kurwanya isuri.

Nyuma y’ uyu muganda, intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’ abadepite, bafatanyije n’ abayobozi b’ akarere ka Gisagara mu gucyemura ibibazo bagejejeweho n’ abaturage.

Mukarumanyika Josee Ni umuturage wo mu murenge wa mugombwa , akaba asanga kuba bagenderewe n’ intumwa za Rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’ abadepite  bagafatanya n’inzego z’ akarere mu gucyemura ibibazo byabo ari igikorwa cyiza.

Ku ruhande rw’ intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko , umutwe w’ abadepite, Honorable Depite Byabarumwanzi Francois, aragira inama abayobozi b’ inzego zegereye abaturage kongera imbaraga mu gucyemura ibibazo bishingiye ku butaka, bakarangiza imanza kuko biri mu nshingano zabo.

Ibiti byatewe uyu munsi bigera ku bihumbi 14, bikaba byatewe kuri hegitali 7

Uretse uyu muganda wa korewe mu Murenge wa Mugombwa, abapolice bakorera mu karere ka Gisagara, bakaba bafatanyije n’ abaturage bo mu murenge wa Gishubi, aho bateye ibiti bisaga 20.000.

 

 

 

Rwanda | Nyamagabe: Umuganda wo muri uku kwezi wabyajwe umusaruro hirya no hino mu mirenge.

$
0
0

Umuganda wo muri uku kwezi wabyajwe umusaruro hirya no hino mu mirenge.

Umuganda usoza ukwezi k’ugushyingo wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24/11/2012 mu karere ka Nyamagabe wakozwemo ibikorwa byinshi bigamije gufata neza ubutaka, kuzamura imibereho myiza y’abaturage ndetse no kunoza imibanire n’abandi.

Abaturage bo mu murenge wa Gatare bakoze umuganda wibanze ku bikorwa byo kubaka icumbi ry’abarimu, gusibura imihanda aho isuri yari yarayifunze ndetse hanakorwa amatora yo kuzuza inzego z’ibanze zari zituzuye mu midugudu, mu kagali ndetse n’abunzi.

Nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatare, Nkunzi R. Celestin abitangaza, ngo mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 25 Umuryango FPR-Inkotanyi umaze ubayeho, habereye ibirori byo kuwizihiza mu tugari twose, bisozwa n’igikorwa cyo kuremera abatishoboye bafite ikibazo cy’imirire mibi mu ngo zabo borozwa inka. Mu murenge wose hakaba haratanzwe inka 38 n’ingurube 4.

Mu murenge wa Nkomane umuganda usoza ukwezi wakorewe mu kagari ka Bitandara, mu mudugudu wa Buhanzi aho abaturage bifatanyije n’Ubuyobozi bw’umurenge ndetse n’ingabo z’Igihugu bateye ibiti ibihumbi 17 bivangwa n’imyaka mu rwego rwo kurwanya isuri, iki gikorwa kikaba kizaikomeza kuko umurenge ufite ibiti bisaga ibihumbi 700 bizaterwa mu mirima, usibye iby’imbuto bingana n’ibihumbi 30.

Nyuma y’uyu muganda kandi abaturage bahawe ibiganiro ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ingaruka zaryo n’amategeko ahana iki cyaha, ndetse banaganirizwa ku mutekano w’igihugu no hanze yacyo nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa NKOMANE, Nyandwi Eliezer abitangaza.

Abaturage bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo kandi bemerako nta mwanzi ushobora kubinjiramo kuko amarondo bagiye kuyitaho ndetse no kuzuza ikayi y’abinjira n’abasohoka.

Mu murenge wa Mbazi kandi uyu muganda wahariwe kurwanya isuri hakaba haratewe ingemwe za kawa zigera ku 2800, hakaba haranatangirijwe iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa mu Karere ka Nyamagabe.

Mu ijambo yagejeje ku baturage bari aho nyuma y’umuganda, Mugisha Philbert, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe yabasabye gufata neza ubutaka bwabo barwanya isuri ku misozi ndetse banatera ibiti binyuranye kugira ngo bifate ubutaka.

 

 

 

 

Rwanda : How German Police “missed” genocide financer Felicien Kabuga

$
0
0

How German Police “missed” genocide financer Felicien Kabuga

This is said to be the only available latest photo of the world’s most wanted genocide suspect, Felicien Kabuga.

 

In all likelihood, Felicien Kabuga, wanted by the International Criminal Tribunal for Rwanda, was in Frankfurt (Germany) in 2007.

It was on September 7, 2007, near Frankfurt, Germany. Police knock on the door of a house. Inside, was a man wanted by the International Criminal Tribunal for Rwanda: Augustin Ngirabatware, Minister of Planning during the genocide.

On noticing the police, who had come to arrest him, Ngirabatware displayed a strange reaction: he draws a USB from his pocket, throws it onto the ground and destroys it using his heels. Overpowered by the police, he is placed in detention. What was he trying to hide? Doubtful, investigators take the destroyed USB to a laboratory for analysis. But Ngirabatware is dead-silent: it will take several weeks to talk.

However, technicians are able to extract several documents, including at least one which seemed to be interesting: a hospital bill, amounting to about 5,000 Euros, under the names of a Tanzanian national. The document mentions treatment for “chronic respiratory failure.”

How German Police “missed” genocide financer Felicien Kabuga2

This is the photo which was found in the passport obtained from Tanzanian authorities by German investigators (Photo: Jeune Afrique)

 

Intrigued, the German police seek and find the trace of the passport used by the patient to enter Germany territory and request for the holder’s file from Tanzanian authorities. Surprise: the photo they receive, and which Jeune Afrique has provided (see side photo), is clearly that of Ngirabatware’s father-in-law, Félicien Kabuga (77 years), nicknamed the “financier” of genocide. He was president of the infamous Radio Television Libre des Mille Collines (RTLM) and is believed to have imported tens of thousands of machetes for the genocidal militias. Incidentally, this photo contradicts the rumors that were circulating at the time, saying he had undergone plastic surgery to change his face.

False names

When investigators return to Ngirabatware’s home, Felicien Kabuga may have obviously left the country long ago. But a survey of the neighborhood allows them to learn that he has stayed in this house. Witnesses saw him move with an English cane (walking stick). There is some evidence he was even in the premises at the time of the arrest!

According to a source close to the investigation, Ngirabatware had time to speak out multiple phrases “in a language unknown to police” before his arrest. Was it Kinyarwanda? Was it for his father-in-law? One thing is certain: September 7, 2007, the alleged genocidal most wanted in the world came close to an arrest. He came close a few hours. Maybe even a few meters.

And since then? The prosecutor of the International Criminal Tribunal for Rwanda (ICTR), Hassan Jallow, stated regularly: he could be in Kenya. This rich man manages more business there under a false name. Despite the arrest of Ngirabatware, some family members remain high profile; Kabuga’s other son-in-law, Fabien Singaye, is Special Advisor to the President of the Central African Republic, François Bozizé. The Kenyan government continues to deny that Kabuga is present on its soil. But a documentary – indeed controversial – by the private channel NTV Kenya released in July tends to prove otherwise.

 

This story is originally published by French magazine “Jeune Afrique” on November 27, 2012. Because of the nature of the details in the story, News of Rwanda has translated it entirely. 

 

 

 

Viewing all 3792 articles
Browse latest View live