Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3792 articles
Browse latest View live

Abahagarariye abafite ubumuga basabwe guharanira uburenganzira bw’abo bahagarariye

$
0
0
Abatowe ngo ntibazatatira ababatumye 

Abatowe ngo ntibazatatira ababatumye

Abatowe basabwe guharanira uburenganzira bw’a

Abatowe basabwe guharanira uburenganzira bw’a

Abahagarariye abafite ubumuga batowe mu nzego zitandukanye mu Karere ka Karongi barasabwa guharanira ko uburenganzira bw’abo bahagarariye bwubahirizwa.

Ni nyuma y’amatora y’abahagarariye inama y’igihugu y’urubyiruko ndetse n’abahagarariye inama y’igihugu y’abafite ubumuga ku rwego rw’Akarere ka Karongi cyabaye kuri uyu wa 25/02/2016, igikorwa cyabaye n’ahandi mu gihugu.

Bizimana Jenvier ukomoka mu Murenge wa Mubuga ati:”Abo twatoye tubatezeho byinshi, icyo tubifuzaho cyane ni uko barushaho kudukorera ubuvugizi, uburenganzira bw’abafite ubumuga bukubahirizwa, amategeko abagenga akubahirizwa.”

Nyiraneza Marthe, umwe mu bafite ubumuga ukomoka mu Murenge wa Gashari ati:”Abo twatoye twabatoye tubizeye, batugereho aho turi mu Mirenge no mu Tugari bumve ibibazo dufite, nabo badukorere ubuvugizi.”

Abatowe nabo biyemeje kutazatenguha ababatumye, babizeza ubuvugizi nk’uko babibasabye.

Mpamo Jazo ufite ubumuga bwo kutabona watorewe imibereho myiza ku rwego rw’Akarere ati:”Ndishimye cyane kugirirwa icyizere kuko kugira ubumuga bwo kutabona ntibivuga kutagira ubwenge, ubu rero ngiye gukorera abantoye ntitaye ku byiciro barimo.”

Ikindi abatowe guhagararira uru rwego bagarutseho, ni ikijyanye n’uburezi ku bafite ubumuga, icyiciro kikiri hasi mu gihugu bitewe n’uko akenshi usanga hasabwa ibikoresho byihariye kimwe n’abarimu babizobereyemo.

Mukamana Therese ufite ubumuga bw’amaguru, akaba yari asanzwe ahagarariye inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu karere ka Karongi, niwe wongeye gutorerwa uyu mwanya.


Uburasirazuba: Abayobozi bashya barasabwa guteza imbere ibikorwaremezo

$
0
0
Abatowe basabwe kwita kubikorwaremezo

Abatowe basabwe kwita kubikorwaremezo

Komite nyobozi y’akarere ka rwamagana

Komite nyobozi y’akarere ka rwamagana

Abayobozi batowe muri Komite nyobozi na Njyanama z’uturere tw’intara y’Uburasirazuba barasabwa guteza imbere ibikorwaremezo mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’intara.

Babisabwe na guverineri w’iyo ntara, Uwamariya Odette, nyuma y’amatora yabashyize mu nshingano kuri uyu wa 26 Gashyantare 2016. Yavuze ko intara y’Uburasirazuba ifite amahirwe menshi yareshya abashoramari, ariko bamwe bakaba bacibwa intege n’uko hari uduce tw’iyo ntara tutaragira ibikorwaremezo by’ibanze bihagije.

Ati “Hari ibikorwa bikeneye gushyirwamo imbaraga, byinshi ni ibiganisha mu kongera ibikorwaremezo kuko ubona ishoramari ryakwikora ibyo bikorwa byakozwe. Ni ibikorwa bijyanye no gutunganya imihanda, ibikorwa by’amazi n’amashanyarazi. Birasaba ko icyerekezo cyashyirwa mu bikorwa byorohereza abashoramari”

Nyuma y’uko abo bayobozi bashya batorwa hari abaturage bakurikiranye umuhango wo kubarahiza kugira ngo bumve icyerekezo babafitiye. Abakurikiranye uwo muhango wo kurahira bavuze ko badakeneye umuyobozi uzabasubiza inyuma. Mukagihana Marigarita yavuze ko  abayobozi batowe bagomba kuzakora ibyo basezeranyije abaturage biyamamaza kuko ari yo mpamvu abaturage babatoye.

Ati “Turabasaba kutumenya bakubaka urwatubyaye, kandi ibyo batwijeje biyamamaza ni byo dutegereje. Bavuze ko ntawe uzabababarana, ngo bazadukorera byiza, dutegereje kureba ko bazabikora”

Abayobozi batorewe kuyobora uturere tw’uburasirazuba bijeje abaturage ko icyo bashyize imbere ari iterambere ry’abaturage b’Uburasirazuba n’u Rwanda muri rusange. Gusa nanone bavuga ko hakenewe ubufatanye bw’abaturage kuko abayobozi ubwabo batagira icyo bageraho mu gihe abaturage batabari inyuma, nk’uko Mbonyumuvunyi Radjab watorewe kuyobora akarere ka Rwamagana abivuga.

Ati “Twumva tuzafatanya n’abaturage bacu tubateza imbere duteza imbere ibikorwa by’ubuhinzi n’ubucuruzi bitunze umubare utari mutoya w’abaturage bacu. Ingamba ni ugufatanya tugakorera ku ntego buri wese akamenya icyo agomba gukora kandi akakinoza”

Muri komite nyobozi nshya z’uturere tw’Uburasirazuba hagiye hagarukamo bamwe mu bayobozi bayoboye muri komite zicyuye igihe, uretse iy’akarere ka Nyagatare igizwe n’abayobozi bashya gusa. Bose basabwe guhuza imbaraga bakorera hamwe nk’ikipe, kuko ari byo bishobora gutuma bubahiriza ibyo bijeje abaturage igihe biyamamazaga.

Abatorewe kuyobora akarere ka Burera ni bantu ki ?

$
0
0

 

Uwambajemariya Florence

Uwambajemariya Florence

Akarere ka Burera kabonye abayobozi bashya batatu, guhera ku wa gatanu tariki ya 26 Gashyantare 2016, basimbuye abarangije manda.

Uwambajemariya Florence niwe watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Burera. Habumuremyi Evariste atorerwa kuba umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu naho Habyarimana Jean Baptiste atorerwa kuba umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Ku munsi batoreweho ntabwo bahise barahira kuko amatora yarangiye bumaze kwira, bihurirana nuko isabato yatangiye bityo uwari kubarahiza ahita ataha kuko asengera mu itorero ry’Abadivantisti b’Umunsi wa Karindwi. Barahiye tariki ya 29 Mutarama 2016.

Aba bose mbere yuko batorerwa kuyora akarere ka Burera hari indi mirimo bari basanzwe bakora.

Uwambajemariya Florence

Mbere yuko atorerwa kuyobora akarere ka Burera yari asanzwe ari umuyobozi wungirije w’ako karere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Uyu mugore wubatse, afite imyaka 43 y’amavuko. Afite impamyabushobozi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) mu iterambere (Developments).

Habumuremyi Evariste

Habumuremyi Evariste

Mbere yuko atorerwa kuba umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarama wo muri ako karere.

Habumuremyi Evariste

 

Uyu mugabo wubatse, ufite imyaka 40 y’amavuko, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu burezi. Yabanje kwigishije mu mashuri abanza n’ayisumbuye.

Nyuma nibwo yabaye umuyobozi w’ishami ry’abakozi mu karere ka Burera mu gihe cy’imyaka ibiri. Yahavuye muri 2008 ahita ajya kuyobora umurenge wa Gitovu wo muri ako karere, muri 2015 yimurirwa  mu murenge wa Rugarama.

Habyarimana Jean Baptiste

 

Mbere yuko atorerwa kuba umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yari Perezida wa Njyanama yako karere.

Habyarimana Jean Baptiste

Habyarimana Jean Baptiste

 

Uyu mugabo wubatse, afite impamyabushobozi y’ikiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye n’ubumenyi bw’isi (Geography), yakuye mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR).

Habyarimana yari umukozi mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubutaka, aho yakoreraga mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze. Yamaze imyaka 15 ari umurezi.

 

 

Dr. Naasson Munyandamutsa, psychiatric and researcher, dies at age 56

$
0
0

1

Dr Naasson Munyandamutsa, 56 a famous Rwandan Psychiatrist and researcher has died at his home in Kigali this March 2, 2016, after succumbing to illness, family and relatives have disclosed.

The details of the disease that caused the death of Munyandamutsa has not been readily disclosed but Munyandamutsa will always be remembered in Rwanda for his influence in research and peace building, and his hard work as a medic.

In March 2013, Dr. Naasson Munyandamutsa was selected to receive the 2013 Barbara Chester Award. The award was formally presented to him on the 12th of October on the Hopi Indian reservation in northeastern Arizona.

Dr. Munyandamutsa (5th left) receiving the 2013 Barbara Chester Award

Dr. Munyandamutsa (5th left) receiving the 2013 Barbara Chester Award

Who was Dr. Munyandamutsa? 

Munyandamutsa was a medical doctor with specializations in Psychiatry and Psychotherapy. He has worked as a clinician and lecturer in the Department of Psychiatry at the University of Geneva in Switzerland.

A frequent presenter at international conferences on psychological trauma, Dr. Munyandamutsa addresses the psychological consequences of extreme violence and the challenges of living together in war torn societies.

He also collaborated with the International Criminal Tribunal for Rwanda in the capacity building of stakeholders by providing psychological treatment for victims and witnesses.

Before his death, he was a lecturer in the Faculty of Medicine and the Department of Clinical Psychology at the National University of Rwanda, maintains a clinical practice, and worked for the promotion of dialogue as a mechanism for conflict management in war-torn countries in his role as Deputy Director of the Institute of Research and Dialogue for Peace (IRDP)

Dr. Munyandamutsa also is a member of the scientific support committee for Rwandan projects in the field of health funded projects by the government of Belgium. In 2011 he received the Geneva Prize Foundation for Human Rights in Psychiatry Award.

He was also one of the brains behind Never Again Rwanda- a human rights and peace building organization that was founded in response to the 1994 genocide perpetrated against Tutsis.

Gasabo: Rwamurangwa ngo azibanda ku gutunganya imyubakire

$
0
0
Rwamurangwa Stephen, arahirira kuyobora akarere

Rwamurangwa Stephen, arahirira kuyobora akarere

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo watowe, Rwamurangwa Stephen, avuga ko azihatira ku gutunganya imiturire kandi hikitabwa ku ngeri zose z’abantu.

Ibi akaba yabitangaje akimara gutorerwa kongera kuyobora aka karere, mu matora yabaye kuri uyu wa 26 Gashyantare 2016, aho hanatowe abamwungirije ndetse n’inama njyanama y’aka karere.

Akimara gutorwa, Rwamurangwa yashimiye abamutoye kubera ikizere bamugiriye, avuga ko azakomeza guteza imbere aka karere ariko akazibanda ku miturire.

Ifishi y’amatora

Ifishi y’amatora

Yagize ati “ kimwe ni uko tuzakomeza kurwanya akajagari mu myubakire ariko tukakarwanya ntawe duhutaje, tukazabifatanya n’izindi nzego bireba ku buryo umuntu azajya yerekwa aho yubaka hakurikijwe ubushobozi bwe kugira ngo hatagira uhezwacyane ko igishushanyo mbonera gitunganyije neza”.

Akomeza avuga ko kugira ubushobozi buke bitavuga gutura mu kajagari kuko ngo bafite ahantu henshi hari imidugudu irimo inzu ziciriritse kandi zidateje ikibazo.

Mugiraneza Bernard, umujyanama wo mu murenge wa Ndera avuga bko yishimiye abayobozi batoye kuko ngo n’ubundi bakoraga neza.

Ati “twishimiye abayobozi twatoye kuko  twite ko bazadukemurira ibibazo binyuranye birimo iby’abakene bagorwaga no kubona aho gutura kubera imyubakire y’umujyi iba ihenze cyane, tukumva bazabikora ku buryo buri wese azasubizwa”.

Muri aka karere ka Gasabo, Komite nyobozi yari isanzwe ikayoboye ni yo n’ubundi yongeye kugirirwa ikizere ngo yongere ikayobore ikaba igizwe na Rwamurangwa Stephen, umuyobozi w’akarere, Mberabahizi Remond Chrétien, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere na Nyirabahire Languida, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Aya matora akaba yasojwe hakorwa ihererekanyabubasha hagati y’umuyobozi w’agateganyo wayoboraga akarere na komite yari imaze gutirwa.

N’ubwo afite amashuri make afite ububasha bwo kuba umujyanama

$
0
0
Abagore 8 bagize 30%

Abagore 8 bagize 30%

Abitabiriye amatora

Abitabiriye amatora

Mu muhango wo gutora Njyanama na Nyobozi z’akarere ka Kirehe Nyiramahoro Théopiste asanga itegekonshinga rimuha ububasha bwo kuba umujyanama kubw’amashuri ye make.

Yabivugiye mu muhango wo kwiyamamaza kujya muri njyanama y’akarere mu muhango wabaye tariki 26 Gashyantare 2016 aho yatorewe mu bagore bagize 30% aba ari we ubahiga mu majwi.

Abenshi ntibumvaga uburyo umuntu yajya muri Njyanama y’akarere afite amashuri abanza ariko Nyiramahoro yarabibasobanuriye.

Yagize ati“ngiye kubatunguza ibitigeze biboneka kubandi, mfite amashuri umunani abanza, nshingiye ku itegekonshinga twitoreye niba mutararisomye niryo ryanyemeje kuza guhagarara imbere yanyu kandi nifitiye icyizere, wumvise ayo mashuri wakumva ko ntacyo amaze ariko mbabwiye umusaruro nabyaje ayo mashuri nta gipimo wawushyiramo”.

Yakomeje agira ati“ubushize inama y’abaminisitiri yanshize muri board ya NAEB ntimwabyiyumviye kuri radio?ubwo se icyizere nakigirirwa hejuru iyo Hano mu rugo mukakinyaka?igihugu kiranyizera nkagihagararira neza, ndurira indege nkijyana nkongera nkicyura kandi ngasohoza ubutumwa igihugu cyantumye”.

Avuga ko kuba yarazamukiye mu murenge wa Musaza bitavuze ko ari bo bamuha agaciro gusa kuko mu mirenge yose ngo yamutorera akamaro yabagiriye.

Ati“mbarondoreye ibyo nakoze ni byinshi, ndangije umwaka ari njye uyobora Rwanda Coffee Cooperative Federation, ubu nasamukiye mu murenge wa Musaza ariko aho najya hose bantora,unjyanye Kigina bantora, unjyanye  Nyamugari bantora unjyanye Gahara bantora ntiwapfa kunsinda, ibyo nakoze nibyo binsabira amajwi, none se abandi bambyaze umusaruro ndeke kuwubyarira akarere kacu ka Kirehe?”

Mu matora yabagore bagera kuri 30% bigize njyanama y’akarere, Nyiramahoro niwe wabaye uwa mbere mu kutorwa n’abantu benshi agira amajwi 162ahita yinjira mubagize Njyanama y’akarere ka Kirehe.

Rwagasana Ernest wayoboraga Njyanama y’akarere icyuye igihe niwe wongeye gutorerwa kuyobora manda igiyeho y’imyaka itanu.

Muzungu Gerald yongeye gutorerwa kuyobora akarere ka Kirehe, Nsengiyumva Jean Damascene atorerwa umwanya w’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’imari, Mukandarikanguye Geraldine atorerwa kuba umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

South Sudan join East Africa Community

$
0
0
EAC leaders in Arusha on Wednesday

EAC leaders in Arusha on Wednesday

South Sudan has been admitted as the 6th Country in East African Community (EAC), Rwanda Eye report.

The inclusion of South Sudan was endorsed at the heads of state summit of the EAC, chaired by the Tanzanian leader John Pombe Magufuli on Wednesday.

This will widen the market size of the region to a staggering 164 million people, a sizeable population capable of attracting billions of dollars in Foreign Direct Investments.

South Sudan’s admission endorsed by the Heads-of-State meeting in Arusha, Tanzania on Wednesday ends several years of waiting to join the regional economic bloc comprising Uganda, Kenya, Tanzania, Burundi and Rwanda.

EAC’s Growth Domestic Product is estimated at $134 billion.

Experts say the move is good for South Sudan which has been struggling with a crumbling economy following a two-year devastating war.

With a peace agreement in place and rebel leader Dr RiekMachar expected in Juba soon, the country’s growth prospects remain high.

For a common market to be successful there must be a significant level of harmonisation of micro-economic policies, and common rules regarding monopoly power and other anti-competitive practices.

Officials say the benefits of integration far outweigh any existing fears with strong trade ties being an important tool in enhancing peace and stability in Africa.

Kirehe: Newly elected youth committee promises change

$
0
0

The newly elected Youth committees in Kirehe district pledged to work hard and lead residents to social economic development.

Elected on Febuary25, the new National Youth Council is made of 7 members, with 3 in administration and 4 commissioners for social welfare, good governance, economy and justice

The National Youth Council believe team work will help them implement the projects

The National Youth Council believe team work will help them implement the projects

Alexis Muhire, elected youth coordinator in Kirehe district highlighted that they will ensure projects are implemented while promoting team work.

“Youths have many opportunities that can be used to promote them economically. We also plan to keep on encouraging the youth to change their mindset towards work and set up income generating projects,” he clarified.

Marie Rose Muhawenimana, the commissioner for social affairsadvised youth to avoid bad behaviours like drinking alcohol, taking drugs, idleness and prostitution and instead start investing in their future through hard work.

Jean de DieuTabaro, coordinator forPersons with disabilities pledged to work hard to help more than 15000 people living with disabilities in Kirehe district to attain financial freedom.

“Some of the many things we intend to invest in, isempowering people with disabilities emotionally and economically so they can work and live a decent life instead of begging,” said Tabaro.

People with disabilities are not mentally disabled, so the new committee plans on training them in different skills like tailoring, crocheting and weaving to promote them socially, emotionally and economically.

Three members on the newly elected committees that make the administrative committee are members of Kirehe district council.


Ngororero: «Kudutora ntibadufashe ntacyo byatumarira» (Kanyange)

$
0
0

m_5a

Kanyange n’abo bafatanyije kuyobora Ngororero

Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Ngororero Kanyange Christine asaba abaturage kubaba hafi kugira ngo bese imihigo.

Avuga ko abaturage babatoye ariko ntibabafashe ntacyo byaba bibamariye kuko imyanya babahaye yapfa ubusa. Ati”Nibyo abaturage baratwizeye kuko babonaga hari icyo twabamarira, ariko ndabasaba kudufasha kuko batatubaye hafi ntacyo twageraho”.

Kanyange christine, ni umugore ufite imyaka 41. Mbere yo gutorerwa uwo mwanya yari asanzwe ari umunyambanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kabaya mu murenge wa Kabaya muri aka karere.

m_5b

Asaba abaturage kubaba hafi

Ni umwe mu batorewe kujya muri komite nyobozi z’uturere baturutse mu nzego zo hasi kurusha abandi, akaba asaba abaturage kudatererana inzego batoye.

Nkundabatware Lazarre wo mu murenge wa Muhanda avuga ko biteguye gukomeza gufasha abayobozi babo kuko bituma akarere kabo kesa imihigo ku gipimo cyiza. Ati « tuba twarabarambagije tubazi kandi tuzi ibyo bazatugezaho. Tubategerejeho umusaruro kandi natwe turahari ngo tubafashe nkuko bisanzwe ».

Inzira Kanyange yanyuzemo kugera ku mwanya w’umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere.

2004: Gitifu w’umurenge mu cyahoze ari akarere ka Gaseke (ubu ni muri Ngororero)

2006: Umukozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Kabaya

2007:Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Gaseke mu murenge wa Kabaya

2009:Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kabaya mu murenge wa Kabaya

Ibindi Kanyange yagiye atorerwa : 2007 yatorewe kuba umuyobozi w’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari mu karere ka Ngororero. Muri 2012 atorerwa guhagararira abo ba gitifu mu ntara y’Iburengerazuba naho muri 2015 ba gitifu b’utugari bamutorera kubahagararira ku rwego rw’Igihugu.

Kanyange Christine ufite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza A0 mu birebana n’iterambere ry’icyaro, abaye umuyobozi wa3 wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Ngororero.

Avuga ko azafatanya n’abaturage n’abo bafatanyije kuyobora maze akarere kabo kagakomeza kwesa imihigo aho uyu mwaka bahigiye kutazajya inyuma y’umwanya wa 3 akarere gaherukaho.

Gakenke: Nyobozi irasabwa gushyira imbaraga mubikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi

$
0
0

m_6

Mu ihererekanya bubasha

Abaturage bo mu karere ka Gakenke barasaba nyobozi nshya gushyira imbaraga mubikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi kugirango bizabafashe kurushaho kwitezimbere.

Abatuye mu karere ka Gakenke babitangarije Kigalitoday kuri uyu wa 29/02/2016 nyuma y’iherekanya bubasha hagati y’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere hamwe na nyobozi yatorewe kuyobora akarere muri manda y’imyaka itanu.

Ngo biteze ibikorwa bitandukanye kuri nyobozi gusa ngo mubyo bakora byose bakwiye gushyira imbaraga mubikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bigakorwa kijyambere kugirango barusheho kubona umusaruro uzatuma bitezimbere.

Nshimiyimana Venant wo mu murenge wa Gakenke, avuga ko ibyinshi mubyo basaba nyobozi harimo n’ibisanzwe bikorwa ariko ngo arabasaba ko byarushaho kunozwa niba ari ubuhinzi bugakorwa kinyamwuga.

Ati “bagomba guhindura niba ari ubuhinzi bukaba ubuhinzi bw’umwuga, ubworozi bukaba ubw’umwuga, kuburyo ibyo tugomba kubona tugomba kubibona ariko tukanabibonera n’isoko, icyo mbasaba n’ukugirango uwo umutekano uboneke n’ubukungu bwiyongere bari basanzwe babikora ariko bikaba nk’umuco”.

Nyirandoriherezo Valerie ati “nabasaba ko bahera mu kuvugurura ikintu cy’ubuhinzi tukazamuka tujya mw’iterambere, noneho nibakora neza baturutse hasi murwego rw’umudugudu bizazamuka kuburyo no murwego rw’akarere bizagenda neza”.

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias, avuga ko nubwo ibikorwa by’ubuhinzi mu Gakenke bigorana bitewe n’ubutaka buhanamye ariko ngo hari ibyo bateganya gukora.

Ati “icyo tuzakora n’ukuganira n’inzego zidukuriye kuburyo hano hiyongera amaterasi y’indinganire akaba menshi, ifumbire ikazira igihe, imbuto tukavugana n’inzego dukorana ikazira kugihe ahasigaye abatekinisiye bacu bakava mu biro bakabegera twumva ibyo ngibyo bizafasha”.

Umuyobozi w’akarere yemera ko ubworozi hakirimo ikibazo kuko batarashobora kubona umusaruro uhagije ariko ngo bagiye kwigisha abantu ko batagomba kwororera kubona gusa ifumbire ahubwo bakororera kubona amata.

Bimwe mubyo nyobozi ivuga ko izahangana nabyo n’uburyo hakongerwa amashanyarazi, gukora imihanda iyo bemerewe n’umukuru w’igihugu nindi itameze neza kuko biri mubidindiza iterambere ry’akarere.

Nzamwita Deogratias wongeye gutorerwa kuyobora akarere ka Gakenke azafatanya na Niyonsenga Aimee Francois ushinzwe iterambere ry’ubukungu na Uwimana Catherine ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Rwanda Military, Rotary Club India Offer Free Surgeries

$
0
0

1

At least 300 patients will receive free surgery courtesy of the medical outreach programme sponsored by the Rwanda Military Hospital and Rotary Club India.

 The patients are being treated by medical experts from Rotary Club India and Rwanda military medics at the University Teaching Hospital Kigali (CHUK) and Rwanda Military Hospital in Kanombe.

The programme will mostly benefit patients suffering from physical deformations resulting from accidents, birth defects and the 1994 Genocide against the Tutsi. Some of the cases being handled include orthopaedic problems and ENT (ear, nose and throat) problems

One of the Rwandan medical experts Col. Alex Butera said that there is a team of 25 Indian surgeons and five from Rwanda specialised in plastic and orthopedic surgery are offering free treatment since February 25.

“The treatment is free and so far the programme is running as planned. Our medical teams are handling between 15 and 20 cases on a daily basis” Butera said.

One of the patients, Emelyne Nyiransabimana from Rwamagana district said that she has suffered from a tumor for three years and had failed to get treatment until this opportunity surfaced.

“I am blessed to get free treatment, after years of living in pain due to lack of financial capacity to afford surgery” Nyiransabimana said.

The Rwanda Minister of Defense General James Kabarebe visited the Kanombe military hospital this March 2, 2016 to assess the progress of the medical outreach programme.

Gen. Kabarebe hailed the medical teams and said that the assistance given to the beneficiaries is a reaffirmation of the government’s commitment to support citizen needs.

“We appreciate the good work being done by the medical experts, to treat our people; and we would like continue this collaboration in future” Kabarebe said.

Murekezi hails financial sector reforms as inclusion hits 89 percent

$
0
0

m_photo

The prime minister of Rwanda Anastase Murekezi has hailed different reforms undertaken in the country’s financial sector which has increased numbers of people finical included.

Murekezi also noted that the good results from financial inclusion survey were as a result of innovative products, promotion of financial   literacy, savings and credit cooperatives, saving schemes.

“This is a very great achievement. It is a sustainable stepping stone in our journey towards development,” the prime minister remarked while launching the Finscope survey 2016 on Thursday in Kigali.
He added, ‘We believe that financial inclusion is critical to achieve inclusive and sustainable growth and development.”

According to the survey, 89 percent  of adults in the country are financially included using both  formal and informal products and services which is about 5.2 million  people increasing from 72 percent  since 2012.

The survey also indicates that about 68 percent are accessing formal financial services which is about 4 million which includes banked and non banked financial services while banked are 26 percent ( 0.4 million people) and non banked 65 percent.

On the other hand, individuals who are accessing informal financial services are 72 percent around 4.2 million individuals with most found   in rural areas where financial institutions such as commercial banks cannot reach.

The survey which is done every after  four years highlights the level of  financial inclusion as as individual financial behaviors in the country which is a yard stick to policy makers towards fostering development.

“The survey is a credible source of information that guides policy intervention and financial service providers to reach more Rwandans and deepen our financial sector,”   Murekezi noted.

He also explained that it’s  is now very clear that Rwanda has a sound platform on which to lay the next building blocks required for financial deepening and become a regional financial hub.

The minister of Finance and economic planning Amb Claver  Gatete says that the survey portrays the positive performance of the country’s economy that is expected to leapfrog to middle income by 2020.

“This survey is a tool that helps to access the progress made in the development of the financial sector as a whole.

Minister Gatete said that the   government took the initiative to carry out the Finscope survey since 2008 to ensure there is credible information that would to enable the sector to grow its performance outlook.

Ngoma: Abamotari barivuga imyato mugihe police ikibashinja ibiyobyabwenge

$
0
0
Ruremesha simeon , umusecurite

Ruremesha simeon , umusecurite

Ubwo hangizwaga ibiyobyabwenge

Ubwo hangizwaga ibiyobyabwenge

Mu gihe abamotari mu karere ka Ngoma bivuga imyato ko ntawugitwara ibiyobyabwenge,police y’igihugu yo iravuga ko hari bake bakibikora.

Ruremesha Simeon,ushinzwe umutekano no kurwanya ibiyobyabwenge mu bamotari,yemeza ko nta mumotari ugitwara ibiyobyabwenge ko nababikoraga babiretse kubera kubigisha.

Ruremesha atunga agatoki abafite amamoto yabo mu mago bitembereraho ko ariyo asigaye atwara ibiyobyabwenge,ko ntamuntu ukora umwuga wo gutwara abantu kuri moto ubitwara.

Yagize ati”Ntamumotari ukibitwara ahubwo hari moto ziba ziri hirya iyo mu mago ziba zishinzwe gukora ibyo bintu byo gutwara ibiyobyabwenge.Abamotari bacu twarabigishije nababigeragezaga barabiretse ahubwo nibo baduha amakur yahoo babibonye.”

Ndengejeho Sharifu,ukorera mu mugi wa Kibungo,yemeza ko moto zitwara ibiyobyabwenge ari iziba ziri mumago zidakorera mu mashyirahamwe y’abatwara abantu ku mamoto.

Yagize ati”Usanga ababitwara atari izabamotari ahubwo ari moto za ziri promenade ziba ziri mu mago y’abantu,nijoro ugasanga bazikoresheje mu gutunda ibyo biyobyabwenge.Iyo tuzibonye dutanga amakuru zigafatwa.”

Umuvugizi wa police y’igihugu mutara y’Iburasirazuba,IP Emmanuel Kayigi,ntiyemeranya n’abavuga ko umuco wo gutwara abafite ibiyobyabwenge wacitse mu bamotari,akavuga ko hakiri bake bakibitwara,gusa agashima uruhare rw’abamotari mu kubirwanya.

Abisobanura agira ati”Bo niko babyumva,ariko njye sinabihamya ko uyu muco wacitse mu bamotari.Twe nicyo twifuza ko batabitwara.Niba koko aribyo bifuza,twizere ko bagiye kuba abafatanyabikorwa beza bazajya batunga agatoki kuwashaka kubanduriza izina abitwara.”

Police ivuga ko moto ziza ku isonga mu kwifashishwa mu gutwara ibiyobyabwwenge kuko arizo zibasha kunyuma mu mayira agoranye abatwaye ibiyobyabwenge bakwepana n’inzego z’umutekano.

Mu karere ka Ngoma haherutse gutwikwa ibiro 171 na litro 668 zangirijwe mu ruhame kuri uyu wa 24 Gshyantare 2016 muri byo harimo ibyafatiwe kuri moto z’abamotari babitwaye.

Rutsiro: Meya mushya yakirijwe imihigo yananiranye agomba kwibandaho

$
0
0
Ayinkamiye Emerence Umuyobozi mushya w'akarere ka Rutsiro

Ayinkamiye Emerence Umuyobozi mushya w’akarere ka Rutsiro

Ayinkamiye Emerence Umuyobozi mushya w’akarere ka Rutsiro mu ihererekanya bubasha yeretswe imihigo yananiranye igomba kwibandwaho mu gihe gisigaye ngo imihigo imurikwe.

Mu muhango w’ihererekanya bubasha wabaye ku wa 29 gashyantare 2016 umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere wari umaze iminsi ayoboye akarere by’agateganyo Niyonzima Tharcisse avuga ko yeretse umuyobozi w’akarere aho imihigo igeze aho hari igeze kure ariko anamubwira ko hari imihigo yadindiye igomba kwibandwaho.

Ayinkamiye Emerence Umuyobozi mushya w'akarere ka Rutsiro

Ayinkamiye Emerence Umuyobozi mushya w’akarere ka Rutsiro

Niyonzima yagize ati” twamweretse aho tugejeje imihigo imwe iragenda neza ariko twanamweretse n’indi yasigaye inyuma igomba kwibandwaho mu mezi 3 asigaye aho nk’amashyiga ya Biogaz atarubakwa ku kigero cyari kitezwe kuko ahenshi yasenyutse andi akaba atarubakwa,Amazi meza akiri ku kigero gito n’amashanyarazi atarakwirakwizwa mu karere hose ndetse n’ibiraro byo ku mihanda bigomba kubakwa”.

Ayinkamiye kuri iki kibazo cy’imihigo ngo yiteguye kugikemura aho agira ati” nk’mugore wa mbere uyoboye akarere ngomba no gukora amateka turifuza guhindura amateka imyanya ya nyuma ntayo dushaka ahubwo dukeneye imyanya y’imbere yaba muri uyu mwaka n’ubwo tutawutangiranye ndetse no muyindi izaza igihe cy’imyanya mibi cyararangiye”

Umuyobozi w’akarere avuga ko ibi bizagerwah ku bufatanye n’abakozi aho yatanze urugero agira ati” abakozi iyo bakora nk’abikorera byose birashoboka kuko nkiri umukozi mu karere twari dufite intego hamwe na meya wacu yo gukora nk’abikorera kandi byatangaga umusaruro”

Matabaro Bernard Perezida w’inama njyanama nawe n’ubwo ari mushya ariko yemezako ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’akarere n’inama nyanama imihigo ishoboka kuko ngo nk’abajyanama bihaye intego yo kuzajya bamanuka bakegera abaturage bakumva ibyifuzo byabo bakabishyikiriz komite nyobozi nayo ikabishyira mu bikorwa.

Komite nyobozi yatowe mu karere ka Rutsiro kuwa 26 Gashyantare 2016 ni umuyobozi w’akarere Ayinkamiye Emerence,Gakuru Innocet yatorewe kuba umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu ndetse na Butasi Jean Herman watorewe kuba umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza.

Nyuma w’umwaka imirenge 3 idafite abayobozi barasaba kubahabwa

$
0
0
Ngabo james, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere

Ngabo james, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere

Bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Bigogwe,Jomba na Karago barasaba guhabwa abanyamabanga nshingwabikorwa nyuma y’umwaka batabafite.

Abaturage bavuga ko kuba badafite abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bituma hari zimwe muri serivise batabona nk’uko bikwiye,bagasaba ko babashakirwa vuba.

Umwe muri bo utarashatse ko izina rye ritangazwa yagize ati “iyo uri uw’ by’agateganyo hari ibyemezo udafata ukaba wakwifata bityo rero nabyo ugasanga birimo kudindiza umurenge.”

Yongeyeho ati “umuyobozi agomba kuboneka vuba kuko hari ibibazo by’abaturage ureba ugasanga umuyobozi yakagombye gukora ntibikorwe,umusimbura nawe ntabikore  kubera ko biba bitari mu bubasha bwe kuko aba ataremezwa. Icyo kibazo cyakwihutirwa ngo gikemuke.”

Abaturage barasaba abanyamabanga nshingwabikorwa babayobora mu gihe kuva muri Gashyantare 2015 bayoborwa n’abashyinzwe irangamimerere.

Mbere,abaturage bari bijejwe ko muri Nyakanga 2015,bagombaga kuba barababonye ariko ntibyakunda kubera nta watsinze ikizamini.

Ngabo James umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere  ka Nyabihu avuga ko ikibazo abaturage bafite cyumvikana kandi ko bagerageje kugishakira umuti kugeza n’ubu ukaba utaraboneka.

Icyakora yizeza abaturage ko mu kwezi kwa Mata 2016 iyi mirenge bifuza ko yaba yabonye abanyamabanga nshingwabikorwa.

Yagize ati “mu mpera za 2015 iyo myanya yashyizwe ku isoko,abantu baraza bakora ibizamini,ibisubizo bije dusanga ntawagejeje kuri 70% kandi amategeko ateganya ko iyo batagejeje 70%ntawe uba watsinze.”

Yongeraho ko ubu bagiye gusubiza iyi myanya ku isoko bagasaba RALGA kubyihutisha kugira ngo nibura mu mpera za Mata 2016, abaturage bazabe babonye abayobozi muri iyi mirenge dore ko n’akazi kenshi ngo usanga gakorerwa mu mirenge.

Abayoboraga iyi mirenge 3 bamwe bahinduriwe imirimo abandi bajyanwa mu yindi mirenge.

Mutwarangabo Simon wayoboraga umurenge wa Bigogwe yagizwe umuyobozi ushinzwe iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage mu karere “Director of Social Development”.Rurangwa Manzi wayoboraga Jomba akaba yarimuriwe mu murenge wa Jenda.

Munyambabazi Seleman wayoboraga Jenda,ubu ni umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza ku karere “Director of good governance”.Karehe Bienfait wayoboraga Karago ubu ayobora umurenge wa Mukamira.


Djibouti’s Omar Visit Opens Rwanda’s Access To The Arab World

$
0
0

Djibouti’s Omar Visit Opens Rwanda’s Access To The Arab World

Djibouti’s Omar Visit Opens Rwanda’s Access To The Arab World

President Kagame welcomes President Omar at Kigali International airport

Rwanda’s President Paul Kagame has argued the business community to take advantage of the strategic port facility at the Red Sea given to Rwanda by the Djibouti government.

“If we have that location developed we will be served well in a number of ways including; exploitation of the area by having Rwandan goods arrived at the port and even carried by air,” Kagame said.

Rwandan goods could be carried to the port by Rwandair and easily access the Gulf world and beyond.

Djibouti is located 2088 km away from Kigali which is about two times the distance between Kigali and Dar-es-Salam port (1,400km), but Rwanda considers access to the port at the horn of Africa offering another great trade advantage.

Rwanda is eying trade relations with the Arab world including the United Arab Emirates. Coffee, tea and horticulture products, on top of minerals are among the goods the country that are on demand in the Arab world.

Djibouti’s Omar Visit Opens Rwanda’s Access To The Arab World

President Kagame hosted Omar at a state dinner

Kagame said the private sector has to take lead in utilizing the cemented partnership with Djibouti.

The President made the call after hosting his counterpart Omar Guelleh with whom he held several bilateral agreements.

President Omar was in Rwanda for a two-day visit to strengthen the relationship between the two countries.

“We discussed the possibility to integrate in several domains including; Information and Technology, highways and railways and other innovation features,” Omar said adding that, “We are satisfied of all the topics we discussed with the president in this beautiful country.”

Among the signed agreements by foreign affairs ministers of both countries include trade and diplomatic partnership.

Meanwhile, Rwanda has also granted Djibouti a plot in the Kigali Special Economic Zone.

Djibouti’s Omar Visit Opens Rwanda’s Access To The Arab World

Foreign Affairs Ministers exchange agreements

Djibouti’s Omar Visit Opens Rwanda’s Access To The Arab World

President Omar returns home after his two-day visit

Rwanda yields big in international police cooperation

$
0
0

Rwanda yields big in international police cooperation

Cooperation, both locally and cross-border is one of the Rwanda National Police (RNP) priority policing areas to respond to the ever evolving transnational and organized crimes.

In an Interview, the Deputy Commissioner for Interpol and Cooperation in RNP, Assistant Commissioner of Police (ACP) Peter Karake, “police cooperation is yielding good results in crime detection and prevention” especially through the use INTERPOL Police information system.

RNP extended the INTERPOL Police information system best known as I-247, to all 13 border posts, and ACP Karake said the instant communication tool connecting all the 190 member countries has been effective  in responding to cross-border crimes.

“In the last three years, for example, we have successfully intercepted 12 vehicles stolen from countries like Japan, Uganda, Kenya, UK and Belgium, seized 24kgs of cocaine worth US$720, 000 and nine hard drug traffickers, rescued six victims of human trafficking and recovered money valued at over Rwf32 million stolen  abroad and brought in Rwanda” said ACP Karake.

“Through this cooperation, genocide suspects hiding in other countries were also arrested and repatriated, illicit goods including food, counterfeit pharmaceutical and cannabis worth 40,000$USD were seized  through joint operations,” he added.

He further explained that through regional bilateral partnerships, RNP has sent its police liaison officers and to Kenya, Uganda and Burundi, which facilitates joint investigations and sharing of criminal information.

The three neighbouring police institutions are among signed cooperation agreement with RNP to jointly fight cross-border crimes, conduct joint training and share expertise.

“RNP has also particularly benefited in capacity building through exchange of best practices, training where officers acquire specific skills in investigating emerging modern crimes like cybercrime, human and drugs trafficking, counterfeit pharmaceuticals, sell of  illicit goods and counter terrorism among others.”

In the same context, eight other Police officers have been seconded to work in INTERPOL.

“Through police cooperation Rwanda was entrusted to hosting different international and regional police meetings where global and regional decision are taken which also promotes tourism in our country,” said ACP Karake.

Among the international meetings include the 84th INTERPOL General Assembly, the Kigali International Conference Declaration to end violence on women and girls, and the African regional conference on cybercrime and the International Association of Chiefs of Police (IACP), among others.

“We have signed cooperation agreements with several countries focusing on sharing of criminal information, joint investigation, deployment of police attaché and liaison officers to facilitate police operations in areas of  exchange of fugitives and criminal suspects, sharing expertise and experience, capacity building for police officers especially joint training, command post and field training exercises

Kagame Believes Social Media Can Transform Africa

$
0
0
President Kagame received by Senegalese President, Macky Sall

President Kagame received by Senegalese President, Macky Sall

African scientists and leaders are gathered in Senegalese capital Dakar to brainstorm on how the continent’s science and technology can contribute solutions to global challenges.

This is the first time such a gathering is taking place in Africa. Organisers say the forum has attracted about 1,000 African scientists from more than 100 countries.

Dubbed the Next Einstein Forum (NEF)-2016, the three-day global science and technology forum  is where participants talk about “collaboration, innovation and solutions”

Rwanda’s President Paul Kagame has joined other seven African presidents at this inaugural forum including the host Senegal President Macky Sall.

Kagame, the ‘Digital President’ is an ardent promoter of use of technology and believes in investing in the country’s youth.

For him, “Social media helps connect people, ideas and the world. We are part of that.”

The Rwandan leader who has deeply embraced e-governance, uses social media to easily interact with citizens including people across the world .

His twitter handle @paulkagame has attracted 1,360,000 followers up from 590,782 followers in October 2014. Only the Kenyan president Uhuru Kenyatta comes close to this with 1,350,000 followers.

Out of politics Kagame will use twitter to for example express his unwavering support to Arsenal football club….” A relaxed moment to talk a bit about ftball. Arsenal is still my team! But Leicester is the team to beat for this season’s EPL trophy !!!..”

Kagame’s leadership team from the district mayors to cabinet ministers have taken to social media to interact with the public. Various Ministers regularly hold ‘Ask-the-minister’ sessions to respond to several issues.

Rwanda has invested over $130 million in broadband internet connecting 97 government agencies in the capital Kigali and 226 agencies in 30 districts. Currently 8,759,619 citizens use mobile phones.

The country has a population of 11 million people.

“The continent has an understanding, that we cannot reach development without investing in our people,” Kagame told the forum.

Focused on transforming Rwanda into a Knowledge based economy, Kagame’s government has enabled 2.5 million children to access computers through ‘One Laptop per Child (OLPC) project.

“Youth can be a huge resource and opportunity depending on how you invest with and in them,” President Kagame told said at the ongoing NEF2016 forum in Senegal.

Rwanda is gradually experiencing a boom in youth projects and a massive growth of ICT currently contributing 3% of the GDP representing more than all agriculture exports combined.

Kagame announced that Rwanda will host the global headquarters for AIMS-African Institute for Mathematical Sciences and will also host the forthcoming NEF2017.

Basabwe gufatanya ngo akarere kaze imbere muri byose

$
0
0
Umuyobozi w’akarere yijeje ubufatanye abakozi

Umuyobozi w’akarere yijeje ubufatanye abakozi

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi Francois Xavier, arasaba abakozi bose gutanya mu byo bakora, kugirango akarere kabashe gutera imbere.

Ibi uyu muyobozi akaba abitangaje nyuma y’icyumweru kimwe, aho arahamagarira abakozi b’Akarere mu byiciro byose kwita cyane ku baturage, bibanda ku gukemura ibibazo byabo, guharanira kuzamura imibereho n’iterambere byabo, kandi bakagaragaza ubunyamwuga n’ubuzobere mu byo bakora byose.

Abakozi basabwe gukorera hamwe

Abakozi basabwe gukorera hamwe

Uyu muyobozi, akaba asaba akomeje abakozi b’Akarere mu nzego zose kwakira neza abaturage babagana, kubatega amatwi no kubakemurira ibibazo mu buryo bubanyura, ibyo batabashije gukemura bakabafasha kugira ngo bibafashe kugezwa ku nzego zifite ububasha n’ubushobozi bwo kubibakemurira. Ati “ Dukore uko dushoboye muri iyi myaka itanu twumve ko turi abagaragu b’abaturage”.

Agaruka  ku mihigo y’akarere na gahunda y’ibikorwa bya buri munsi,Meya Mbabazi asaba abakozi guharanira ko akarere kaba ku isonga muri byose, ububanyamwuga n’ubuzobere bikaba intego ya buri wese mu byo akora.

Yemeza nta gushidikanya ko ubunyamwuga n’ubuzobere ari byo bizatuma habaho ubudasa ugereranyije n’ibyo twari dusanzwe dukora.

Uyu muyobozi kandi ahamya ko ubumenyi n’ubushobozi buhari, ubushake bwo kwiyemeza kubigeraho no kutita bihagije ku byo umuntu akora bikaba ari byo ntambamyi.  Ati “ Akenshi hariho igihe usanga tutarakoze neza twese, wareba impamvu ugasanga zigayitse”.

Akomeza  agira ati “Abaturage bacu ni nk’abahandi, abakozi bakora mu tundi turere twariganye, nta mpamvu yatuma duhora tuza mu myanya ya nyuma,  tugomga gukora uko dushoboye tukajya tuza ku isonga.

Kugira ngo bigerweho, umuyobozi w’Akarere akaba yizeza abakozi ubufatanye bwa Komite Nyobozi. Ati“Tubafunguriye imiryango, twiteguye kubafasha natwe twifasha kuko tese dutahiriza umugozi umwe”.

Agasoza agira ati “Ndabasaba ngo mutwisanzureho nk’uko bisanzwe, ariko ubwo bwisanzure bujyane no kwihutisha akazi”.

Alpha Condé veut s’inspirer du leadership « modèle » de Kagame

$
0
0
Le Président Kagame et son homologue Alpha Condé lors de la conférence de presse

Le Président Kagame et son homologue Alpha Condé lors de la conférence de presse

Le Président Paul Kagame a fait une visite officielle de 48h en Guinée Conakrydans le but de renforcer les domaines de coopération entre les deux pays. Le Chef de l’Etat guinéenAlpha Condé est clair. Il est fasciné par le modèle de gouvernance de Kagame.

« Je respecte beaucoup le Président Kagamé. Je l’admire pour ce qu’il a fait pour le peuple rwandais. J’espère que je pourrais faire la même chose pour la Guinée. Nos deux pays regorgent de richesses et nous voulons les mettre ensemble pour renforcer nos relations », a précisé le Président Alpha Condé.

Pour Condé, les bonnes pratiques de gouvernance socioéconomique et administrative du Rwanda depuis la fin du génocide sont citées en modèle un peu partout sur le continent. Pour lui, il n’y a aucune honte ni gène à reconnaître qu’un pays africain est mieux géré que la Guinée.

« Nous sommes impatients de réunir notre peuple à œuvrer pour le développement de l’Afrique dont il mérite. Ce qui reste pour nous, c’est de travailler ensemble pour un avenir meilleur et le développement de notre continent », a suggéré Kagame.

Par ailleurs, cette visite s’est clôturée par une signature d’accords de coopérations de plusieurs domaines comme les visas pour l’immigration, l’aviation, l’investissement, etc.

« Le Rwanda est mieux géré que la Guinée. Ce que nous pouvons prendre chez eux sans copier, nous le prendrons pour améliorer notre gestion. Parce que nous venons de loin à cause de la mauvaise gouvernance qui a longtemps caractérisé la Guinée. Je pense que mon Haut Représentant, (Sidya Touré, NDRL) ne me contredira pas. Nous avons un grand défi à relever. Ce qui fait que l’exemple du Rwanda est un bon exemple pour moi », a martelé Président Condé.

Condé a ajouté que « malgré son douloureux passé lié au génocide, tout le monde reconnaît que le Rwanda a fait un pas de géant. Le Rwanda se présente aujourd’hui comme un pays économiquement et administrativement bien géré. C’est pourquoi j’ai souhaité développer des relations avec lui pour bénéficier de ses expériences », a déclaré  Condé.

Viewing all 3792 articles
Browse latest View live