Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

MU MURENGE WA KABAYA INTORE ZASOJE ICYICIRO CYA MBERE CY’IBIKORWA BY’URUGERERO.

$
0
0

m_01Ku wa 28 Werurwe 2013 mu Murenge wa KABAYA  icyiciro cya  mbere  cy’ibikorwa  by’urugerero by’intore  zo mu mutwe w’indongozi cyashojwe ku mugaragaro. Intore  zo mu mitwe  y’isibo za  buri kagari ziyeretse abashyitsi bakuru bayobowe  na  Mme NYIRANEZA  Clothilde umuyobozi wungirije  ushinzwe  imibereho myiza  y’abaturage  mu karere  ka  ngororero. Intore zashimwe ibyo zakozwe  mu murenge  wa  kabaya  byose  bigamije  iterambere  ry’igihugu birimo (ubwisungane  mu kwivuza MUSA, aho ubu umurenge  ukaba  ugeze  ku gipimo cya  80%,  isuku n’isukura, kongera  ibikorwa  by’umuganda birimo inyubako z’amashuri ,utugari, no kubakira  abatishoboye).  intore zagaragaje  kandi ibyo ziteganya  gukora  zivuye  mu kiruhuko birimo:

  • Ibarura  ry’abatazi gusoma, kubara  no kwandika;
  • Kubarura  abana  bavuye  mu ishuri ;
  • Gukomeza  ibikorwa  by’imirimo y’amaboko
  • Gukora  ibarura  z’intore  zose  zatojwe   mu murenge  hakurikijwe  ibyiciro zatorejwemo;
  • Gukora  ubukangurambaga  mu mashuri bugamije  kurwanya  ingengabitekerezo ya  genocide;
  • Gukora  ibyiciro by’abazatozwa  mu midugudu  hakurikijwe  imyaka  18-35 no hehuru y’imyaka  36;
  • Gukora  ibarura  ry’abanyeshuri bari kurangiza  umwaka  wa  gatandatu bazatozwa  2013  ku gira ngo bazabe  bazwi.

Muri icyo gitaramo gisoza kandi ku bufatanye  na  minisiteri y’urubyiruko na  UNFPA, intore  zahawe  ibiganiro  birebana  no kurwanya  ihohoterwa rikorerwa  abari n’abategarugori  ndetse  no kwirinda  SIDA, ibiganiro bikurikirwa  n’igikorwa  cyo kwipimisha  aho urubyiruko rurenga  200 rwipimishije  virusi itera  SIDA  kubushake ,kubufatanye  bwa  CS  ya  kabaya .

Ibirori byasojwe n’Ijambo rya Mme NYIRANEZA  Clothlide umuyobozi wungirije  ushinzwe  imibereho myiza  y’abaturage  mu karere  ka  ngororero,  yagarutse    ku bikorwa  byakozwe  n’intore  zo ku rugerero ashima  ubutwari za  garagaje ndetse  abashishikariza  no gukomeza  kuba  indashyikirwa  aho bagiye  kujya  mu biruhuko bizatangira  kuwa  29 werurwe  2013 , icyiciro cya  kabiri cy’ibikorwa  kikazatangira  ku wa  24 mata kugeza  06 kamena  2013.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Trending Articles