Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Ngoma: Abayobozi b’ibanze bongeye kwibutswa ko kuba aho bakorera ari itegeko

$
0
0

Untitled9

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abutugali tugize akarere ka Ngoma  bibukijwe ko kutaba aho bakorera ari amakosa kandi bihanirwa bityo ko abatabikora bakwikubita agashyi.

 

Ibi  babisabwe n’umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, mu nama yabahuje n’abanyamabanga nshingwabikorwa  b’imirenge n’utugali ndetse n’abashinzwe imibereho myiza mu tugari tariki 19/12/2012.

 

Nambaje yababwiye ko kuba iminsi mikuru yegereje kurara aho bakorera ari umwihariko kuko muri iyi minsi mikuru hakunda kuboneka ibikorwa bihungabanya umutekano.

 

Yagize ati “ndongera kubisubiramo, abanyamabanga nshingwabikorwa batarara aho bakorera  tugiye kubafatira ibyemezo. Buri munyamabanga nshingwabikorwa agomba kuba aho bakorera ,ntawemerewe gukora ataha  ahandi.”

 

Muri iyi nama abayobozi bajya bazimya telephone nabo babwiwe ko bitemewe kuko bakenerwa n’abaturage yaba igihe bahuye n’ikibazo cyangwa n’abayobozi bakaba babahamagara bakeneye amakuru y’akazi.

 

Mu gihe cy’iminsi mikuru  hakunda kugaragara ibikorwa by’urugomo biterwa n’ubusinzi aho ngo baba bizihiza Noheri cyangwa Ubunane abaturage bamwe  bakanwa bagasinda maze bakarwana.

 

Mu gihe cy’iminsi mikuru  kandi hakunda kugaragaramo ibikorwa by’umutekano muke birimo n’ubujura  bityo bikaba aribyo byatumye abayobozi bakoraga icyo bita kudomoka bagataha babibujijwe bagasabwa kurara aho bakorera.

 

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Trending Articles