Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Ikarita nsuzumamikorere ikebura abayobozi n’abaturage bakagira uruhare mu bibakorerwa

$
0
0
Ikarita nsuzumamikorere ikorerwa n’abaturage mu nama rusange ibera mu mudugudu bakagaragaza serivisi bafitemo ibibazo n’uburyo byakemuka,  irashimwa ko ifasha abayobozi kumenya ibibazo abaturage  bafite n’uruhare rwabo  kugira ngo ibyo bibazo bibabangamiye bishakirwe umuti.

Ikarita nsuzumamikorere ikorerwa n’abaturage mu nama rusange ibera mu mudugudu bakagaragaza serivisi bafitemo ibibazo n’uburyo byakemuka, irashimwa ko ifasha abayobozi kumenya ibibazo abaturage bafite n’uruhare rwabo kugira ngo ibyo bibazo bibabangamiye bishakirwe umuti.

Nyuma yo kugaragaraza ahari ibibazo  byaba mu buzima, ibikorwaremezo n’ibindi,  abaturage bahura n’abayobozi bafite mu nshingano  izo serivisi bagasuzumira hamwe ikibura kugira ngo ibyo abaturage bashaka bigerweho.

Mu kiganiro cyateguwe n’umushinga PPIMA   kuri serivisi z’amazi  kitabiriwe n’abaturage bahagarariye abandi, abayobozi mu nzego bwite za leta n’ab’imishinga ikorera mu Karere ka Gakenke,  abaturage  bemeza ko ikarita nsuzumamikorere kuri serivisi hari uruhare yagize kugira ngo amazi abagereho.

Nzayituriki Scholastique, umwe mu bitabiriye iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa 25/06/2014, yatubwiye ko mu mudugudu wabo wa Sitwe uri mu Murenge wa Gakenke,  nta kibazo cy’amavomo bagifite kukigaragaraza bakoresheje  ikarita nsuzumamikorere,  bituma abahabwa serivisi n’abayitanga  bagirana inama na ba kanyamigezi, amavomo yapfuye arongera arakorwa.

Ku bwa Nzayituriki Scholastique  agira  ati:  “ ikarita nsuzumamikorere yakebuye abayobozi mu by’ukuri hari ibibazo batabonaga bijyanye n’amazi muri rusange ariko twe kuko duhura n’abaturage bakabitugaragariza tukabishyikiriza abayobozi aho batari bazi ko ari ikibazo bahita babona ko ikibazo gihari bakagishakira igisubizo.”

Ibi binashimangirwa n’ubuyobozi, Uwamaliya  Opportunite ni  umunyamabanga wa  Njyanama y’Akarere ka Gakenke yunzemo ati: “Iriya karita ituma tumenya ibibazo by’abaturage; tukamenya uko tugomba kubikemura kandi tukamenya uruhare rwacu n’urwabo mu bikorwa by’iterambere ryabo.”

Nk’uko byemezwa  na Nshimiyimana Jean Bosco,  umukozi w’umushinga PPIMA, iyo karita ihuza cyane abaturage n’abayobozi,  bityo bigatinyura abaturage, ibibazo bagize  ntibatinye kubigeza ku buyobozi kugira ngo bishakirwe umuti mu maguru mashya.  Iyi karita nsuzumamikorere ikorerwa mu mirenge 10 yo mu Karere ka Musanze uyu mushinga wa PPIMA ukoreramo.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Trending Articles