Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Rwanda | Ruhango: Abanyakinazi barashishikarizwa gusubiza intwaro baba bagifite mu ngo zabo

$
0
0

Ubwo tariki 19/09/2012 abaturage batuye umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango basurwaga na Gen Mubarak Muganga yabasabye kwirinda gukinisha intwaro ndetse no gusubiza izo baba bagifite mu ngo zabo.

Abanyakinazi barashishikarizwa gusubiza intwaro baba bagifite mu ngo zabo

Gen Mubarak Muganga ( Hagati) ubwo yasuraga abaturage b’umurenge wa Kinazi mu karere ka Nyanza

Ibi babisabwe nyuma y’uko mu karere ka Huye ahitwa i Karama hari umuntu giherutse guhitana agifite mu mufuko we maze agahita yitaba Imana.  Yakomeje asaba abaturage b’umurenge wa Kinazi ko nta muntu n’umwe muri bo wemerewe gutunga ibikoresho bya gisirikare.

Yagize ati: “ Igisasu   nta nyiracyo kigira kuko ugiteye n’ugitewe bose bashobora kugerwaho n’ububi bwacyo” .  Igisasu si nk’ikinonko kuko ugiteye n’ugitewe bose gishobora kubagiraho ingaruka zikomeye  maze ubuzima bw’abantu bukahagendera nk’uko Gen Mubarak Muganga uyobora ingabo mu Ntara y’amajyepfo yabitangaje.

Abanyakinazi barashishikarizwa gusubiza intwaro baba bagifite mu ngo zabo2

Abaturage b’umurenge wa Kinazi bari bitabiriye iyo nama bagirwaga

Gen Mubarak Muganga  yasobanuye  ko abaturage bose bagomba kugira amakenga y’ikintu cyose babonye mu murima bahinga basanga giteye amakenga bakihutira kubimenyesha inzego z’umutekano zikabibafashamo ngo kuko hari ubwo kiba ari igisasu  gikatsemba imbaga y’abantu kandi hari uburyo bwo kuba cyakwirindwa  mbere nta ngaruka gisize giteye.

Yakomeje avuga ko igisasu nta rukundo kigira bityo ahamagarira abagifite bose ibikoresho bya gisirikare kubisubiza inzego zishinzwe umutekano zitarabibafatana ngo babiryozwe hakurikijwe amategeko y’u Rwanda.

Mu gihe cyose abaturage babonye ikintu kidasanzwe  barasabwa  kujya babimenyesha inzego z’umutekano kugira ngo zibafashe kukihavana ndetse n’abagifite intwaro bakihutira kuzisubiza nk’uko Gen Mubarak Muganga uyoboye ingabo mu Ntara y’amajyepfo yabisabye abanyakinazi ubwo yabasuraga.

 

 

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3792

Trending Articles